Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.
Perezida w’u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, ko agiye kwihorera ku gitero cya cya Ukraine cy’amateka iheruka kugaba ku butaka bw’igihugu cye kikangiza byinshi birimo n’intwaro kirimbuzi.
Bikubiye mu kiganiro uyu mukuru w’igihugu cy’u Burusiya yagiranye n’uwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, ni ikiganiro amakuru agaragaza ko cy’amaze iminota 75, bivuze ko cyamaze isaha n’iminota cyumi nitanu.
Perezida wa Amerika warangije agira icyavuga kuri iki kiganiro yagiranye na perezida w’u Burusiya, yagaragaje ko Putin yamuhishuriye ko agomba kwihorera kuri iki gitero, kabone ngo nubwo baganiraga ku mahoro.
Trump yemeje ko nta cyemezo cyafashwe ku ihagarikwa ry’intambara muri Ukraine.
Ni mu gihe perezida wa Ukraine nawe, Volodymyr Zelensky yateye utwatsi ibyo yise “ultimatum” y’u Burusiya, asaba ihagarikwa ry’intambara ryihuse kandi ridafite ibyo risaba. Yanasabye abatera nkunga be kudacika intege imbere y’ibyago by’ihorera ry’u Burusiya.
Putin ashyira imbere kwihorera kubera igitero cya drones Ingabo za Ukraine zagabye ku butaka bw’igihugu cye cyiswe “operation spider’s web.” Bivugwa ko iki gitero Ukraine yagiteguye mu gihe cy’umwaka n’amezi atandatu, cyibasira ibirindiro bine by’indege za gisirikare z’u Burusiya. Kuko cyanashwanyaguje n’indege z’intambara 40.
Amashusho ya satellite yagaragaje indege za Tu-95 na Tu-22M zangiritse ku kibuga cya Belaya.
Putin yanavuganye na Papa Leo XIV, uyu muyobozi wa kiliziya gatolika amusaba ubushake bwo kugera ku mahoro.
Putin avuga ko yifuza amahoro binyuze mu biganiro, ariko ashinja Ukraine ibikorwa by’iterabwaba ku butaka bw’u Burusiya.
Trump uyu waganiriye na Putin, ubwo yarimo yiyamamaza ku mwanya w’u mukuru w’igihugu cya Amerika, hari aho yageze avuga ko we ashobora kurangiza intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya mu gihe cy’amazaha 24 gusa, ariko kugeza ubu nta cyemezo gifatika cyafashwe. Abatavuga rumwe na we bavuga ko uburyo bwe bwo kutamagana Putin bushobora gukomeza intambara.
Mu gihe bikiruko, isi yose itegereje igisubizo cy’u Burusiya, mu gihe impaka ku mahoro n’intambara zikomeje kwiyongera.