• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, March 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Imirwano iraca igiti hagati y’Ababembe n’andi moko muri Fizi, mu ntara ya Kivu y’Epfo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 26, 2025
in Conflict & Security
1
I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imirwano iraca igiti hagati y’Ababembe n’andi moko muri Fizi, mu ntara ya Kivu y’Epfo

You might also like

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Amakuru aturuka muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, avuga ko intambara iri kuvuza ubuhuha mu bice bitandukanye byo muri iyi teritware, aho ihanganishije Mai Mai y’Ababembe n’iya bo mu bwoko bw’Ababuyu ndetse n’iy’Abapfulero.

Ni mu gihe imirwano hagati y’Ababembe bayobowe na General Hamuli Yakutumba n’Abapfulelo bayobowe na Colonel Ngomanzito, iri kubera i Lulimba na hitwa i Sebele no mu nkengero z’utu duce muri secteur ya Lulenge.

Na ho ihanganishije Mai Mai y’Ababuyu n’uru ruhande rw’Ababembe bayobowe na General Hamuli Yakutumba, irarwanirwa mu bice byo muri secteur ya Ngandja, mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bw’iyi teritware ya Fizi.

Nko mu bice by’i Kilembwe, Kilisi, n’ahandi hafi aho, aya makuru agaragaza ko ariho barwanira; ibyanatumye Ababembe baturiye ibi bice abenshi bahunga berekeza i Burega, aho ni muri teritware ya Shabunda, harimo n’abandi na bo berekeje mu bice byo muri teritware ya Mwenga.

Amashusho yashyizwe hanze, anakomeje guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abagore b’Ababembe bikoreye ingega ku migongo, bari guhunga.

Ni amashusho agaragaza kandi bikoreye imizigo myinshi itandukanye, banashoreye n’amatungo nk’ihene n’andi bari guhunga.

Iyi mirwano ikagaragaza ko Ababuyu baturuka i Kabambari no muri Ngandji bagatera Ababembe. Iri hangana ribera muri secteur ya Ngandja ni na ryo rikomeye gusumba iribera muri secteur y’i Lulenge hagati y’abarwanyi ba Bapfulero n’Ababembe, kuko ryo ryabaye mu minsi itatu gusa hagati muri iki cyumweru. Mu gihe hagati y’Ababuyu n’Ingabo za General Hamuli Yakutumba, bamaze icyumweru cyose barwana.

Ni mu gihe irwana ryabo ryatangiye ku cyumweru nka none.
Amakuru amwe avuga ko batangiye nyuma y’aho Ababuyu banyaze Inka za Babembe i Kilembwe, aho bivugwa ko banyaze izibarirwa mu magana.

Inzigo hagati y’Ababembe n’Ababuyu n’iyigihe kirekire, kuko ahanini usanga bapfa agasuzuguro.
Inshuro nyinshi impande zombi zagiye zihangana bikarangira zongeye kumvikana gushyira hamwe.

Imirwano hagati yabo, imaze kwangiza byinshi, ndetse kandi imaze no gutwara ubuzima bw’abantu babarirwa mu bihumbi imirongo.

Ababuyu batuye muri Kabambari mu ntara ya Maniema no muri Ngandja muri teritware ya Fizi isanzwe bipakanye, kandi ni bake ku Babembe, binavugwa ko bagirana isano ryahafi n’Abatutsi n’ubwo ku ruhande rumwe bitemerwa, ariko ubarebeye kw’isura bagira abantu beza, ariko bagufi.

Ababembe bo batuye hafi muri za secteur zose zigize teritware ya Fizi, nk’iya Lulenge, Mutambala, Ngandja n’izindi. Banatuye kandi no muri teritware ya Mwenga, ndetse n’iya Uvira ndetse n’izindi, kuko ni benshi.

Tags: AbabembeAbabuyuAbapfuleroImirwanoLulengeMai Mai
Share31Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko utewe impungenge n’ibikorwa by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC)...

Read moreDetails

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, aravuga...

Read moreDetails

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO Umunyamerika James Swan yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, buzwi nka MONUSCO, asimbuye...

Read moreDetails

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo Amakuru aturuka mu gace ka Kimuka, kari muri Groupement ya Kabunambo, muri Teritwari ya...

Read moreDetails

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Igitero Kiyobowe na Omari Cyasubijwe Inyuma na MRDP–Twirwaneho mu Mirwano Ikaze ku Ndondo

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya...

Read moreDetails
Next Post
Umuvugizi wa Gen.Yakutumba yasabye ko imirwano ihagagarara hagati yabo n’andi moko, anagaragaza umwanzi bakwiye guhanga amaso

Umuvugizi wa Gen.Yakutumba yasabye ko imirwano ihagagarara hagati yabo n'andi moko, anagaragaza umwanzi bakwiye guhanga amaso

Comments 1

  1. Rugenerwa Bigangu Jackson says:
    4 months ago

    Mukomeze mwimvane imbaraga

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?