Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yatangaje kubyo guhagarika ibitero kuri m23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 24, 2025
in Regional Politics
0
Icyo minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yatangaje kubyo guhagarika ibitero kuri m23.
103
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yatangaje kubyo guhagarika ibitero kuri m23.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba, yatangaje ko ibyo igisirikare cy’iki gihugu cyatangaje ko kitazongera kugaba ibitero ku mutwe wa m23 ari ukuri, kandi ko iki cyemezo Leta yagifashe mu rwego rwo kubahiriza ibyemejwe n’abakuru b’ibihugu i Doha muri Qatar hagati ya perezida w’u Rwanda n’uwa Congo.

Hari mu kiganiro Thérèse Kayikwamba yagiranye n’abanyamakuru ejo ku cyumweru i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro Kayikwamba yavuze ko uruhande rwa Leta “rwiyemeje guhagarika imirwano vuba bishoboka” kugira ngo barengere “abaturage bababaye.”

Avuga ko kubera uburyo ubu bushyamirane bwagiye buhinduka ubu basanze ari ngombwa ku bw’inyungu z’abaturage, kuganira bitaziguye n’uyu mutwe wa m23 mu gihe byagira umusaruro wo guhagarika intambara nk’uko abivuga.

Yavuze ko uko babona ibintu ubu “bitandukanye n’uko byari bimeze mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka ushize, igihe biteguraga gusinya amasezerano n’u Rwanda, ati: “ubu nyuma y’amezi make hari impinduka zabaye.”

Ni mu gihe tariki ya 12/03/2025, Leta ya Angola yatangaje ko leta y’i Kinshasa yemeye kuganira na m23 mu buryo butaziguye kandi ko ibyo biganiro byagombaga gutangira ku wa kabiri w’iki cyumweru gishize, ariko m23 yanze kubyitabira ivuga ko ibihano byafatiwe abayobozi bayo bifashwe n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi bibangamiye iyi nzira y’amahoro.

Nyuma y’aho uyu mutwe wari umaze gutangaza ko utacyitabiriye ibiganiro, minisitiri Kayikwamba yavuze ko bibabaje kubona uyu mutwe utacyitabiriye ibyo biganiro.

Ku rundi ruhande, umutwe wa m23 ejo ku wagatandatu watangaje ko ugiye kuvana ingabo zayo muri Walikale hagamijwe gushaka igisubizo cy’iyi ntambara mu nzira y’amahoro, ni bwo na FARDC nayo ubuyobozi bwayo bwahise butangaza ku cyumweru ko ingabo zabwo zitazagaba ibitero ibyari byo byose kuri m23 ni intambara ishobora kuganisha ku bw’umvikane n’ibiganiro.

Ariko kandi, si ubwa mbere impande zombi zemeye ibisa no guhagarika imirwano n’agahenge ariko ntibimare kabiri bitarenzweho, buri ruhande rugashinja urundi kuba nyiribayazana wo gutangiza intambara.

Tags: CongoFardcGuhagarikaImirwanoM23
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Iby’ibitero by’ejo ku wagatandatu FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bagabye mu Banyamulenge.

Havuzwe impinduka zimaze kugaragara mu Minembwe kuva Twirwaneho yahafata, ndetse nuko haramutse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?