“Igisubizo kirambye ku bibazo bya RDC kigomba gushingira ku mizi yabyo ya kera” -Olusegun Obasanjo
Olusegun Obasanjo, umwe mu bahuza b’imiyoborere bashyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) kugira ngo bafashe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kubona igisubizo kirambye ku bibazo by’umutekano n’imiyoborere imaze igihe, yagaragaje ko umuti urambye ugomba guhera ku mizi y’amateka y’iki gihugu, aho kugerageza gukemura ingaruka zigaragara uyu munsi gusa.
Ibi yabivuze ku munsi w’ejo tariki ya 03/02/2026, ubwo we n’abandi bagize inteko y’abahuza ba AU bagiranaga ibiganiro na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni. Muri ibyo biganiro, Obasanjo yasobanuye ko ikibazo cya RDC gishingiye ku micungire y’abaturage bafite inyungu n’ibitekerezo bitandukanye, kongerwa n’umubano utagenda neza n’ibihugu by’abaturanyi.
Uyu muhuza, wanabaye Perezida wa Nigeria ndetse akaba yaragize uruhare mu bikorwa bya gisirikare n’ibya dipolomasi mu myaka myinshi ishize, yibukije ko amateka ye ku bibazo bya RDC atari mashya. Yavuze ko yageze muri icyo gihugu mu 1960, mu gihe cy’intambara zashingiraga ku gushaka ukwigenga kw’intara ya Katanga yayobowe na Moïse Tshombe, aho icyo gihe Loni yari yarohereje ingabo zayo mu butumwa bw’amahoro.
Yagize ati:
“Iki kibazo kimaze igihe kirekire cyane. Ubwo najyaga bwa mbere muri RDC, yitwaga Congo-Leopoldville, tariki ya 05/10/1960, impamvu zatumye Loni yohereza ingabo zayo mu butumwa bw’amahoro ni zo zikigaragara n’uyu munsi. Itandukaniro ni uko ubu tumaze gutahura ikibazo neza, kandi iyo ikibazo kimenyekanye mu buryo bwimbitse, igice kinini cyacyo kiba gitangiye gukemuka.”
Obasanjo yagaragaje ko imwe mu mpamvu zituma ikibazo cya RDC gikomeza kugaruka ari uko mu bihe byashize kitigeze gisesengurwa mu buryo bwimbitse kandi bufatika. Yongeyeho ko ubu ari inshingano y’Abanyafurika, bafatanyije n’inshuti zabo, gushaka igisubizo gihamye kandi gikomoka ku byifuzo n’ukuri kw’Afurika ubwayo.
Yagize ati:
“Bamwe mu bavandimwe bacu bajya gushakira ibisubizo i Washington, ariko igisubizo kizava i Washington ntikizakemura ibibazo byacu byose. Ikibazo si umutwe wa M23 gusa, kuko muri RDC hari indi mitwe myinshi yitwaje intwaro. Hari n’ibibazo byagaragajwe n’abandi ariko ntibyigeze bikemurwa.”
Uyu muhuza wa AU yashimangiye ko abahuza baturuka hanze ya Afurika badakwiye kwirengagizwa burundu, ahubwo ko bakwiye guhabwa umwanya wo gutanga umusanzu wabo mu bwumvikane. Yaburiye ko kubaha akato bishobora gutuma bifashisha imbaraga n’ubushobozi bafite bakabangamira inzira y’amahoro.
Yagize ati:
“Tubona Perezida Museveni ari mu mwanya wihariye wo gufasha gushaka igisubizo gikomoka muri Afurika ku kibazo cyo muri Afurika. Ariko ntitwakwihutira guheza abafatanyabikorwa b’i Washington, muri Qatar cyangwa mu Bufaransa. Iyo bahejwe burundu, bashobora gukoresha ubushobozi bwabo mu kudindiza cyangwa kugoreka intambwe twaba duteye.”
Ku ruhande rwe, Perezida Yoweri Museveni yagaragaje ko ikibazo RDC ihanganye nacyo uyu munsi kidakomeye nk’icyo mu bihe bya Moïse Tshombe, kuko ubu nta Banye-Congo bashaka gutandukanya intara zabo ngo zigire ubwigenge. Yashimangiye ko icyo gihugu gikwiye gufata amahirwe ari mu bufasha bw’abahuza, by’umwihariko aba AU, kugira ngo kigere ku gisubizo kirambye gishingiye ku bumwe, ubwumvikane n’imiyoborere ihamye.
Ibi biganiro byongeye kugaragaza ko ikibazo cya RDC atari icy’uyu munsi gusa, ahubwo ari uruhurirane rw’amateka, imiyoborere n’umutekano w’akarere, bityo kikaba gisaba ibisubizo byimbitse, bihuriweho kandi bireba Afurika yose.







