Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo z’u Burundi byemejwe ko zapfiriye gushira muri Kivu y’Amajy’epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 10, 2024
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi byemejwe ko zapfiriye gushira muri Kivu y’Amajy’epfo.
114
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi byemejwe ko zapfiriye gushira muri Kivu y’Amajy’epfo.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Impuguke z’umuryango w’Abibumbye zemeje bidashidikanywaho ko abasirikare b’u Burundi barenga 35 biciwe muri Kivu y’Amajy’epfo, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho baguye mu bitero bagabweho n’umutwe wa Red-Tabara.

Ni amakuru akubiye muri raporo impuguke za LONI zashyize hanze muri iki Cyumweru, igaragaza ko abasirikare b’u Burundi bapfiriye mu bitero bagabweho hagati ya tariki ya 25 ukwezi kwa Cyenda na 26 y’ukwezi kwa Cumi uyu mwaka.

Raporo ikomeza ivuga ko ibyo bitero byakozwe n’umutwe witwaje imbunda urwanya ubutegetsi bw’u Burundi wa Red-Tabara.

Si abapfuye gusa iyi raporo ivuga kuko inahamya ko ibyo bitero byakomerekeyemo ingabo z’u Burundi nyinshi, kandi ko no muri izo nkomere, inyinshi byarangiye zitabye Imana.

Ibyo bitangajwe mu gihe umuvugizi wa Red-Tabara, Patrick Nahimana, aheruka kwemeza ko abarwanyi be ko bakomeje kugaba ibitero ku ngabo z’u Burundi muri teritware ya Mwenga; ndetse asobanura ko impamvu z’ibyo bitero ari uko ingabo z’u Burundi zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR mu kubashotora.

Uyu muvugizi yakomeje avuga ko mu gitero abarwanyi be bagabye tariki ya 26/10/2024, bakigaba ahitwa Tabunde ahari ibirindiro by’ingabo z’u Burundi cyaguyemo ababarirwa kuri 45.

Nyuma y’ubwo kandi uyu mutwe wongeye kugaba ibindi bitero mu duce twa Tabunde na Rubwebwe nabyo bigwamo abandi basirikare b’u Burundi babarirwa mu mirongo.

Cyakoze umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi, Brig Gen Gaspard Baratuza, yaje kunyomoza ibyatangajwe n’umuvugizi w’uyu mutwe wa Red-Tabara, avuga ko uhora utangaza ibinyoma. Aboneraho no gusaba ko ibyatangajwe n’uwo mutwe biteshwa agaciro.

Yagize ati: “Nti muhe agaciro ibyatangajwe na Red-Tabara. Bahora batangaza ibinyoma.”

Ingabo z’u Burundi ziri muri Kivu y’Amajy’epfo, kuva mu kwezi kwa gatandatu umwaka w’ 2022. Iz’i ngabo zaje muri iki gihugu ku masezerano y’ibihugu byombi. Inshingano zabo nyamukuru ni ukurwanya imitwe y’itwaje imbunda irimo n’uwa Red-Tabara na FOREBU n’indi n’indi.

Tags: FDNBGupfira gushyiraKivu yamajy'Epfo
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Menya ibiri kuvugwa mu Bibogobogo.

Menya ibiri kuvugwa mu Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?