Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana
Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027, ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, riri kunyura mu bihe bikomeye by’ukutumvikana n’urunturuntu rushobora guhindura icyerekezo cy’igihugu. Umwuka mubi umaze iminsi ugaragara hagati ya Perezida Evariste Ndayishimiye n’ubuyobozi bukuru bw’iri shyaka, by’umwihariko Umunyamabanga Mukuru waryo, Révérien Ndikuriyo, uri gukomeza gututumba, bituma benshi bibaza aho politiki y’u Burundi igana.
Amakuru aturuka mu bakurikiranira hafi politiki y’u Burundi agaragaza ko umuzi w’uku kutumvikana uhera ku kibazo cy’umukandida uzahagararira CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu 2027. Perezida Ndayishimiye, uri ku butegetsi kuva mu 2020, arifuza kongera kwiyamamaza, mu gihe hari igice cy’abayobozi bakuru b’ishyaka batabyemera, bakifuza undi mukandida mushya.
Muri urwo rwego, hagiye hagaragara itsinda ry’abanyamuryango ba CNDD-FDD biyise “Bene Samurarwa”, bashyigikiye ku mugaragaro Perezida Ndayishimiye. Tariki ya 06/12/2025, aba banyamuryango bahuriye mu nama yabereye mu yahoze ari Intara ya Cankuzo (ubu iri mu Ntara ya Buhumuza), bafata icyemezo cyo kumushyigikira nk’umukandida wa CNDD-FDD mu matora yo mu 2027.
Iyo nama yitabiriwe n’abayobozi bakomeye barimo Minisitiri w’Intebe, Marie-Chantal Nijimbere, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa CNDD-FDD, Cyriaque Nshimirimana, bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bakomoka mu Ntara ya Buhumuza, abasirikare bakuru n’abashoramari bafite ijambo mu gihugu. Ibi byafashwe na benshi nk’ikimenyetso gikomeye cy’uko Perezida Ndayishimiye afite inkunga ikomeye mu nzego zimwe na zimwe z’igihugu.
Ku rundi ruhande, Révérien Ndikuriyo, Gervais Ndirakobuca (uyobora Sena) na Gélase Daniel Ndabirabe (Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko) ntibagaragaye muri iyo nama, kandi amakuru avuga ko badashyigikiye icyemezo cyo gushyigikira Ndayishimiye nk’umukandida wa CNDD-FDD.
Abasesenguzi bavuga ko icyemezo Ndikuriyo yafashe cyo kwegura ku mwanya wa Senateri mu ntangiriro z’u kwezi kwa cumi nabiri 2025 kitari gisanzwe, ahubwo cyari kigamije kumuha umwanya uhagije wo kwiyubaka no gutegura ahazaza he muri politiki y’ishyaka. Amakuru yizewe avuga ko amaze igihe akora ubukangurambaga bukomeye imbere muri CNDD-FDD, yegeranya inkunga y’abanyamuryango bafite ijambo, by’umwihariko abahoze mu nzego z’umutekano n’abagize uruhare rukomeye mu mateka y’ishyaka.
Abatavuga rumwe n’imiyoborere ya Perezida Ndayishimiye bashingiye cyane ku bibazo by’ubukungu igihugu kimazemo imyaka. Kuva mu 2022, u Burundi bwahuye n’izamuka ry’ibiciro, ibura ry’amadevize, igabanuka ry’ishoramari n’ingorane mu bucuruzi mpuzamahanga. Ibi byatumye igice cy’abanyamuryango ba CNDD-FDD n’abaturage batangira gushidikanya ku cyerekezo cy’ubuyobozi buriho.
Hari kandi n’icyemezo cyafashwe cyo kohereza ingabo z’u Burundi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rwego rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Nubwo Leta ivuga ko ari mu nyungu z’umutekano w’igihugu n’akarere, hari ababona ko ibyo bikorwa byashyize igisirikare mu kaga, cyane ko hari amakuru avuga ko zimwe muri izo ngabo zakunze kugabwaho ibitero bikomeye n’ihuriro AFC/M23.
Ubwo hamurikirwaga igitabo “Une Nation en Marche” muri hoteli Club du Lac Tanganyika tariki ya 14/01/2026, Perezida Ndayishimiye yagarutse ku makimbirane ari imbere mu buyobozi. Mu magambo yasamiwe hejuru, yavuze ko hari abo bakorana batamugira inama nkana, bagamije kumutesha icyizere no kumusimbura mu gihe yatsindwa.
Yagize ati: “Bamwe banga kungira inama, batekereza ko nintsindwa bazansimbura. Ariko ntsinzwe, si jye njyenyine nzaba ntsinzwe ni igihugu cyose kiba gitsinzwe.” Aya magambo yafashwe na benshi nk’ikimenyetso cy’uko Perezida azi neza ko ahanganye n’imbogamizi zikomeye imbere mu ishyaka rye.
Ku rundi ruhande, na we avugwaho kugerageza kwegezayo Ndikuriyo mu nzego zimwe na zimwe z’ishyaka no mu miyoborere, amufata nk’umunyapolitiki ushobora kumubangamira bikomeye mu matora y’ishyaka azagena uzarihagararira mu 2027.
Tariki ya 25/01/2026, abanyamuryango ba CNDD-FDD bazahurira mu nama y’Inteko Rusange ikomeye cyane. Iyi nama iteganyijweho gufata ibyemezo bikomeye birimo guhindura bamwe mu bayobozi b’ishyaka, impinduka mu nzego z’umutekano w’igihugu, ndetse bikaba bishoboka ko hanatangarizwa icyemezo kijyanye n’umukandida uzahagararira CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu 2027.
Abasesenguzi bemeza ko icyerekezo u Burundi bugana kizashingira ku myanzuro izava muri iyi nama no ku buryo iri hangana rizakemuka. Niramuka rishyizwe ku murongo mu bwumvikane, CNDD-FDD ishobora kongera kwiyunga no gukomeza kugenga igihugu mu mahoro. Ariko riramutse rirenze urugero, rishobora gutuma habaho amacakubiri akomeye mu ishyaka, bikagira ingaruka ku mutekano, ku bukungu no ku miyoborere y’igihugu muri rusange.
Mu mateka ya politiki y’u Burundi, amakimbirane yo mu mashyaka akomeye yakunze gutanga isura y’ahazaza h’igihugu. Ni muri urwo rwego benshi bategereje kureba niba u Burundi buzakomeza inzira yo gushimangira ituze n’ubwiyunge, cyangwa niba uru runturuntu rushobora kurushora mu bihe bishya by’ihangana rya politiki rifite ingaruka zikomeye ku baturage n’akarere kose.






