Imirwano Ikomeye Yazindukiye mu Nkengero za Point Zero: MRDP-Twirwaneho Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC n’Abayifasha
Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe, Fizi na Mwenga, aravuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18/02/2026, hazindukiye imirwano ikaze mu nkengero za centre ya Point Zero, ahari guhangana umutwe wa MRDP-Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, Wazalendo, FDLR ndetse n’abacanshuro.
Nk’uko amakuru abitangaza, imirwano yatangiye ahagana saa kumi n’imwe z’urukerera (05:00), aho abaturage batuye mu misozi ya chaîne de Mitumba bavuga ko bumvise urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwiganje mu marango y’unamiye umujyi wa Minembwe.
Umuturage umwe wahaye amakuru Minembwe Capital News yagize ati:
“Mu misozi ya chaîne de Mitumba, mu marango y’unamiye umujyi wa Minembwe, habyukiye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje. MRDP-Twirwaneho ihanganye bikomeye n’ihuriro ry’ingabo za RDC.”
Yakomeje avuga ko mu bice bya Nyaruhinga na Mukoko, ugana kuri Point Zero, hakomeje kumvikana urusaku rw’amabombe menshi n’imbunda nini zizwi nka “twelve”, byerekana ubukana bw’imirwano iri kubera muri ako gace.
Amakuru ava ku ruhande ruri hafi y’ibikorwa bya gisirikare aravuga ko MRDP-Twirwaneho yaba iri hafi gufata centre ya Point Zero, ahantu hafite akamaro kanini mu bijyanye n’imihahirane n’imigendekere y’ingabo, kuko ari ho hahurira inzira zerekeza mu Mikenke, mu Minembwe n’i Fizi.
Igenzura ry’imirwano muri aka karere rigaragaza ko gufata Point Zero byaba ari intambwe ikomeye mu guhindura isura y’intambara iri kubera mu misozi y’i Mulenge no mu nkengero zayo, kuko ari ihuriro ry’inzira z’ingenzi zikoreshwa mu gutanga ubufasha no kwimura ingabo.
Hari kandi amakuru avuga ko bamwe mu barwanyi bari ku ruhande rwa FARDC, barimo abasirikare b’u Burundi, Wazalendo na FDLR, batangiye gusubira inyuma berekeza mu duce twa Mulima, Nguli no mu Bibogobogo muri teritwari ya Fizi. Icyakora, ayo makuru aracyakeneye kwemezwa n’impande zombi.
Aka gace ka Minembwe, gaherereye mu misozi miremire y’i Mulenge, kamaze imyaka myinshi karabaye isibaniro ry’imirwano. MRDP-Twirwaneho ni umwe mu mitwe yitwaje intwaro ivuga ko iharanira uburenganzira n’umutekano w’abaturage b’ako karere, mu gihe Leta ya Congo ishinja uwo mutwe guhungabanya umutekano n’ubusugire bw’igihugu.
Mu bihe byashize, uyu mutwe wigaruriye Minembwe, Mikenke na Ndondo, mu gihe hari hamaze igihe kinini hari ingabo za FARDC zifatanyije n’imitwe iyishyigikiye, ndetse n’ingabo z’u Burundi zari zoherejwe mu bikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo, usibye ko izi Ngabo z’u Burundi ahokurwanya imitwe irwanya Leta y’igihugu cyabo zibasiriye Abanyamulenge zibagabaho ibitero uko bwije nuko bukeye.
Imirwano iri kubera hafi y’uduce dutuwe cyane irateza impungenge ku mibereho y’abaturage, cyane cyane abatuye mu nkengero za Point Zero, Kalongi na Gakenge. Amakuru aturuka aho avuga ko hari ingo zatangiye kwimuka zihunga urusaku rw’amasasu n’ibisasu biremereye.
Abaturage bagaragaza ko, mu gihe nta biganiro bya politiki n’ubuhuza bikozwe mu buryo burambye, imirwano nk’iyi ishobora gukomeza gusubira no gukaza umurego, bikarushaho guteza umutekano muke mu turere twa Fizi, Mwenga na Uvira.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa FARDC n’ubw’umutwe wa MRDP-Twirwaneho ntiburagira itangazo rasmi risobanura uko ibintu bihagaze, mu gihe imirwano ikomeje kumvikana mu misozi iri mu nkengero za Point Zero.






