Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Imisozi ihanamiye Kaziba yigaruriwe na M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 26, 2025
in Conflict & Security
0
Imisozi ihanamiye Kaziba yigaruriwe na M23.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imisozi ihanamiye Kaziba yigaruriwe na M23.

You might also like

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryahunze riva ku misozi ihanamiye i santire ya Kaziba rihungira muri iyi santire nyuma yo gukubitwa kubi n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23 barwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Ni amakuru Minembwe Capital News ikesha abaturiye utwo duce, aho bahamya ko ihuriro rya Wazalendo, ingabo z’u Burundi, iza FARDC ndetse na FDLR bahunze bava ku misozi ya Kaziba, nyuma yo gutsindwa na M23, maze uyu mutwe urayibohoza.

Iyi misozi amakuru ahamya ko yafashwe na M23, hari umusozi wa Mulambi, Mushyenyi n’indi iherereye aho.

Imirwano iremereye hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta muri ibyo bice, yatangiye ku gicamunsi cyo ku wa gatatu tariki ya 23/04/2025.

Binavugwa ko habaye ihangana rikomeye, kandi ko ryumvikaniyemo imbunda ziremereye n’izoroheje.

Umutangabuhamya yagaragaje ko abagize ihuriro ry’ingabo za Congo bahungaga bava ku misozi ihanamiye i santire ya Kaziba bagahungira muri iyi santire; bakaba barimo bagaragaza ko bahuriye n’akaga muri iryo hangana ryaberaga kuri iyo misozi, nubwo ntacyo abo muri iryo huriro babwiraga abaturage.

Yagize ati: “Turi kubona rya huriro ry’ingabo za Congo bari guhunga bagaruka hano muri centre ya Kaziba, ariko ninkaho bahuye n’akaga. Kabone niyo ntacyo botubwira ariko ihari yonyine irabigaragaza.”

Yongeyeho kandi ati: “Intambara yatangiye ejo bundi ku wa gatatu, kugeza n’ubu iracyarimo. M23 ikomeje kwigiza hino iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta. Bari kwegera cyane i santire ya Kaziba. Imisozi yose ihanamiye Kaziba yo yafashwe.”

Uyu mutanga buhamya yanavuze kandi ko muri centre ya Kaziba ko huzuye ihuriro ry’ingabo za Congo, ahanini abayuzuye n’abari kuyihungiramo bataye urugamba, usibye ko hari n’abandi babo batanze umusaada bavuye i Uvira n’ahandi mu bindi bice bikigenzurwa n’ingabo za Congo muri Kivu y’Amajyepfo.

Ifatwa ry’iriya misozi miremire ihanamiye i santire ya Kaziba, rije ryiyongera ku bindi bice uyu mutwe uheruka kubohoza byo muri iyi teritware ya Walungu.

Ibyo bice ni Luciga, Katope n’umusozi wa Nangando na Ngali.

Kugeza n’ubu imirwano hagati y’impande zombi irakomeje muri teritware ya Walungu.

Tags: ImisoziM23
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Havuzwe amakuru yateye icyikango abatuye i Kaziba.

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw'i Mulenge. Ihuriro ry'Ingabo zirwanirira ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, za zindutse zitera ibisasu...

Read moreDetails

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira. Umugabo uri mukigero cy'imyaka 25 y'amavuko, umwirondoro we utaramenyekana neza, basanze aho yiciwe mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo....

Read moreDetails

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y'ubwato. Amato abiri yakoze impanuka mu kiyaga cya Tumba mu ntara ya Equateur, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, hapfa abantu 32. Ni...

Read moreDetails

Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

Iby'uruzinduko rw'umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23. Umuyobozi wa MONUSCO muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yageze i Goma mu Burasirazuba bw'iki gihugu, hagenzurwa...

Read moreDetails

Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace.

Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace. Mu gituruge cya Gipupu ari na cyo kirimo i cyicyaro gikuru cya secteur ya Itombwe muri teritware...

Read moreDetails
Next Post

Gen.Muhoozi yagaragaje uwo ashigikiye hagati ya perezida Tshisekedi na Kabila.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?