• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi Zakubitiwe i Mulenge, Twirwaneho Yigarurira Ibirindiro by’Ingenzi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 18, 2026
in Conflict & Security
0
Ingabo z’u Burundi Zakubitiwe i Mulenge, Twirwaneho Yigarurira Ibirindiro by’Ingenzi
74
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi Zakubitiwe i Mulenge, Twirwaneho Yigarurira Ibirindiro by’Ingenzi

You might also like

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Ingabo z’u Burundi zakomeje guhura n’ibibazo bikomeye mu mirwano yabereye mu nkengero za Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho zagiye zihangana n’umutwe wa Twirwaneho.

Amasoko ya Minembwe Capital News akorera muri teritwari ya Fizi, ari na ho imirwano yibasiye cyane, atangaza ko iyo mirwano yatangiye ku wa Kane tariki ya 15/01/2026, ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo. Uwo munsi waranzwe n’urusaku rukomeye rw’imbunda ziremereye n’izoroheje, rwumvikaniye cyane ku musozi wari usanzwe uriho ibirindiro by’ingabo z’u Burundi, mu nkengero za Minembwe werekeza ahazwi nka Point Zéro.

Nk’uko ayo masoko abivuga, mu ma saa mbili z’igitondo imirwano yari imaze kugera mu marembo ya Point Zero imbere ya Rwitsankuku, mbere y’uko ifata indi ntera ikomeye, ubwo ingabo za FARDC zifatanyije n’iz’u Burundi zatabazaga drone z’intambara mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa byazo bya gisirikare.

Gusa, mu ma saa yine z’igitondo, amakuru yemeza ko abarwanyi ba Twirwaneho bashoboye gusubiza inyuma ingabo z’u Burundi, iza FARDC ndetse n’imitwe ya Wazalendo, maze bahita bigarurira imisozi ikikije Point Zéro. Iyi misozi ifite akamaro kanini mu bya gisirikare, kuko iri ahantu hahanamye cyane ku buryo uyihagazeho ashobora kureba umujyi wa Minembwe n’ibindi bice byinshi by’imisozi miremire y’i Mulenge.

Nyuma yo gutsindwa, amakuru avuga ko ingabo z’u Burundi zahise zihungira mu ishyamba rya Point Zéro, mu gihe Twirwaneho yakomezaga kwagura ibice yari imaze kwigarurira.

Nubwo mu ma saa tanu z’igitondo imirwano yari yabaye nk’icogora, amasasu yongeye kumvikana mu ma saa kumi z’umugoroba, bigaragaza ko imirwano yari ikomeje gufata indi ntera.

Amakuru akomeza avuga ko Twirwaneho yashoboye kurasa imwe muri drone ebyiri zari ziri gukoreshwa mu bikorwa byo kuyirwanya uwo munsi. Ibi byafashwe nk’intsinzi ikomeye kuri uwo mutwe, mu gihe byagaragaje igihombo gikomeye ku ruhande rw’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zari zazitabaje.

Amasoko atandukanye yizewe avuga ko ku wa gatanu tariki ya 16/01/2026 ingabo z’u Burundi zambuwe ibirindiro bitanu by’ingenzi, harimo na Point Zéro, ahantu hafatwa nk’ingenzi cyane mu rwego rwa gisirikare muri Teritwari ya Fizi. Abazi neza ako karere bemeza ko kwigarurira Point Zéro byaha Twirwaneho na M23 basanzwe bafatanya mu rugamba—amahirwe afunguye yo kwerekeza mu Bibogobogo nomu mujyi wa Baraka, uwa gatatu munini mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Iyi mirwano ikomeje gushyira aka karere mu mwuka w’ubwoba n’umutekano muke, mu gihe abaturage bakomeje kwibaza aho iyi ntambara izageza n’ingaruka ishobora kugira ku mibereho yabo ya buri munsi.

Tags: Ingabo z'u BurundiMinembwePoint ZeroTwirwaneho
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko utewe impungenge n’ibikorwa by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC)...

Read moreDetails

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, aravuga...

Read moreDetails

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO Umunyamerika James Swan yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, buzwi nka MONUSCO, asimbuye...

Read moreDetails

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo Amakuru aturuka mu gace ka Kimuka, kari muri Groupement ya Kabunambo, muri Teritwari ya...

Read moreDetails

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Igitero Kiyobowe na Omari Cyasubijwe Inyuma na MRDP–Twirwaneho mu Mirwano Ikaze ku Ndondo

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya...

Read moreDetails
Next Post
Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

Leta ya RDC Yakomeje Guha FDLR Intwaro n’Amasasu

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?