Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.
Umuyobozi mukuru w’inteko ishinga amategeko y’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, OIF, Hilarion Etong, yavuze ko icyifuzo ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bwasabiye u Rwanda ibihano burushinja uruhare mu bibazo by’u mutekano muke mu Burasizuba bw’igihugu cyabo no gufasha umutwe wa M23, gitandukanye n’uruhare bifuza kugira mu kugera ku gisibizo kirambye.
Iki gisubizo uru rwego rwa OIF rwagitanze nyuma y’aho inteko ishinga amategeko y’uyu muryango abayigize baribavuye mu ruzinduko bagiriye i Kinshasa n’i Kigali mu minsi mike ishize, ni mu gihe urwo ruzinduko rwari rugamije gushaka ubufatanye muri ibyo bihugu.
Ubwo bari muri urwo ruzinduko bahuye n’abagize inteko ishinga amategeko ndetse n’abamwe mu bayobozi b’ibyo bihugu bafite ububanyi n’amahanga mu nshingano na sosiyete sivili.
I Kinshasa, ubwo iyi nteko ya Francophoniies yahageraga yahawe icyifuzo cy’uko yashigikira ishyirwa mu bikorwa ry’umwanzuro w’akanama ku mutekano ka Loni wa 2773 washinjaga u Rwanda kugira uruhare rugaragara mu gufasha umutwe wa M23 no kurusaba gukura ingabo zarwo ku butaka bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo no kurufatira ibihano bikakaye.
Basaba kandi ko OIF yahita isaba M23 guhita ihagarika intambara byako kanya iyo irimo mu Burasizuba bw’iki gihugu cya RDC.
Mu kiganiro n’abanyamakuru i Kigali mu Rwanda, Hilarion Etong, yagaragaje ko icyifuzo cy’abayobozi batandukanye muri RDC gihabanye n’uruhare bifuza kugira mu gukemura ibibazo by’umutekano muke bafite.
Yagize ati: “Twebwe turi abagize inteko ishinga amategeko. Turabizi ko iyo ngingo ya 2773 imaze igihe kinini ihari. Turamutse tugiye muri uwo murongo, nta gushidikanya ko twahura n’ibindi bibazo. Turi hano kugira ngo dutange ikintu gishya.”

Yakomeje avuga ko badashaka gukuraho ibyo guverinoma zivuga cyangwa ibyo izindi nzego mpuzamahanga zivuga. Avuga ko ibyo bazanye muri iki gihugu ari ijwi ry’abagize inteko ishinga amategeko, kandi ko bazaguma mu rwego rwabo bazi ko bafite ubushobozi bwokuzana igitekerezo cyangwa igisubizo gishobora kunganira ibimaze gukorwa.
Yangeye kandi kuvuga ko ubwo bari mu biganiro n’abayobozi bo muri RDC, abayobozi bayo bagarutse cyane ku ijambo amahoro, avuga ko ni buze byasubiwemo inshuro zirenga 40, yemeza ko ayo mahoro atagerwaho hatabayeho ibiganiro bigamije gukemura ibibazo by’umutekano muke mu buryo burambye.
Yakomeje avuga ko ibiganiro ari byo gisubizo kirambye kuri ibi bibazo by’u mutekano muke bimaze imyaka myinshi mu karere k’ibiyaga bigari.
Uyu muyobozi wa OIF yasoje yibutsa ko gahunda yabo itagamije gukuraho izindi nzira za dipolomasi zisanzweho nk’iyumuryango wa Afrika Yunze ubumwe, gahunda ya Luanda, iya Nairobi, n’izindi nk’ubuhuza bwa Qatar n’ubwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika.