• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’uruzinduko rwa minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala, i Bujumbura na Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
April 29, 2025
in Regional Politics
0
Iby’uruzinduko rwa minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala, i Bujumbura na Kinshasa.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’uruzinduko rwa minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala, i Bujumbura na Kinshasa.

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yagiriye uruzinduko i Kampala muri Uganda, i Bujumbura mu Burundi n’i Kinshasa muri Congo. Uruzinduko rwe rukaba rugamije gukomeza ubushuti bw’igihugu cye n’ibi bihugu cyane cyane ku Burundi.

Mu mpera z’iki cyumweru gishize ni bwo Maxim Prevot yageze i Bujumbura nyuma yokuva i Kampala. Avuye i Bujumbura yahise yerekeza i Kinshasa muri RDC.

Ari i Bujumbura yavuze ko kuhagera kwe atari impanuka hubwo ko u Bubiligi ubu bushaka ko bwo n’u Burundi baba “inshuti zikomeye z’ahazaza.”

Yanabwiye abanyamakuru ko uruzinduko rwe i Bujumbura n’i Kampala, u Bubiligi bwabonye ko ari ngombwa ngo kuko busanga perezida wa Uganda Museveni umaze imyaka 40 k’u butegetsi bubona ko afite ibisubizo bishoboka mu karere k’ibiyaga bigari.

Abwira abanyamakuru kandi ko no kuza i Bujumbura kwe ari ukwibutsa ko u Bubiligi bufata u Burundi nk’igihugu cy’ingenzi, kandi kizakomeza kuba ingenzi mu kubona ibisubizo n’amahoro mu karere.

Aha i Bujumbura yavuze ko mu gihe u Burundi bwatumiwe na Congo kuyifasha ku rwanya umwanzi, ariko ko hari bindi bihugu byitumiye ku butaka bwa RDC bihatera ibibazo.

Ati: “Ibindi bihugu byaritumiye kubutaka bwa RDC bihatera ibibazo.”

Yongeyeho ati: “Ntabwo turwanya u Rwanda, ahubwo dushyigikiye amategeko mpuzamahanga, dushyigikiye kubaha ubusugire bw’igihugu.”

Uyu minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bubiligi i Kampala yabonanye na perezida Yoweli Kaguta Museveni, ahavuye yahise yerekeza i Bujumbura aho naho yabonanye na perezida Evariste Ndayishimiye.

Avuga ko kubera uruhare rw’u Rwanda mu ntamabara muri RDC ari yo mpamvu u Bubiligi n’ibindi bihugu byafashe ibihano ku Rwanda.

Maxime Prevot yagize ati: “Turashima imyanzuro ishobora gufatwa n’u Burundi mu gushaka amahoro mu karere no kubaka ubukungu biciye mu bufatanye bw’ibihugu by’akarere.”

Uruzinduko rwa Maxime ni rwo rwa mbere rubayeho nyuma y’imyaka 10 nta mutegetsi w’u Bubiligi wo ku rwego rwa minisitiri ugera mu Burundi kuva mu mpagarara za politiki zo mu 2025.

Mu gihe Maxime avuga ko u Bubiligi bushaka kongera kubyutsa umubano n’u bufatanye n’u Burundi bakaba inshuti zikomeye z’ahazaza, u Bubiligi n’u Rwanda mu kwezi gushize byaciye umubano wa Politiki n’ubufatanye.

U Bubiligi bushinja u Rwanda kohereza ingabo gufasha umutwe wa M23, mu gihe n’u Rwanda narwo rushinja u Bubiligi kubogamira kuri Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo no gutobera inyungu z’u Rwanda mu mahanga. U bundi kandi u Rwanda rutera utwatsi ibyo rushinjwa gufasha umutwe wa M23, ndetse n’uyu mutwe ubwawo urabihakana.

U Bubiligi ni igihugu cyahoze gikoloniza u Burundi, RDC n’u Rwanda. Iki gihugu cyashyize imbaraga mu kibazo cy’intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo.

Kuko nyuma yo kuva i Kampala, akajya i Bujumbura, Maxine yahise akomereza i Kinshasa aho naho bivugwa ko yabonanye na bategetsi baho barimo kandi ko yabonanye na perezida Felix Tshisekedi w’iki gihugu.

Tags: BurundiKampalaKinshasaU Bubiligi
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.

U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?