• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yatangaje kubyo guhagarika ibitero kuri m23.

minebwenews by minebwenews
March 24, 2025
in Regional Politics
0
Icyo minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yatangaje kubyo guhagarika ibitero kuri m23.
103
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yatangaje kubyo guhagarika ibitero kuri m23.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba, yatangaje ko ibyo igisirikare cy’iki gihugu cyatangaje ko kitazongera kugaba ibitero ku mutwe wa m23 ari ukuri, kandi ko iki cyemezo Leta yagifashe mu rwego rwo kubahiriza ibyemejwe n’abakuru b’ibihugu i Doha muri Qatar hagati ya perezida w’u Rwanda n’uwa Congo.

Hari mu kiganiro Thérèse Kayikwamba yagiranye n’abanyamakuru ejo ku cyumweru i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro Kayikwamba yavuze ko uruhande rwa Leta “rwiyemeje guhagarika imirwano vuba bishoboka” kugira ngo barengere “abaturage bababaye.”

Avuga ko kubera uburyo ubu bushyamirane bwagiye buhinduka ubu basanze ari ngombwa ku bw’inyungu z’abaturage, kuganira bitaziguye n’uyu mutwe wa m23 mu gihe byagira umusaruro wo guhagarika intambara nk’uko abivuga.

Yavuze ko uko babona ibintu ubu “bitandukanye n’uko byari bimeze mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka ushize, igihe biteguraga gusinya amasezerano n’u Rwanda, ati: “ubu nyuma y’amezi make hari impinduka zabaye.”

Ni mu gihe tariki ya 12/03/2025, Leta ya Angola yatangaje ko leta y’i Kinshasa yemeye kuganira na m23 mu buryo butaziguye kandi ko ibyo biganiro byagombaga gutangira ku wa kabiri w’iki cyumweru gishize, ariko m23 yanze kubyitabira ivuga ko ibihano byafatiwe abayobozi bayo bifashwe n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi bibangamiye iyi nzira y’amahoro.

Nyuma y’aho uyu mutwe wari umaze gutangaza ko utacyitabiriye ibiganiro, minisitiri Kayikwamba yavuze ko bibabaje kubona uyu mutwe utacyitabiriye ibyo biganiro.

Ku rundi ruhande, umutwe wa m23 ejo ku wagatandatu watangaje ko ugiye kuvana ingabo zayo muri Walikale hagamijwe gushaka igisubizo cy’iyi ntambara mu nzira y’amahoro, ni bwo na FARDC nayo ubuyobozi bwayo bwahise butangaza ku cyumweru ko ingabo zabwo zitazagaba ibitero ibyari byo byose kuri m23 ni intambara ishobora kuganisha ku bw’umvikane n’ibiganiro.

Ariko kandi, si ubwa mbere impande zombi zemeye ibisa no guhagarika imirwano n’agahenge ariko ntibimare kabiri bitarenzweho, buri ruhande rugashinja urundi kuba nyiribayazana wo gutangiza intambara.

Tags: CongoFardcGuhagarikaImirwanoM23
Share41Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Iby’ibitero by’ejo ku wagatandatu FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bagabye mu Banyamulenge.

Havuzwe impinduka zimaze kugaragara mu Minembwe kuva Twirwaneho yahafata, ndetse nuko haramutse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?