Icyo minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yatangaje kubyo guhagarika ibitero kuri m23.
Minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba, yatangaje ko ibyo igisirikare cy’iki gihugu cyatangaje ko kitazongera kugaba ibitero ku mutwe wa m23 ari ukuri, kandi ko iki cyemezo Leta yagifashe mu rwego rwo kubahiriza ibyemejwe n’abakuru b’ibihugu i Doha muri Qatar hagati ya perezida w’u Rwanda n’uwa Congo.
Hari mu kiganiro Thérèse Kayikwamba yagiranye n’abanyamakuru ejo ku cyumweru i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Muri iki kiganiro Kayikwamba yavuze ko uruhande rwa Leta “rwiyemeje guhagarika imirwano vuba bishoboka” kugira ngo barengere “abaturage bababaye.”
Avuga ko kubera uburyo ubu bushyamirane bwagiye buhinduka ubu basanze ari ngombwa ku bw’inyungu z’abaturage, kuganira bitaziguye n’uyu mutwe wa m23 mu gihe byagira umusaruro wo guhagarika intambara nk’uko abivuga.
Yavuze ko uko babona ibintu ubu “bitandukanye n’uko byari bimeze mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka ushize, igihe biteguraga gusinya amasezerano n’u Rwanda, ati: “ubu nyuma y’amezi make hari impinduka zabaye.”
Ni mu gihe tariki ya 12/03/2025, Leta ya Angola yatangaje ko leta y’i Kinshasa yemeye kuganira na m23 mu buryo butaziguye kandi ko ibyo biganiro byagombaga gutangira ku wa kabiri w’iki cyumweru gishize, ariko m23 yanze kubyitabira ivuga ko ibihano byafatiwe abayobozi bayo bifashwe n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi bibangamiye iyi nzira y’amahoro.
Nyuma y’aho uyu mutwe wari umaze gutangaza ko utacyitabiriye ibiganiro, minisitiri Kayikwamba yavuze ko bibabaje kubona uyu mutwe utacyitabiriye ibyo biganiro.
Ku rundi ruhande, umutwe wa m23 ejo ku wagatandatu watangaje ko ugiye kuvana ingabo zayo muri Walikale hagamijwe gushaka igisubizo cy’iyi ntambara mu nzira y’amahoro, ni bwo na FARDC nayo ubuyobozi bwayo bwahise butangaza ku cyumweru ko ingabo zabwo zitazagaba ibitero ibyari byo byose kuri m23 ni intambara ishobora kuganisha ku bw’umvikane n’ibiganiro.
Ariko kandi, si ubwa mbere impande zombi zemeye ibisa no guhagarika imirwano n’agahenge ariko ntibimare kabiri bitarenzweho, buri ruhande rugashinja urundi kuba nyiribayazana wo gutangiza intambara.