Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano Canada yarufatiye.
Ubutegetsi bwa Canada bwatangaje ibihano byo mu rwego rw’ubukungu na politiki bwafatiye i gihugu cy’u Rwanda, ngo kubera ko ingabo zarwo ziri muri Congo gufasha umutwe wa m23, kandi ko ibi bigize guhonyora ubusugire bw’ikindi gihugu.
Mu itangazo, abategetsi ba Canada bavuze ko leta yabo yamaganye “ubwicanyi bukomeye mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bavugamo ibirego byo gutera abasivili, impunzi, ingabo za ONU n’iza karere, hamwe n’ubwicanyi mu kivunge no gushimuta.”
Iki gihugu gihita kivuga ko gifashe ibi byemezo:
Kuba gihagaritse gutanga impushya zo kugurisha serivisi z’ikoranabuhanga mu Rwanda
Kuba gihagaritse ubufatanye n’u Rwanda mu bijanye na business, n’ibijanye no gufasha urwego rw’abikorera.
U Rwanda narwo, mu itangazo rwashyize hanze, ruvuga ko Canada nta buryo yavuga ko ishyigikiye umuhate w’akarere wo kugera ku Mahoro mu gihe ishyira ibirego by’ubwoko bwose ku Rwanda, ikananirwa kubaza Leta ya Congo ibyo ikwiye kubazwa, aha ni mu gihe Kinshasa igaba ibitero ku baturage bayo muri Kivu y’Amajyepfo.
Itangazo ry’u Rwanda rigira riti: “Guceceka kwa Canada kuri ibi bikorwa bikabije bihonyora uburenganzira bwa muntu ntibikwiye kandi biteye isoni, ryongeraho ko izo ngamba Canada yafatiye u Rwanda ntizizakemura amakimbirane.”
Canada yatangaje ibihano ku Rwanda nyuma y’U Bubiligi, u Bwongereza na Amerika yafatiye ibihano minisitiri James Kabarebe.
Ibihugu by’iburengerazuba, bishinja u Rwanda kohereza ingabo zarwo muri Congo gufasha umutwe wa m23 ubu ugenzura ibice bikomeye byo mu Burasizuba bw’iki gihugu, birimo Goma na Bukavu nyuma y’imirwano ikomeye yo mumpera zukwezi kwa mbere no mu kwa kabiri.
Nyamara u Rwanda rwagiye rutera utwatsi ibyo rushinjwa byo kohereza ingabo muri Congo gufasha umutwe wa m23, ibyo kandi n’ubuyobozi bw’uyu mutwe buhakana bwivuye inyuma.
Kimwecyo u Rwanda rwagiye rugaragaza ko rwafashe ingamba zo kurinda imbibi zarwo kuko umutekano w’igihugu cyabo ugeramiwe n’ubufanye bw’umutwe wa FDLR n’ingabo za Leta ya Congo (Fardc).
Na ONU ubwayo ishinja ubutegetsi bw’i Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe wa FDLR, nubwo Kinshasa ibihakana.