Impunzi z’Abanye-Congo zikomeje gupfira mu Burundi, Loni iraburira Isi ku kibazo gikomeje kwirengagizwa
Nibura impunzi z’Abanye-Congo 53 zahungiye mu gihugu cy’u Burundi zimaze gupfa, nyuma yo guhunga imirwano ikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’uko byemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR).
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatanu tariki ya 08/01/2026, HCR yatangaje ko abantu 25 bapfuye bazize icyorezo cya kolera, mu gihe abandi batandatu bishwe n’ingaruka zo kubura amaraso n’imirire mibi. Izindi mpamvu z’urupfu rw’abandi ziracyakorerwa iperereza, Loni ikaba ikorana n’inzego z’u Burundi ndetse n’imiryango itanga ubutabazi kugira ngo haboneke amakuru yuzuye.
Kuva mu kwezi gishize umwaka wa 2025, abantu barenga ibihumbi 100 bamaze guhungira mu Burundi, nyuma y’uko imirwano hagati y’ingabo za Leta ya RDC na AFC/M23 ikajije umurego mu mujyi wa Uvira, uri hafi y’umupaka. Benshi muri abo bahunze bacumbikiwe mu nkambi z’agateganyo zihanganye n’ibibazo bikomeye by’ibura ry’ibiribwa, amazi meza n’ibikorwa remezo by’ibanze.
Loni ivuga ko abana n’abagore, barimo n’abatwite, ari bo bibasiwe cyane n’iki kibazo, aho hafi kimwe cya kabiri cy’impunzi ari abana bari munsi y’imyaka 18. Ubucucike bukabije mu nkambi bwatumye haduka ibyorezo bitandukanye birimo kolera, iseru na malariya, ibintu byongereye ibyago ku buzima bw’impunzi.
Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean Jacques Purusi, yatangaje ko uko ibintu bimeze ari “ubukene n’agahinda gakabije,” ashimangira ko iki kibazo cyirengagijwe n’umuryango mpuzamahanga ndetse n’itangazamakuru mpuzamahanga.
Ku ruhande rwayo, Guverinoma y’u Burundi yemeje ko umubare w’impunzi z’Abanye-Congo warenze ubushobozi bw’inkambi zari zateganyijwe, bigatuma kugaburira no kwita ku buzima bwazo bigorana cyane. Yanavuze kandi ko isuku nke ari yo yatumye icyorezo cya kolera cyiyongera.
Nubwo HCR yemeje urupfu rw’abantu 53, andi makuru arushijeho gutera impungenge. Umuryango wigenga CPCC watangaje ko impunzi 105 z’Abanye-Congo zapfiriye mu nkambi zo mu Burundi mu byumweru bibiri bishize, ahanini bazize inzara n’ibura ry’ubuvuzi.
Ku wa 05/01/2026, umuyobozi wa CPCC, Ahadi Bya Masu, yatangaje kuri Radio Okapi ko hari impunzi zagabweho ibitero n’abagizi ba nabi mu nkambi zo mu Burundi, bikaba byaratumye hari n’abandi bahasiga ubuzima.
Ibi byose bikomeje gushyira igitutu ku muryango mpuzamahanga, usabwa gutabara byihuse kugira ngo harengerwe ubuzima bw’impunzi no gukumira ko iki kibazo cyahinduka icyorezo gikomeye cy’ubutabazi mu karere.






