Ingabo z’u Burundi na FARDC Zahuye n’Uruva Gusenya mu Bice bya Lemera
Ku munsi w’ejo tariki ya 18/02/2026, habaye imirwano ikomeye mu bice bya Lemera muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo z’u Burundi n’iza FARDC Wazalendo hamwe na FDLR zahuriye n’uruva gusenya, nyuma yo gukubitwa bikomeye n’ihuriro rya Allience Fleuve Congo (AFC/M23/MRDP-Twirwaneho).
Amakuru yakuwe ku baturage n’abashoboye kugera hafi y’urugamba, agaragaza ko imirwano yaranzwe no guhangana bikomeye ku rugamba rurerure, rwinjira mu mirima, mu misozi, ndetse no mu nkengero zegereye Lemera na Mulenge.
Nk’uko amakuru abivuga, ingabo z’u Burundi n’iza FARDC Wazalendo hamwe na FDLR zarakubitswe ziratawanyikishwa, zikwira imishwaro, zinasubizwa inyuma bikomeye, ubundi kandi zitakaza abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare byinshi.
Kugeza ubu, ibyo bice biracyagenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23/MRDP-Twirwaneho.





