• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, December 2, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

minebwenews by minebwenews
May 1, 2025
in Conflict & Security
0
Ingabo z’u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

You might also like

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi muri Kivu y’Amajyepfo, Umujyi wa Uvira mu bwoba bwinshi

FARDC Irashinja AFC/M23 n’u Rwanda Gukora Ibitero Bikaze muri Kivu y’Amajyepfo, Ariko Abaturage Bemeza Ibinyuranye

Ingabo z’u Burundi Zirashinjwa Kwica no Gusenya Amazu y’Abaturage mu Bice Bituwe bya Kivu y’Amajyepfo

Amakuru agera kuri Minembwe Capital News avuga ko k’u mogoroba w’ahar’ejo ku wa gatatu tariki ya 30/04/2025, igitero cy’ingabo z’u Burundi zisanzwe zifatanya n’iza Congo kurwanya umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho muri Kivu y’Amajyepfo zerekeje mu Minembwe kuhagaba igitero.

Minembwe ni ikomine, iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ahanini ikaba ituwe cyane n’Abanyamulenge.

Minembwe Capital News yamenye ko hari igitero cyagiye kuhatera, giturutse mu Bibogobogo, kandi ko kigizwe n’abasirikare barenga ijana bo mu ngabo z’u Burundi.

Umutangabuhamya wahezaga Minembwe Capital News aya makuru yanavuze ko ku mugoroba w’ahar’ejo iki gitero cyageze kwa Mulima ndetse ko ari naho cyaraye.

Yagize ati: “Ubu nkwandikira igitero cy’abasirikare b’u Burundi bagera ku 104 cyazamutse mu Minembwe kuhatera. Giturutse mu Bibogobogo. Ku mugoroba cyageze kwa Mulima ni naho kiraye.”

Agace ko kwa Mulima gaherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe.

Komine ya Minembwe, Twirwaneho yayifashe tariki ya 21/02/2025, nyuma yo kuyirukanamo ingabo z’u Burundi n’iza Congo.

Ingabo z’u Burundi zimaze igihe kirekire zihangana n’ umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 mu misozi y’i Mulenge, kuko n’ejobundi ku wa kabiri zagabye igitero kuri iyi mitwe ibiri mu Rugezi mu majy’epfo ashyira uburengerazuba bwa Minembwe.

Ni mu gihe kandi no mu cyumweru gishize, habaye ihangana rikomeye hagati y’izi mpande zombi, ndetse amakuru akavuga ko muri iryo hangana ryaguyemo abasirikare b’u Burundi benshi, harimo n’abafashwe matekwa.

Si mu Rugezi gusa, Twirwaneho na M23 byagiye bihanganira n’izi ngabo z’u Burundi zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa, kuko no mu Mikenke baraharwaniye mu bihe bitandukanye.

Kugeza n’ubu izi ngabo z’u Burundi ziracyafite n’ibirindiro mu duce dutandukanye two mu nkengero za Mikenke, nk’ahitwa mu Rwitsankuku, Nyamara, Gipupu no mu Bijombo.

Ni nyuma y’aho uyu mutwe wa Twirwaneho uzirukanye mu Mikenke tariki ya 22/02/2025 ukahafata.

Ku rundi ruhande, izi ngabo z’u Burundi mbere yuko zihaguruka ziva mu Bibogobogo zerekeza kugaba igitero mu Minembwe, zabanje kwakira ababo basirikare baje kubasimbura muri Bibogobogo, bakaba nabo baturutse i Baraka.

Hari n’andi makuru avuga ko abasirikare bari aha mu Bibogobogo baba ab’u Burundi n’aba FARDC ko isaha iyari yo yose bashobora gutanga umusaada mu Minembwe.

Bisanzwe bizwi ko Ingabo z’u Burundi ziri mu Burasizuba bwa Congo zikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR urwanya ubutegetsi bw’i Kigali n’uwa Wazalendo, ndetse n’ingabo za Congo.

Igitangaje, iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo, rinafatikanya no kunyaga Inka z’Abanyamulenge, no kubagabaho ibitero. Usibye nibyo ibitero by’iri huriro rinasahura mu mazu y’Abanyamulenge, ubundi kandi rikicya aba Banyamulenge ribaziza ubwoko bwabo Abatutsi.

Tags: IgiteroIngabo z'u BurundiMinembwe
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi muri Kivu y’Amajyepfo, Umujyi wa Uvira mu bwoba bwinshi

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi muri Kivu y’Amajyepfo, Umujyi wa Uvira mu bwoba bwinshi

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi muri Kivu y’Amajyepfo, Umujyi wa Uvira mu bwoba bwinshi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rikomeje kwagura ibice rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

FARDC Irashinja AFC/M23 n’u Rwanda Gukora Ibitero Bikaze muri Kivu y’Amajyepfo, Ariko Abaturage Bemeza Ibinyuranye

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
FARDC Irashinja AFC/M23 n’u Rwanda Gukora Ibitero Bikaze muri Kivu y’Amajyepfo, Ariko Abaturage Bemeza Ibinyuranye

FARDC Irashinja AFC/M23 n’u Rwanda Gukora Ibitero Bikaze muri Kivu y’Amajyepfo, Ariko Abaturage Bemeza Ibinyuranye Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zasohoye itangazo kuri uyu wa...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi Zirashinjwa Kwica no Gusenya Amazu y’Abaturage mu Bice Bituwe bya Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
FARDC Yatwitse Ibirindiro bya Makanaki mu Misozi ya Uvira”

Ingabo z’u Burundi Zirashinjwa Kwica no Gusenya Amazu y'Abaturage mu Bice Bituwe bya Kivu y’Amajyepfo Umuvugizi w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ingabo z’u...

Read moreDetails

AFC/M23 Yemeza Ibitero Bikaze mu Bice Bituwe mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
AFC/M23 Yemeza Ibitero Bikaze mu Bice Bituwe mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Yemeza Ibitero Bikaze mu Bice Bituwe mu Burasirazuba bwa RDC Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko kuva...

Read moreDetails

Imirwano Ikaze Yongeye Kubura mu Misozi ya Kaziba: AFC/M23 Irasunika kubi FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
Amasasu yavugiye mu isoko rya Rubanga yateje igihombo gikomeye ku bacuruzi

Imirwano Ikaze Yongeye Kubura mu Misozi ya Kaziba: AFC/M23 Irasunika kubi FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo Mu misozi ya Kaziba, muri teritwari ya Walungu mu Ntara...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yongeye kuvuga amagambo ashotora u Rwanda.

Perezida w'u Burundi yongeye kuvuga amagambo ashotora u Rwanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?