Imirwano ikomeye yakomeje hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo.
Imirwano ikaze yakomeje hagati y’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23 mu duce two muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, muri RDC.
Bikubiye mu makuru twahawe n’umwe mu baherereye hafi no mu duce two muri Walungu turi kuberamo ihangana rikomeye hagati y’u ruhande rwa Leta n’u rwa M23.
Ubutumwa yaduhaye bugira buti: “Ejo ku wa gatandatu tariki ya 24/05/2025, bararwanye cyane iyo mu misozi ya Walungu.”
Muri iyi imirwano uyu mutwe wa M23 wambuye uruhande rwa Leta bahangenye uduce turimo Cagala, Kazimu, Nyumba na Izege.
Uyu wahaye Minembwe Capital News aya makuru ariko akaba atashatse ko amazina ye aja hanze ku mpamvu ze bwite, yashimangiye ko n’uyu munsi mu gitondo cyo ku cyumweru imirwano yabaye kandi ko ingabo za FARDC n’abambari bazo bakomeje guhunga, M23 na yo iboneraho kwagura ibirindiro byayo.
Ati: “Kuva mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, isaha ya saa mbiri kugeza saa saba z’igicamunsi, barimo barwana. Ariko uruhande rwa Leta rwakubiswe cyane.”
Aya makuru akomeza avuga ko uyu mutwe wa M23, abarwanyi ba wo ko bashobora kuba bageze ku musozi mu nini wa Mushinga. Uyu ukaba ugabanya teritware ya Walungu n’iya Mwenga, ndetse kandi ukagabanya Walungu n’imisozi werekeza i Ndondo ya Rurambo muri teritware ya Uvira.
Guturika kw’intwaro ziremereye n’izoroheje, kwumvikanye muri iyi minsi ibiri muri biriya bice, kwatumye haba guhunga ku bwinshi kw’abaturage. Bikavugwa ko bahungiye mu bindi bice bitekanye, kandi ko kugeza n’ubu bagikomeje guhunga.
Ikindi ni uko ukwagura ibirindiro k’uyu mutwe, bikomeje gufata indi intera mu buryo budasanzwe.
Hagataho, andi makuru yo ku ruhande avuga ko uyu mutwe ushobora gukomerezaho, kuburyo ushobora no gufata umujyi wa Uvira uherereyemo ingabo nyinshi zirwanirira Leta y’i Kinshasa. Usibye n’icyo ni nawo wimuriwemo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rwa Leta y’iki gihugu.