Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igitero kidasanzwe cy’ingabo za Israel cyahitanye abantu benshi muri West Bank.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 30, 2024
in Regional Politics
0
Igitero kidasanzwe cy’ingabo za Israel cyahitanye abantu benshi muri West Bank.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igitero kidasanzwe cy’ingabo za Israel cyahitanye abantu benshi muri West Bank.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Abantu barenga 18 ni bo baguye mu gitero Ingabo za Israel zagabye gikaze mu majyaruguru ya West Bank. Iki gitero ngo cyagabwe neza mu nkambi ziri muri ibyo bice.

Kuva tariki ya 28/08/2024 nibwo igisirikare cya Israel (IDF) cyatangije ibitero karundura ku nkambi za West Bank, zirimo iya Jeni, Tulkarem n’iya Far iri hafi y’igice cya Tubas.

Ibi bitero, ingabo za Israel zabigabye icyarimwe ndetse ngo bikaba byakuye imitima yabenshi, nk’uko amakuru abivuga.

Ni ibitero bikomeye bigabwe muri ibyo bice mu myaka 20 ishize, IDF ikagaragaza ko ishaka kurimbura ibyihebe byakunze kubangamira ingabo zayo ziri muri izo nkambi.

Umunani ni abo mu nkambi ya Jenin, batandatu bo muri Tulkarem, bane bo mu nkambi ya Tubas mu gihe abandi benshi bakomeretse.

Bivugwa ko abaturage ba Palestine 20 batawe muri yombi n’ingabo za Israel nk’uko byatangajwe n’ibigo bishinzwe imfungwa n’abagororwa muri Palestine.

Mu nkambi ya Nur Shams yo igisirikare cya Israel cyatangaje ko kuri uyu wa 29/08/2024 cyishe abarwanyi batanu ba Palestine bari bihishe mu musigiti.

Barimo umuyobozi w’itsinda ry’ingabo za Tulkarem witwa Mohammed Jaber wari uzwi nka Abu Shuja.

IDF yatangaje ko impamvu yishe uyu munyepalestine ari uko yagize uruhare mu rupfu rw’umunya-Israel wishwe arasiwe i Qalqilya mu kwezi kwa Karindwi.

Mu ijoro ryo ku wa 29/08/2024, IDF yongeye kugaba ibitero mu bice byo muri Betelehem y’Amajy’epfo mu nkambi ya Arroub, Amajyaruguru ya Hebron ku gice gihana imbibi na Betelehemu no mu majyaruguru ashyira uburenganzuba bwa Ramallah, igice kiri mu majyaruguru ya Jerusalem.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Israel, Israel Katz yavuze ko bisaba ko abo baturage bimurwa ariko ibyo byihebe byihishe muri Tulkarem na Jenin bikarimburwa.

Umunyamabanga mukuru wa LONI, Gen Antonio Guterress, yasabye ko ibitero Israel yagabye kuri West Bank bihita bihagarikwa mu kwirinda ingaruka ziyongera byateza.

West Bank ni agace kakunze kugibwaho impaka cyane, aho Israel na Palestine buri ruhande rwagaragazaga ko ari agace karwo ariko kugeza uyu munsi nta ruhande ruragahabwa mu buryo bwemewe.

              MCN.
Tags: IDFIgitero gikazeWest Bank
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa Red Tabara, wa teguje Ingabo z’u Burundi ku zikubita bidasubirwaho.

Umutwe wa Red Tabara, wa teguje Ingabo z'u Burundi ku zikubita bidasubirwaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?