• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi zari mu Bibogobogo zahambiriye.

minebwenews by minebwenews
June 25, 2025
in Conflict & Security
0
Abasirikare b’u Burundi bongeye guhemukira Abanyamulenge bari baherekeje.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi zari mu Bibogobogo zahambiriye.

You might also like

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

Abasirikare b’u Burundi bari bagize igihe mu Bibogobogo ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo zahavuye zerekeza umuhanda ugana i Baraka.

Ni amakuru MCN dukesha abaturiye iki gice cya Bibogobogo, aho batubwiye ko n’ubu “umuniginigi wabo” basirikare uri kuvuga bamanuka i Baraka.

Nk’uko babivuga bagize bati: “Ubu tuvugana ni saa kumi n’imwe n’iminota 28 z’igitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2025; baba-soda bo mu ngabo z’u Burundi bari aha mu Bibogobogo barazinguye.”

Bongeye ati: “Bikoreye imizigo myinshi yabo, kandi bagiye ku bwinshi bamanutse i Baraka. Ntituramenya niba ari bose bagiye, kuko ntiburacya neza.”

Mu cyumweru gishize ahagana mu ntangiriro zacyo, ingabo z’u Burundi zavuye i Baraka zirazamuka mu Bibogobogo, ariko byaje kuvugwa ko zahageze zihita zitambuka zija kugaba ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge mu Minembwe.

Ndetse nyuma y’umunsi umwe gusa zivuzwe ko zagiye mu Minembwe, ni bwo ibitero byagabwe muri Mukoko no mu bindi bice biri mu nkengero za centre ya Minembwe nka Nyaruhinga n’ahandi.

Ibi bitero byagabwaga muri ibyo bice biturutse kwa Mulima, bikaba byarimo ingabo z’u Burundi, FDLR, FARDC na Wazalendo.

Ariko iminsi ibiri byamaze bigabwa muri ibyo bice, Twirwaneho na M23 byagiye bibisubiza inyuma.

Aya makuru akomeza avuga ko izo ngabo z’u Burundi zagabaga ibitero mu Minembwe zasubiye mu Bibogobogo, kuri ubu n’izo ziri kumanuka i Baraka, aho zamanukanye n’izindi zabo zari zisanzwe aha mu Bibogobogo.

Mu busanzwe aha mu Bibogobogo izi ngabo z’u Burundi zihasanganywe amakambi yazo abiri, imwe yabaga mu irango rya Ugeafi, indi ikaba mu Bipimo, mu gihe iy’ingabo za FARDC yo ihora ahitwa ku Musaraba.

Nubwo bitazwi zigiye i Baraka, ariko amakuru agaragaza ko zanyuze umuhanda wose ugana i Baraka.

Ati: “Iyo berekeje n’i Baraka, kuko bakomereje mu muhanda uja i Baraka uva hano mu Bibogobogo.”

Tags: BarakaBibogobogoIngabo zu Burundi
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe Amakuru aturuka i Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko havukiye...

Read moreDetails

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n'uwahoze ayoboye iki gihugu Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18, yahurije i Nairobi muri Kenya...

Read moreDetails

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa M23 byemaze gushyira umukono ku masezerano yerekeranye n'ishyirwa mu bikorwa ry'ihagarikwa...

Read moreDetails

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe Amakuru ava mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko nyuma y'aho Colonel Rubaba Ntagawa ahamagajwe...

Read moreDetails

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya Colonel Rubaba Ntagawa, umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo ukuriye ibatayo ifite ibirindiro mu Bibogobogo muri teritware ya...

Read moreDetails
Next Post
Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?