Ingabo za RDC Zagabye Igitero i Mushaki, Abasivili Benshi Bahasiga Ubuzima
Imirwano ikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko ingabo za Leta (FARDC) zigabye igitero gikomeye mu gace ka Mushaki no mu nkengero zako mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 07/03/2026.
Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko iki gitero cyagabwe mu masaha ya kare y’igitondo, kigamije uduce dutuwe n’abaturage benshi muri teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Rivuga ko cyateje igihombo gikomeye mu baturage babasivili, harimo abahasize ubuzima ndetse n’imitungo myinshi yangiritse.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko iki gitero cyatangiye saa kumi n’imwe n’iminota 15 za mu gitondo (05:15), aho ingabo za Leta ya Kinshasa zarashe ibisasu byinshi mu buryo butarobanura, bikagwa mu duce dutuwe cyane.
Yagize ati: “Ingabo za Leta zarashe ibisasu byinshi mu buryo butarobanura ku baturage batuye i Mushaki no mu nkengero zaho. Ibi bitero byakorewe abaturage b’inzirakarengane, bigahitana benshi mu basivili ndetse bikanasenya amazu menshi.”
Agace ka Mushaki ni kamwe mu duce dufite akamaro kanini muri teritwari ya Masisi, kuko kari ku muhanda uhuza uduce twinshi two muri Kivu y’Amajyaruguru n’Umujyi wa Goma. Mushaki iherereye nko ku birometero 30 uvuye mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’iyi ntara.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa cumi nabiri 2023, ingabo za AFC/M23 zigaruriye aka gace nyuma yo kwirukana ingabo za Leta ya Congo, iz’u Burundi ndetse n’indi mitwe yari iyishyigikiye. Kuva icyo gihe, Mushaki yakomeje kuba igicumbi gikomeye cy’uyu mutwe, bituma iba imwe mu ntego z’ingenzi z’ibitero bya FARDC n’abo bafatanyije.
Bivugwa ko ufite Mushaki aba afite amahirwe menshi yo kugenzura imihanda igana i Masisi ndetse n’iyerekeza mu mujyi wa Goma, ari na yo mpamvu aka gace gakomeje kuberamo imirwano ikomeye mu bihe bitandukanye.
Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko kuri uyu munsi nyine mu gitondo, ingabo za Leta ya Congo zanagabye ikindi gitero gikomeye mu muhana wa Gakenke uherereye muri Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Yavuze ko iki gitero cyibasiye uduce dutuwe cyane, anashinja Leta ya Kinshasa kugerageza kugirira nabi abaturage b’Abanyamulenge batuye muri uwo muhana.
Ati: “Ibikorwa nk’ibi bigaragaza umugambi ugamije kwibasira abaturage b’Abanyamulenge batuye muri utu duce.”
Ibi bitero byaje bikurikira ikindi cyagabwe tariki ya 06/03/2026, aho ingabo za RDC zakoresheje indege zitagira abapilote (drones) mu gace ka Kibanda Mangobo muri teritwari ya Walungu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
AFC/M23 yatangaje ko icyo gitero cyahitanye abantu umunani, abandi 12 bagakomereka bikomeye.
Ihuriro rya AFC/M23 rivuga ko rikomeje gushishikariza impande zihanganye kubahiriza ubuzima bw’abaturage babasivili, rikemeza ko rizakomeza guharanira kubarinda mu gihe imirwano ikomeje.
Ku rundi ruhande, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu ikomeje kugaragaza impungenge zikomeye ku buzima bw’abaturage bo mu Burasirazuba bwa Congo, aho imirwano imaze imyaka myinshi ihitana ubuzima bw’abaturage benshi, igasiga abandi barenga miliyoni nyinshi baravuye mu byabo.
Iyi mirwano ikomeje kuba imwe mu ntambara zikomeye kandi ziri mu zateje ibibazo bikomeye ku mutekano w’akarere.






