• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Umuriro Ingabo z’u Burundi Zacaniye Abanyamulenge Birangiye Ari zo Ziwuguyemo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
March 7, 2026
in Conflict & Security
0
FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bashinjwa Kugaba Ibitero mu Mihana ituwe n’Abanyamulenge
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuriro Ingabo z’u Burundi Zacaniye Abanyamulenge Birangiye Ari zo Ziwuguyemo

You might also like

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aravuga ko ku wa Gatandatu tariki ya 07/03/2026 habaye imirwano ikomeye hagati y’impande zihanganye muri aka karere, nyuma y’ibitero byagabwe ku mihana ituwe n’Abanyamulenge.

Ibyo bitero byibasiye cyane cyane uduce twa Gakenge kwa Barabona no kwa Chef Rutaganda, aho amakuru avuga ko ingabo z’u Burundi zifatanyije n’iza FARDC (ingabo za Leta ya Congo), abarwanyi ba Wazalendo ndetse n’umutwe wa FDLR bagabye ibitero ku mihana ituwe cyane.

Nk’uko ubutumwa Minembwe Capital News yakiriye bubivuga, imirwano yatangiye mu rukerera rwo kuri uwo munsi, ahagana saa kumi n’imwe n’iminota cumi n’itanu za mu gitondo (05:15).

Ubutumwa Minembwe Capital News yahawe bugira buti:

“Kuri uyu wa Gatandatu mu gitondo cya kare saa 5:15 habaye imirwano ikomeye i Gakenge kwa Barabona no kwa Chef Rutaganda. Umwanzi yateye Abanyamulenge ariko yakubiswe bikomeye, arahunga kandi atakaza byinshi.”

Umwe mu barwanyi ba MRDP-Twirwaneho wavuganye n’itangazamakuru yavuze ko ku ruhande rw’ingabo zagabye ibitero habaye igihombo gikomeye, haba mu basirikare ndetse no mu bikoresho bya gisirikare.

Yagize ati:

“Ingabo z’u Burundi, FARDC, Wazalendo na FDLR zatakaje abasirikare benshi babarirwa muri mirongo. Twabambuye n’ibikoresho byinshi bya gisirikare birimo imbunda, amasasu n’ibindi bikoresho bya gisirikare.”

Nubwo aya makuru aturuka ku ruhande rumwe rwari mu mirwano, aragaragaza ko urugamba rwabaye rukomeye kandi rwamaze umwanya utari munini cyane, aho abari bagabye igitero basubijwe inyuma nyuma yo guhura n’ubwirinzi bukomeye bwa MRDP-Twirwaneho na M23.

Aka gace ka Mulenge, gaherereye mu misozi ya Fizi, Mwenga na Uvira, kamaze imyaka myinshi karimo umutekano muke uterwa n’imitwe myinshi yitwaje intwaro ikorana bya hafi na FARDC mu kurwanya Abanyamulenge, ndetse na MRDP-Twirwaneho na M23 babarwanirira.

Mu minsi ibiri ishize kandi, uruhande ruri ku butegetsi bwa Kinshasa rwagabye ibitero muri aka gace ka Gakenge, aho rwageragezaga gusubiza mu maboko ya Leta uduce tugenzurwa na MRDP-Twirwaneho na M23, ariko na bwo rusubizwa inyuma.

Si Gakenge gusa hagaragaye imirwano. Amakuru aturuka muri ako karere avuga ko mu minsi ishize habaye ibitero bikomeye no mu gace ka Mikenke, aho imirwano ikomeje guhindagura uko uduce tugenzurwa n’impande zihanganye.

Kuri ubu, amakuru avuga ko igice kimwe cya Mikenke kiri mu maboko y’ingabo za FARDC zifatanyije na Wazalendo, mu gihe igice kinini cy’ako gace kigengwa na MRDP-Twirwaneho ifatanyije na M23.

Abasesenguzi bavuga ko imirwano igikomeje kandi ishobora kurushaho gukaza umurego mu minsi iri imbere, cyane cyane kubera uruhare rw’ingabo z’ibihugu byo mu karere n’imitwe myinshi yitwaje intwaro ihakorera.

Ibi byose bikomeza gutuma ubuzima bw’abaturage bo muri ako gace burushaho kujya mu kaga, aho benshi bakomeje guhunga ingo zabo mu gihe imirwano ikomeza gukaza umurego mu misozi ya Kivu y’Amajyepfo.

Tags: GakenkeIgiteroMinembwe
Share44Tweet27Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y'Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Amakuru Minembwe Capital News yakusanyije aturutse...

Read moreDetails

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie...

Read moreDetails

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

"Ville Morte" i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe ibikorwa hafi ya byose...

Read moreDetails

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23 Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri...

Read moreDetails

Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

Kivu y'Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n'Ingendo Bigeze mu Marembera Mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails
Next Post
BREAKING NEWS: Ikigega Kinini cya Peteroli cya Tehran Cyafashwe n’Inkongi y’Umuriro

BREAKING NEWS: Ikigega Kinini cya Peteroli cya Tehran Cyafashwe n’Inkongi y’Umuriro

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco MRDP-TWIRWANEHO Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?