Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Idubu zatojwe na Gen. Makanika zikomeje kugarura ituze n’amahoro i Mulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 16, 2025
in Conflict & Security
0
Twirwaneho yashyizeho ubuyobozi bwayo bushya.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Idubu zatojwe na Gen. Makanika zikomeje kugarura ituze i Mulenge.

You might also like

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa.

Icyo ubutegetsi bw’i Kinshasa bwakoze ku banyeshuri batwite.

RDC: Abagore b’abasirikare bakoze imyigaragambyo ikaze.

Nyuma y’aho ku munsi w’ejo ku wa kabiri ihuriro ry’ingabo za Congo zateraguye amasasu mu bice byo mu marembo ya Rugezi, umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bikerekezayo, abarasaguraga bahise bahunga, bitumye muri ibyo bice hagaruka ituze n’amahoro.

Amasasu ngo yarashwe kuva mu gitondo cyakare cyo ku wa kabiri tariki ya 16/07/2025, ageza igihe c’isaha zine zija gushyira muri saa tanu.

Amakuru agaragaza ko ririya huriro ry’ingabo za Congo zarasiraga i Gasiro no mu tundi duce duherereye hafi na Rugezi igenzurwa n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.

Nyamara nubwo ku ruhande rwa Leta bagaragaje kurasa byacyane, ariko ntawabasubizaga wo ku ruhande rwa Twirwaneho na M23.

Usibye ko abo muri iyi mitwe yombi berekeje muri ibyo bice byarimo kumvikaniramo intwaro, abazirasaguraga bahita batuza.

Ibindi bice byavugiyemo ibiturika byinshi ku munsi w’ejo ni muri Kabanju no mu nkengero zayo, nka Gitumba ndetse na Matanganika.

Kugeza ubu ntihazwi icyaba cyarateye iri turika ry’imbunda ridasanzwe ryaturikiraga mu duce tugenzurwa n’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC.

Kimwecyo, mu cyumweru gishize abo mu mutwe wa Mai-Mai-Biroze-Bishambuke basanzwe bakorana byahafi n’ingabo za FARDC basubiranyemo i Gasiro no mu Kabanju, kandi isubiranamo ryabo ryasize ritwaye ubuzima bw’abantu batanu barimo na major wo muri uyu mutwe, ndetse n’umudamu bivugwa ko yarafitanye isano rya bugufi na Col-Ngomanzito umuyobozi mukuru w’uyu mutwe.

Nubwo bitavugwa ko bari bongeye gusubiranamo, ariko Twirwaneho yagize uruhare runini mu guhoshya urwo urusaku rw’imbunda, kuko yahagaze mu duce turangizika, abarasaguraga barabihagarika.

Uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bigenzura Rugezi, Mikenke na Minembwe na Rurambo.

Ahanini ibice byinshi byo muri ibyo bice babibohoje nyuma y’urupfu rwa General Rukunda Michel Makanika wahoze ari umuyobozi mukuru w’uyu mutwe wa Twirwaneho.

Mukubohoza ibyo bice byongeye kugarura umutekano n’ituze mu Banyamulenge bari babuze intwari yabo ikomeye idateze kuzibagirana muri bo.

Ibyo benshi baherako bakavuga ko Imana yashatse guhumuriza ubwoko bwayo ibwirukanira umwanzi wabwo muri Minembwe, Mikenke na Rugezi.

Imyaka yari ibaye umunani kuko kuva mu 2017 kugeza muri 2025 abanyamulenge badatekanye, ndetse bageraga muri centre ya Minembwe izwi nk’umurwa mukuru wabo bikandagira, abenshi banayiguyemo bicwa na FARDC yayigenzuraga muri iyo myaka.

Twirwaneho kuri ubu iyobowe na Freddy Kaniki Rukema na Brigadier General Charles Sematama, babashe kugarura amahoro muri icyo gice cyose.

Ubu Abanyamulenge muri Minembwe centre bagenda ijoro na manywa batitinya, badahumaguza umutekano kuri bo bunva ari wose.

Gusa ibice bikigenzurwa n’ihuriro ry’ingabo za Congo nk’i Cyohagati, i Ndondo ya Bijombo, no mu tundi duce two muri teritware ya Fizi na Uvira niho bataratekana.

Hagataho mu Minembwe, Rugezi na Mikenke ndetse na Rurambo barakinguye birakunda, kabone nubwo umwanzi atari kuru yo muri ibyo bice.

Tags: Ituze n'amahoroRugezi
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 16, 2025
0
Byakaze, uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za RDC, ari mu mazi abira.

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa. General Christian Tshiwewe wahoze ari umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo arimo kubazwa umugambi wo...

Read moreDetails

Icyo ubutegetsi bw’i Kinshasa bwakoze ku banyeshuri batwite.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Icyo ubutegetsi bw’i Kinshasa bwakoze ku banyeshuri batwite.

Icyo ubutegetsi bw'i Kinshasa bwakoze ku banyeshuri batwite. Ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwemereye abanyeshuri batwite gukomeza amashuri mu gihe hari itegeko...

Read moreDetails

RDC: Abagore b’abasirikare bakoze imyigaragambyo ikaze.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
RDC: Abagore b’abasirikare bakoze imyigaragambyo ikaze.

RDC: Abagore b'abasirikare bakoze imyigaragambyo ikaze. Abagore b'abasirikare n'abandi bapfakajwe n'intambara, bagiye mu mu mihanda basaba guhabwa imishahara y'ibirarane ku bagabo babo bari kurugamba n'abaruguyeho. Ni imyigaragambyo bakoze...

Read moreDetails

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashinjwa kwica abaturage babwo.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burashinjwa kwica abaturage babwo. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, irashinjwa kwica abaturage bo muri iki gihugu, bityo imiryango Mpuzamahanga ihita isabwa kutarebera nibyo...

Read moreDetails

Avugwa ku bitero byagabwe mu Rugezi muri Kivu y’Amajyepfo.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.

Avugwa ku bitero byagabwe mu Rugezi muri Kivu y'Amajyepfo. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, zabyutse zigaba ibitero mu Rugezi mu majyepfo ashyira uburengerezuba bwa centre...

Read moreDetails
Next Post
Byakaze, uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za RDC, ari mu mazi abira.

Ibivugwa kuri Gen. Tshiwewe uheruka gutabwa muri yombi i Kinshasa.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?