Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo z’u Burundi zakozanyijeho n’iza FARDC mu Minkenke.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 10, 2025
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zakozanyijeho n’iza FARDC mu Minkenke.
140
SHARES
3.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi zakozanyijeho n’iza FARDC mu Minkenke.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Amakuru ava mu Mikenke muri Secteur ya Itombwe, teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, avuga ko ingabo z’u Burundi zarwanye n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y’uko iz’u Burundi zanze gutabara iza RDC mu gitero zagabye mu muhana wa Kalingi utuwe n’Abanyamulenge.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere nibwo FARDC, FDLR na Wazalendo bagabye igitero gikaze mu Kalingi. Aka gace gaherereye mu ntera y’ibirometero nka 4 uvuye muri centre ya Minembwe.

Nyuma, Twirwaneho yaje kwirwanaho nk’uko iyi nkuru Minembwe.com iyikesha abaturiye ako gace, maze ikubita inshuro iri huriro rirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa.

Byatumye iri huriro rigizwe n’ingabo za FARDC, FDLR na Wazalendo rihunga kubi, ubwo ryahungaga ryageze mu Mikenke hafi n’ahari ikambi y’igisikare cy’u Burundi, maze rihita ryerekeza imitutu y’imbunda muri iyi kambi, abandi nabo barabasubiza.
Bivugwa ko uku gukozanyaho kwatwaye akanya kangana n’iminota 10.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko muri iryo rasana ryabaye hagati y’igisikare cy’u Burundi n’icya FARDC, aho yarifatikanyije na Wazalendo ndetse na FDLR, ryaguyemo umusirikare wo muri uru ruhande rwa Congo(FARDC), ufite ipeti rya Major n’abandi.

Sibyo gusa, kuko ryanakomerekeyemo n’abandi benshi bo muri uru ruhande rwa Leta ya Kinshasa.

Ni mu gihe no muri kiriya gitero FARDC n’abambari bayo bagabye ku Banyamulenge, cyaguyemo undi musirikare wa FARDC ufite ipeti rya Captain, aho yapfanye n’abasirikare babarirwa mu icumi, abandi imirongo bagikomerekeramo.

Kurundi ruhande, ingabo z’u Burundi zasubije Abanyamulenge Inka zabo FARDC yari yanyagiye mu Mikenke hafi n’ikambi y’abahunze intambara.

Hagataho, umutekano wo muri ibyo bice ukomeje kuzamba, kuko impande zihanganye, Twirwaneho n’ingabo za RDC, buri rumwe ruri hafi y’urundi.
Ndetse bivugwa ko uru ruhande rwa Leta rwahamagaje abandi basirikare barwo bakorera mu bindi bice kurutabara.

Tags: FardcIngabo zu BurundiMikenke
Share56Tweet35Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Agezweho y’urugamba rukomeye hagati ya M23 n’ingabo za Congo muri Kivu y’Amajyaruguru.

M23 yavuze icyihutirwa igiye gukora i Bukavu muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?