• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Igiterane cyari i Nairobi mu gihugu cya Kenya ngo cyaba cyasenyaguye icyo bita “Akagara.”

minebwenews by minebwenews
July 22, 2024
in Religion
0
Igiterane cyari i Nairobi mu gihugu cya Kenya ngo cyaba cyasenyaguye icyo bita “Akagara.”
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igiterane cyari i Nairobi mu gihugu cya Kenya ngo cyaba cyasenyaguye icyo bita “Akagara.”

You might also like

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ni igiterane cyari cyateguwe na CBRK(Community Banyamulenge Refugee Kenya), aho cyatangiye ku wa Gatanu tariki ya 19/07/2024, kiza gusozwa aharejo ku Cyumweru, nk’uko twabyiganiwe kuri Minembwe Capital News n’umwe mu bayobozi bateguye iki giterane.

Nk’uko biri iki giterane cyari gihagarariwe n’Aba-Chairman b’Abanyamulenge bagize uturere twose twa Nairobi.

Insanganyamatsiko yacyo ikaba yari ikubiye mu ijambo rya nditse mu Ngoma ya Kabiri ku isura yayo ya 7:14, haravuga ati: “Maze abantu banjye bitiriwe izina ryanjye nibicisha bugufi bagasenga, bagashaka mu maso hanjye bagahindukira bakareka ingeso zabo mbi, nanjye nzumva ndi mu ijuru mbababarire igicumuro cyabo, mbakirize igihugu. “

Muri iki giterane abavuga butumwa bacyo bari Bishop Rutebuka na Apôtre Christophe waje ava mu Rwanda. Minembwe Capital News yabwiwe ko habaye gusenyagura Akagara, ndetse ko n’abahoraga batinya ku kavuga bavuye muri iki giterane batinyutse.

Ubuhamya MCN yahawe bugira buti: “Twahoraga dutinya kuvuga Akagara, ariko igiterane cyadutinyuye. Byari bicika. Ubu ibintu byose ko biravugwa mu mazina.”

Ndetse kandi amacakubiri yarangwaga muri CBRK yarangiye, bityo ngo haba guhindukirira kwa magana Akagara.

Ati: “Mu gihe muri CBRK amacakubiri yarangiye, harakurikiraho gukorera hamwe mu kurwanya Akagara, kandi ubu turi kwizerana, tugiye gusenya Akagara burundu.”

Mu nyigisho zatanzwe na Apôtre Christophe yavuze ko “Akagara ari icyorezo cyaje mu Banyamulenge, ndetse ahamya ko igihe kigeze kugira ngo Abanyamulenge basenyere ku mugozi umwe, maze basenye Akagara burundu.”

Undi nawe waje ava mu Bijabo uzwi kw’izina rya Chiza, nawe yasabye Abanyamulenge kubakira hamwe maze bagasenya icyatekereza cyose ku batandukanya harimo Akagara.

Yanavuze ko “Akagara ari agatsiko karimo Abanyamulenge bake badashaka ko Abanyamulenge bo kw’irwanaho, nk’uko Twirwaneho yabayeho kugira ngo irinde ubwoko bwabo bw’Abanyamulenge.”

Yakomeje avuga ko “Aka Kagara karimo n’abamwe mu Banyamulenge bakora muri leta ya Kinshasa. Aba rero, batinya gucyaha leta ku bugome ikorera Abanyamulenge, ndetse n’Abatutsi bose muri rusange.”

Yashimangiye ibi avuga ko “Aka Kagara katemera ko leta iri mubasenye imihana y’Abanyamulenge ndetse kandi ngo ntikemera ko Abanyamulenge benshi bishwe n’ingabo za RDC.

Uretse ibyo ngo ntikemera kandi ko Abanyamulenge bafunzwe bazira ubwoko bwabo.

Tubibutsa ko iki giterane cyarimo abatumirwa batandukanye by’umwihariko Abayumbe ba Nairobi, n’abashitsi bandi bavuye mu gihugu cy’u Rwanda baje bahagarariwe n’umuyobozi wa Mutualite y’Abanyamulenge yo muri icyo gihugu, Jules Rutebuka, akaba nanone yari yaherekejwe n’abandi banyacyubahiro batandukanye.

Iki giterane kibaye icya mbere mu mateka y’Abanyamulenge kivuze hejuru ya Kagara n’ububi bwako.

             MCN.
Tags: CBRKCyasenyaguye icyo bita AkagaraIgiteraneNairobi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga Itorero riherereye i Kigali mu Rwanda rya Foursquare, riyobowe na Bishop Fidel Masengo, ryafashije umuririmbyi uririmba...

Read moreDetails

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Umuyobozi w'Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry'Imana abugenera abatuye isi yose Ngendahayo Justin, Umuyobozi w'Impunzi mu ikambi z'icyumbikiwemo y'i Nakivale, ha herereye mu majy'Epfo ya Uganda,...

Read moreDetails

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n'abitandukanya n'imiryango yabo Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga...

Read moreDetails

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

by Bahanda Bruce
October 7, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana,...

Read moreDetails
Next Post
I gipolisi cy’u Burundi cyanyaze Abanyekongo igitoro (lisansi).

I gipolisi cy'u Burundi cyanyaze Abanyekongo igitoro (lisansi).

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?