• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Imyaka 16 irashyize intwari Maj.Kagigi yishwe

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 11, 2025
in Conflict & Security
0
Imyaka 16 irashyize intwari Maj.Kagigi yishwe
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imyaka 16 irashyize intwari Maj.Kagigi yishwe

You might also like

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by’i Doha

Major Kagigi Musabwa, umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo uri mu ntwari zitazibagira muri iki gihugu, cyane ku Banyamulenge, imyaka 16 irashyize yishwe, nyuma yo kuraswa n’abantu bari bihambiriye ibintu mu maso.

Uyu musirikare yarashwe ku manywa yo ku itariki ya 11/10/2009 wari umunsi wo ku cyumweru, nyuma y’aho yerekeje i Bukavu avuye mu bice biherereye mu kibaya cya Rusizi ibyo yarasanzwe akoreramo.

Bivugwa ko yahamagawe na komanda region i Bukavu, aho icyo gihe iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo yari iyo bowe na Lt Gen Pacifique Masunzu.

Muri icyo gihe byanasobanuwe kandi ko yabwiwe ko ari nama yahamagariwe kubamo.

Ubwo yari hafi kugera mu mujyi wa Bukavu, dore ko yari yanyuze umuhanda wa Ngomo, hasigaye ibirometero bike yinjire muri Bukavu, imodoka yarimo iraraswa, ndetse ubwe arakomereka, anajanwa mu bitaro byaraho hafi, ariko abigejejwemo yitaba Imana, nk’uko byavuzwe icyo gihe.

Abamurashe, nk’uko aya makuru y’icyo gihe yabivugaga, bari bihambiriye ibitambaro mu maso. Hari n’andi makuru avuga ko yagambaniwe n’ubu buyobozi bwa FARDC bwari buyoboye iyo ntara icyo gihe.

Ariko kandi n’ubwo bari banihambiriye ibitambaro mu maso, bari bambaye impuzakano y’igisirikare cya RDC.

Major Kagigi Musabwa, yari umusirikare waruzwiho ubutwari k’u rugamba, kuko izo ya yoboye zose, yarazitsindaga.

Ni umusirikare bivugwa ko yakundaga kurasisha imbunda y’itwa Kibariga n’iya Mashin Gun.

Ni we wagaruye amahoro ku Ndondo ya Bijombo mu myaka ya 1999, na nyuma y’aho. Hari nyuma yo kuyirukanamo imitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai n’indi yayifashaga y’Abarundi n’iya FDLR.

Bamwe mu basirikare babanye na we, bamutangaho ubuhamya bakagera aho amarira abazenga mu maso.
Bakavuga ko yari azi komandema, kandi akanarwana, ndetse akanatahana iminyago.

Yatabaye henshi, kandi buri aho atabaye agatsinda umwanzi.

Kagigi azahora mu mitama y’Abanyamulenge. Intwari ntipfa irasinzira, umunsi utazwi azazukana n’abera.

Tags: Major Kagigi Musabwa
Share38Tweet24Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe Sio.Sebagabo Rwambara war'uzwi cyane ku izina rya Edinasi, yatabarukanye n'abandi i Lubumbashi mu cyahoze ari Katanga, kuri ubu...

Read moreDetails

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije Abarwanyi bashingikiwe na guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai n'indi iyishamikiyeho ihurikiye mu...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by’i Doha

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyakozwe na Kinshasa biganisha kuri balkanisation, soma inkuru irambuye

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by'i Doha Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo budashobora guhunga ibiganiro bibera...

Read moreDetails

Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

Igihugu cy'igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR Igihugu cy'igihangange ku isi ari cyo Leta Zunze ubumwe z'Amerika cyavuze ku cyemezo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Umwe mu mijyi ikigenzurwa n’igisirikare cya FARDC, abaturage baho bahaye ikaze AFC/M23/MRDP

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Umwe mu mijyi ikigenzurwa n’igisirikare cya FARDC, abaturage baho bahaye ikaze AFC/M23/MRDP

Umwe mu mijyi ikigenzurwa n'igisirikare cya FARDC, abaturage baho bahaye ikaze AFC/M23/MRDP Umujyi wa Kamituga uherereye muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ukaba umaze iminsi...

Read moreDetails
Next Post
Amatsinda abiri yo muri Wazalendo yumvanye iminsi muri Kivu y’Epfo benshi muri bo babigwamo

Amatsinda abiri yo muri Wazalendo yumvanye iminsi muri Kivu y'Epfo benshi muri bo babigwamo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?