• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, January 30, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Icyo u Bubiligi bwenda gukora mu kwigarurira RDC nka kera.

minebwenews by minebwenews
March 22, 2025
in Regional Politics
0
Icyo u Bubiligi bwenda gukora mu kwigarurira RDC nka kera.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo u Bubiligi bwenda gukora mu kwigarurira RDC nka kera.

You might also like

Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

Mu gihe imyaka 65 ishize Repubulika ya demokarasi ya Congo ibonye ubwingenge, hari impamvu zifatika zituma hibazwa niba koko ubukoloni bwararangiye cyangwa se bwarahinduye indi nshusho, ni mu gihe bivugwa ko u Bubiligi bushaka kongera kwisubiza iki gihugu cya Congo n’imitungo yacyo.

Ni amakuru akubiye mu bushakashatsi, aho agaragaza ko u Bubiligi bwenda kongera kugenzura ibigo bikomeye byo muri RDC byahoze bigenzurwa nabwo mugihe cy’ubukoloni, kuko burashaka kwisubiza imitongo, u butaka ndetse kandi n’amabuye y’agaciro binyuze mu mategeko yahinduwe mu 2006.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko ubukoloni bw’ubukungu bwo bwamaze guhindura isura, nk’uko CNKI yari ishinzwe gucunga umutungo wa Kivu mu gihe cy’u bukoloni, Immoaf igenzura ubutaka n’imiturire, naho Ciminière na Union Minière du Haut Katanga byagenzuraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Nubwo ibi bigo byatakaje ububasha bwabyo mu buryo bugaragara nyuma y’ubwingenge bwa Congo mu 1960, byaje kongera kugira imbaraga binyuze mu mpinduka z’amategeko zabaye muri 2006.

Mu 1966, perezida Mobutu Sese Seko yemeje “Bakajika Law,” itegeko ryatesheje agaciro ibyagombwaga byose by’ubutaka byari byaratanzwe n’abakoloni, bugasubizwa Leta ya Congo. Ariko, mu 2006, perezida Joseph Kabila, ashaka gukomeza kwigwirizaho ubutegetsi, yemeye gukuraho iri tegeko nyuma y’igitutu cy’umunyamabanga wa Leta w’u Bubiligi ushyinzwe ububanyi n’amahanga.

Ibi byongeye kongera guha amahirwe abanyamahanga bafite ibyangombwa by’ubutaka byatanzwe mbere y’ubwingenge kongera gusaba ko ubutaka bwabo bwemerwa nk’ubwabo byemewe n’amategeko.

Hagataho, mu gihe isi iri mu mpinduka zijanye no gucunga ingufu zisimbura ibikomoka kuri peteroli, Congo ni kimwe mu bihugu bifite umutungo kamere ukenewe cyane mu isi. Lithium, Cobalt, Coltan, Manganese na Graphite n’ibindi, bikenewe cyane mu gukora bateri z’imodoka z’amashanyarazi, telephone zigezweho, na mudasobwa byose biboneka kubwinshi muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kurundi ruhande, ubu bushakashatsi bugaragaza ko leta y’u Bubiligi ifite inyota ikomeye yo kongera kwinjira muri iki gihugu cya RDC nk’intumwa y’ibihugu by’u Burayi na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, kugira ngo igire uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Harimo ko iharanira ko imvururu zikomeza kuba mu Burasizuba bw’iki gihugu cya RDC, bikaba bifitanye isano n’uyu mugambi wo gushaka kugenzura umutungo kamere uri muri iki gihugu.

Ubu bushakashatsi bw’ibaza buti: “Niba ibigo by’u bukoloni byari bishinzwe kugenzura ubutaka n’amabuye y’agaciro byarasubiranye uburenganzira ku butaka byari bifite, bivuze ko ubukoloni butarangiye. Ahubwo bwahinduye inshusho.”

Ikindi nyuma yo gukuraho Bakajika Law, bigaragaza ko RDC yatanze icyuho cyatuma ubutaka bw’ubukoloni bugumana agaciro. Amakimbirane yo mu Burasizuba bwa Congo ashobora kuba afite isano n’uyu mugambi wo kwigarurira ubutaka no kugenzura umutungo w’igihugu.

Bigaragaza kandi ko hashize igihe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro burimo gukorwa n’ibigo bikomeye by’amahanga byaguze imitungo y’ibi bigo by’u bukoloni. Niba ntacyakorwa, mu myaka mike iri imbere, RDC ishobora kwisanga umutungo wayo uri mu maboko y’ibigo by’amahanga, kandi abaturage bagakomeza gusigara nta nyungu bawukuramo.

Ikibazo cy’ingenzi ni kimwe, kigira kiti: “Ese Congo izabasha guhagarika umugambi wo gusubira mu bukoloni bushya, cyangwa se ibashe guhagarika u Bubiligi n’ibihugu by’iburengerazuba byatangiye urugendo rwo kongera kwigarurira umutongo kamere wo muri iki gihugu cyabo cya Congo?”

Tags: ImitungoKwigaruriraRdcU Bubiligi
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Perezida Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere

Faure Yageze mu Rwanda, mu Ruzinduko Rw’Ingenzi mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Akarere Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, yageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku...

Read moreDetails

RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu

RDC: Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Rugendo rwo Gushakira Amahoro Uburasirazuba bw’Igihugu Ku wa Kane tariki ya 29/01/2026, Perezida wa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

by Bahanda Bruce
January 29, 2026
0
Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya

Jean Maurice Uwera Yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Leta y’u Rwanda: Ibyo Ukeneye Kumenya ku Muvugizi Mushya Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 28/01/2026, Perezida w’u Rwanda,...

Read moreDetails

Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda

by Bahanda Bruce
January 28, 2026
0
Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda

Perezida Museveni yibutsa Amateka y’Urugamba rwo mu Mashyamba, Anenga Igitutu cy’Amahanga ku Miyoborere ya Uganda Mu ijambo rikomeye ryagarutse ku mateka n’icyerekezo cya politiki ya Uganda, Perezida Yoweri...

Read moreDetails

Ishimutwa ry’Imishahara mu Gisirikare cy’u Burundi: Harasabwa Umucyo ku Mafaranga Yaburiwe Irengero mu Masaha Make

by Bahanda Bruce
January 28, 2026
0
Ishimutwa ry’Imishahara mu Gisirikare cy’u Burundi: Harasabwa Umucyo ku Mafaranga Yaburiwe Irengero mu Masaha Make

Ishimutwa ry’Imishahara mu Gisirikare cy’u Burundi: Harasabwa Umucyo ku Mafaranga Yaburiwe Irengero mu Masaha Make Mu gihe igihugu cy’u Burundi gikomeje guhura n’imbogamizi z’ubukungu n’imibereho igoye ku baturage...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mu miryango igize ubwoko bw’Abanyamulenge urakura ikiriyo cy’Intwari Col.Mukarayi uheruka kwitaba Imana.

Umwe mu miryango igize ubwoko bw'Abanyamulenge urakura ikiriyo cy'Intwari Col.Mukarayi uheruka kwitaba Imana.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?