• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’uruzinduko rwa minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala, i Bujumbura na Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
April 29, 2025
in Regional Politics
0
Iby’uruzinduko rwa minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala, i Bujumbura na Kinshasa.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’uruzinduko rwa minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala, i Bujumbura na Kinshasa.

You might also like

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yagiriye uruzinduko i Kampala muri Uganda, i Bujumbura mu Burundi n’i Kinshasa muri Congo. Uruzinduko rwe rukaba rugamije gukomeza ubushuti bw’igihugu cye n’ibi bihugu cyane cyane ku Burundi.

Mu mpera z’iki cyumweru gishize ni bwo Maxim Prevot yageze i Bujumbura nyuma yokuva i Kampala. Avuye i Bujumbura yahise yerekeza i Kinshasa muri RDC.

Ari i Bujumbura yavuze ko kuhagera kwe atari impanuka hubwo ko u Bubiligi ubu bushaka ko bwo n’u Burundi baba “inshuti zikomeye z’ahazaza.”

Yanabwiye abanyamakuru ko uruzinduko rwe i Bujumbura n’i Kampala, u Bubiligi bwabonye ko ari ngombwa ngo kuko busanga perezida wa Uganda Museveni umaze imyaka 40 k’u butegetsi bubona ko afite ibisubizo bishoboka mu karere k’ibiyaga bigari.

Abwira abanyamakuru kandi ko no kuza i Bujumbura kwe ari ukwibutsa ko u Bubiligi bufata u Burundi nk’igihugu cy’ingenzi, kandi kizakomeza kuba ingenzi mu kubona ibisubizo n’amahoro mu karere.

Aha i Bujumbura yavuze ko mu gihe u Burundi bwatumiwe na Congo kuyifasha ku rwanya umwanzi, ariko ko hari bindi bihugu byitumiye ku butaka bwa RDC bihatera ibibazo.

Ati: “Ibindi bihugu byaritumiye kubutaka bwa RDC bihatera ibibazo.”

Yongeyeho ati: “Ntabwo turwanya u Rwanda, ahubwo dushyigikiye amategeko mpuzamahanga, dushyigikiye kubaha ubusugire bw’igihugu.”

Uyu minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala yabonanye na perezida Yoweli Kaguta Museveni, ahavuye yahise yerekeza i Bujumbura aho naho yabonanye na perezida Evariste Ndayishimiye.

Avuga ko kubera uruhare rw’u Rwanda mu ntamabara muri RDC ari yo mpamvu u Bubiligi n’ibindi bihugu byafashe ibihano ku Rwanda.

Maxime Prevot yagize ati: “Turashima imyanzuro ishobora gufatwa n’u Burundi mu gushaka amahoro mu karere no kubaka ubukungu biciye mu bufatanye bw’ibihugu by’akarere.”

Uruzinduko rwa Maxime ni rwo rwa mbere rubayeho nyuma y’imyaka 10 nta mutegetsi w’u Bubiligi wo ku rwego rwa minisitiri ugera mu Burundi kuva mu mpagarara za politiki zo mu 2025.

Mu gihe Maxime avuga ko u Bubiligi bushaka kongera kubyutsa umubano n’u bufatanye n’u Burundi bakaba inshuti zikomeye z’ahazaza, u Bubiligi n’u Rwanda mu kwezi gushize byaciye umubano wa Politiki n’ubufatanye.

U Bubiligi bushinja u Rwanda kohereza ingabo gufasha umutwe wa M23, mu gihe n’u Rwanda narwo rushinja u Bubiligi kubogamira kuri Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo no gutobera inyungu z’u Rwanda mu mahanga. U bundi kandi u Rwanda rutera utwatsi ibyo rushinjwa gufasha umutwe wa M23, ndetse n’uyu mutwe ubwawo urabihakana.

U Bubiligi ni igihugu cyahoze gikoloniza u Burundi, RDC n’u Rwanda. Iki gihugu cyashyize imbaraga mu kibazo cy’intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo.

Kuko nyuma yo kuva i Kampala, akajya i Bujumbura, Maxine yahise akomereza i Kinshasa aho naho bivugwa ko yabonanye na bategetsi baho barimo kandi ko yabonanye na perezida Felix Tshisekedi w’iki gihugu.

Tags: BurundiKampalaKinshasaU Bubiligi
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

by minebwenews
August 29, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru. Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo byahuriye mu biganiro muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

by minebwenews
August 29, 2025
0
Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC. Thabo Mbeki wayoboye Afrika y'Epfo iri mu bihugu bikomeye byo muri...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.

U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?