Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya RDC cyongeye gukomoza ku myiteguro kirimo yo gutera u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 30, 2024
in Regional Politics
0
Igisirikare cya RDC cyongeye gukomoza ku myiteguro kirimo yo gutera u Rwanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya RDC cyongeye gukomoza ku myiteguro kirimo yo gutera u Rwanda.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Umuvugizi w’ingabo za za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), Major Gen Sylvain Ekenge aherutse guhakana amakuru yaregaga igisirikare cyabo ko indege yacyo yavogereye ikirere M23 igenzura, avuga ko ni cyo kirere ari icy’igihugu cyabo, ahita ana hishyura ko ingabo ze ziteguye kwirukana umutwe wa M23 mu bice byose ugenzura, maze ngw’intambara ikajanwa aho yaturutse.

Major Gen Sylvain Ekenge, ibi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro n’umunyamakuru w’igisirikare, Sous Lieutenant Nzuzi Dexter, ubwo yamubazaga ku itangazo rihurutse gusohorwa na M23 rivuga ko indege y’igisikare cya FARDC yavogereye ikirere cyabo ikagera n’i Bunagana.

Bwana Sylvain Ekenge mu gusubiza iki kibazo, yagize ati: “Mbere na mbere AFC/M23 ntabwo bagenzura cyangwa ngo bafite ububasha kuri iki kirere. Icyo ni kimwe. Icya kabiri, abo bikoraho ni abantu batazi Abanyarwanda, by’umwihariko igisirikare cy’u Rwanda. Ni umujura uvugiriza induru umujura. Nk’i kimenyetso, twe ntabwo twigeze turenga ku gahenge , ahubwo ni RDF iza gutera ibirindiro byacu kandi n’ibirindiro biherereye muri grand Nord. Nk’i birindiro bya Kikovu. Muri Masisi yose kandi byose bigakorwa harengwa ku ihagarikwa ry’imirwano hanyuma bakagereka uko kurenga ku gahenge kuri Fardc. Ndetse mbisobanure neza, Kajugujugu yaba yaravogereye icyo kirere bavuga ko ari iya FARDC, iyo Kajugujugu ntabwo ari iya FARDC dukurikije amakuru nakiriye. Ni Kajugujugu y’igisikare cya Uganda yashakaga kunyura hariya kugira ngo itahe, kuri iyo Kajugujugu yari itashye muri Uganda. None ni gute wabigereka kuri FARDC kandi ari Abanyarwanda barenga buri gihe ku gahenge nk’uko kemejwe mu nama ya Luanda.”

Yakomeje agira ati: “Twebwe abasirikare n’ingabo z’igihugu, twebwe ba ofisiye b’igisirikare cy’igihugu, twebwe ba sous officier, n’abasirikare bato, u Rwanda n’igisirikare cyarwo bazi abo baribo, ntibazahinduka. Uyu munsi tubayeho mu gihe gikomeye kuko ari igihe cyaranzwe n’ubushotoranyi igihugu cyacu cyashyizweho n’u Rwanda. Sinshidikanya na gato ku bushake bwacu no kwiyemeza kurangiza iki kibazo kuko dufite ubushobozi, uburyo, ntitunabuvuge kuko burahari, ni cyo gihe rero kuri twe kurema umwuka wo gukunda igihugu no kukirengera.”

Yongeyeho ko Congo ari wo murage barazwe n’abakurambere, ari yo mpamvu yabo yo kubaho, abaturage ba Congo bakaba babitezeho, nkabashinzwe kurinda igihugu, kubona babohoza ibice byose byigaruriwe na M23.

Ati: “Nibyo twatakaje ahantu. Twatakaje urugamba ariko intsinzi ni iyacu. Intsinzi ya nyuma ni twe kandi sinshidikanya ku kwiyemeza kw’Ingabo za RDC zishyigikiwe n’abaturage bose ba Congo kugira ngo iyi mbogamizi ikurweho. Ni ikibazo cy’ubuzima n’urupfu ku bwibyo tugomba gukora ibishoboka byose kugirango ahantu higaruriwe hose hagarurwe kandi tujyane intambara aho yaturutse.”

Yongeyeho kandi ati: “RDC izakomeza kubaho n’ubuso bwayo bwose bungana na 2,345,409 km2 cyangwa igasibangana ku ikarita ya Afrika tugahinduka abacakara ba Banyarwanda.” Anavuga kandi ko uko azi Abanyekongo aya mahitamo ya kabiri atazigera abaho na rimwe.

Kuri ibi, ashimangira ko ibikenewe byose bakeneye nk’igisirikare byamaze kwegeranywa mu rwego rwo kwitegura icyaba cyose, asaba ingabo kuzarwana zishikamye kugeza ku gitonyanga cya nyuma cy’amaraso, yongera gushimangira ko bazajyana intambara aho yaturutse, kandi bakongera kugira RDC igihugu gikomeye ndetse ngo kinubashywe.

Itangazo iki gisirikare cya FARDC cyashyize hanze tariki ya 25/08/2024, cyavuze ko ibyabaye ari ukurenga ku gahenge ndetse n’ubushotoranyi.

Bwana Lt Col Guillaume Ndjike Kaiko, umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri iryo tangazo ryo ku Cyumweru, yagize ati: “Nta ndege ya FARDC cyangwa abafatanyabikorwa bayo yigeze igera mu kirere cya Kivu y’Amajyaruguru.”

            MCN.
Tags: Ingabo za FARDCKajugujuguSylvain Ekenge
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Igitero kidasanzwe cy’ingabo za Israel cyahitanye abantu benshi muri West Bank.

Igitero kidasanzwe cy'ingabo za Israel cyahitanye abantu benshi muri West Bank.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?