Inka z’Abanyamulenge zanyagiwe aho zari ziri mu Biraro.
Inka z’Abanyamulenge zibarirwa muri 400 zanyazwe n’abarwanyi bo mu bwoko bw’Abapfulero i Kalemi, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri, ejo hashize tariki ya 18/02/2025, ni bwo izi nka zanyazwe.
Zinyagirwa aho zari ziragiriwe mu Biraro biri ahitwa Cyoko kuri kirometero 125 uvuye mu mujyi wa Kalemi mu Ntara ya Tanganyika.
Mbere y’uko ziriya nka zinyagwa, abarwanyi bo mu bwoko bw’Abatwa bagabye igitero muri kiriya kiraro kiri i Cyoko, mu ijoro ryo ku Cyumweru, ariko icyo gitero ntabyo cyangije, usibye ko abungeri bari bapoteye baza kongera kuboneka. Ndetse n’inka basanga ntacyo zabaye kandi zihari zose.
Nyuma, nk’uko umwe mu bungeri b’izi nka yabibwiye ubwanditsi bwa Minembwe.com yagaragaje ko iki gitero cya kabiri ko ari cyo cyanyaze Inka.
Yagize ati: “Inka zanyagiwe ahitwa i Cyoko kuri 125 uvuye i Kalemi. Hagiye ibibuga bitatu. Zanyazwe n’Abapfulero.”
Yakomeje agira ati: “Zinyazwe nyuma y’umunsi umwe gusa, Abatwa batugabyeho igitero. Ariko icyabo nta nka cyanyaze.”
Abanyamulenge benshi bo mu misozi miremire y’Imulenge muri za teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira, bahungishyirije Inka zabo i Kalemi nyuma yuko Maï-Maï kubufasha bw’ingabo za Congo(FARDC) zatangiraga kubagabaho ibitero hagati mu mwaka w’ 2017,2018 na 2019. Byari ibitero byari bigamije kubarimbura no kubangaza.
Ibyo bitero byasize bihitanye Abanyamulenge benshi abandi nabo batari bake bahungira mu bindi bihugu birimo u Rwanda, Kanya, u Burundi na Uganda, imihana yabo ibarirwa mu magana irasenyuka, mu gihe inka zo zibarirwa mu bihumbi amagana ziranyagwa.
Icyo gihe abenshi bazihungishirije i Kalemi, ariko naho abanzi babo bakomeje kuzinyaga mu bitero babagabaho. Ndetse kandi hamaze kugwa abatari bake, aho bicwa n’abarwanyi b’Abatwa n’Abapfulero. Muri ibyo byose ntacyo leta ya Kinshasa irafasha Abanyamukenge banyagwa ibyabo.