Icyo Iran ivuga kubikowa byayo byangijwe n’igitero yagabweho n’ingabo za Amerika.
Ubutegetsi bwa Leta ya Iran bwemeje ko ibikorwaremezo by’ingufu za nucléaire byangijwe bidasanzwe n’ibitero Ingabo za Leta Zunze ubumwe z’Amerika zagabye muri iki gihugu.
Tariki ya 22/06/2025, indege z’intambara za Amerika zo mu bwoko bwa B-2 spirit zarashe misile zo mu bwoko bwa GBU-57 ku bigo bitatu bya Iran byari bisanzwe bitunganyirizwamo uranium ifite ubukana bwinshi. Ibyo bigo n’icya Fordow, Natanz na Isfahan.
Amakuru akavuga ko ubwato bwagenderaga munsi y’amazi na bwo bwarashe misile nyinshi kuri Tomahawk na Isfahan hagamijwe gusenya burundu biriya bigo. Muri rusange, ibi bigo byose byarashweho misile 75 za Amerika biranasenywa.
Ibi bitero Amerika yabigabye, mu gihe Israel yarimaze iminsi irenga umunani ihanganye bikomeye na Iran, kuko na yo yahise irasa za misile nyinshi kuri ibi bigo . Ni mu gihe ngo Israel yatinyaga ko Amerika itabyangiza nk’uko yabyifuzaga, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.
Umuvugizi wa minisiteri y’ubanyi n’amahanga ya Iran, Esmail Baghaei, avugana n’igitangazamakuru cya Al Jazeera ku munsi w’ejo ku wa gatatu tariki ya 25/06/2025, yemeje ko igitero cya Amerika n’icya Israel byangije ibi bigo mu buryo budasanzwe.
Yagize ati: “Ibigo byacu bya nucléaire byarangijwe cyane, kubera abashotoranyi bo muri Israel na Amerika babigabyeho ibitero biri kurundi rwego.”
Uyu muvugizi yanavuze ko ikigo mpuzamahanga gishinzwe ingufu za nucléaire ndetse na Iran ubwayo bari gukorana mu isuzuma mu rwego rwo kugira ngo harebwe ko hari ingaruka ibi bitero byagize ku bikorwaremezo bitunganyirizwamo izi ngufu.
Nyuma y’amasaha make iki gitero kigabwe kuri biriya bigo, Trump yahise atangaza ko byangijwe cyane ngo kuburyo kongera kubisana bizagorana, nyamara ibinyamamakuru byinshi byo muri Iran n’ibindi bishigikiye iki gihugu byatangaje icyo gihe ko byangijwe byoroheje.