
Nyuma y’uko ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, zirashe ibisasu biremereye mu bice biherereye muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, banyaze Inka z’Abatutsi muri teritware ya Nyiragongo.
Nk’uko bya vuzwe n’uko ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, FDLR, FARDC, Wagner Ingabo z’u Burundi na Wazalendo, k’u munsi w’ejo hashize, tariki ya 13/01/2024, banyaze Inka z’Abatutsi zigera muri 30.
Ay’amakuru akomeza avuga ko Inka zanyagiwe mubice biherereye muri teritware ya Nyiragongo ndetse hashimutswe n’abungeri baziraya nka bagera kuri 4. Kugeza ubu ntarengero ryabo nk’uko iy’inkuru tuyikesha bamwe mu baturage baturiye i Masisi.
Ibi byabaye mugihe ihuriro ry’Ingabo za leta ya Kinshasa, zarizarashe ibisasu biremereye ahatuwe n’abaturage benshi muri Localité ya Mushaki, Karuba, Ruvunda, Nkingo no munkengero zaho.
Umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka, yahamije ay’amakuru avuga ko biriya bice byatewemo ibisasu biremereye.
Yagize ati: “Ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bateye ibisasu mu baturage muri Mushaki, Karuba, Ruvunda, Nkingo no munkengero zayo. M23 ikomeje kurwana kinyamwuga irwanirira abaturage.”
Bruce Bahanda.