Imirwano yo gusubiranamo ya Wazalendo yongeye gufata indi ntera ku mugoroba wajoro.
Nyuma y’aho imirwano hagati y’amatsinda abiri ya Wazalendo yari yahagaze igihe c’isaha z’igicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 05/04/2025, mu masaha y’umugoroba wa joro yongeye kubura muri biriya bice n’ubundi byo muri Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, nk’uko amakuru abivuga.
Kuri uyu wa gatandatu mu gitondo ni bwo imirwano hagati y’amatsinda abiri ya Wazalendo yatangije urugamba rwo gusubiranamo.
Ni mu gihe uruhande ruyobowe na Makanaki n’urundi ruyobowe na Beta Bango uzwi cyane nka Rene, arizo zigikomeje guhangana, nk’uko amakuru MCN yatanze mbere abivuga.
Aya makuru akavuga ko izi mpande zombi zirigupfa ibyo abarwanyi bazo bari babugurije kuri Mulongwe ari naho zahereye zirwana.
Gusa, iyi mirwano yabaye kare bivugwa ko ziriya mpande zombi zaje kuyihagarika igihe c’isaha z’igicamunsi.
Bigeze ku mugoroba wajoro igihe c’isaha ya saa moya, nk’uko iyi nkuru ikomeza ibivuga yongera kubura, ariko ho ibera muri Quartier ya Gasenga no mu misozi iri hejuru yayo.
Amakuru akomeza avuga ko iri subiranamo hagati y’abarwanyi bayobowe na Makanaki n’abayobowe na Beta Bango, rimaze kugwamo babiri bo mu ruhande rwa Makanaki mu gihe abandi bane barikomerekeyemo.
Ndetse kandi bivugwa ko hari n’umuturage wo muri Quartier ya Mulongwe wafashwe n’amasasu, aramwica.
Iri subiranamo rya Wazalendo ryatumye abaturage bava mu byabo, aho bamwe bari guhunga berekeza i Bujumbura mu Burundi, naho abandi bakaja mu bice bitarimo intambara.
Iyi mirwano ntacyo igisirikare cya RDC kiri i Uvira kirayivugaho, gusa ikomeje gutuma umutekano wo muri iki gice cyimuriwemo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Epfo ku ruhande rwa Leta ukomeza kuzamba.
Ni mu gihe n’ubundi aha hari hamaze iminsi havugwa ubugizi bwa nabi bukorwa na Wazalendo, kuko abaturage babashinja kubasahura ibyabo, kandi bakagaragaza ko babinjirana mu mazu yabo igihe cy’ijoro.