Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Inka z’Abanyamulenge zanyagiwe aho zari ziragiriwe mu Biraro.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 19, 2025
in Regional Politics
0
Inka z’Abanyamulenge zanyagiwe aho zari ziragiriwe mu Biraro.
140
SHARES
3.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Inka z’Abanyamulenge zanyagiwe aho zari ziri mu Biraro.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Inka z’Abanyamulenge zibarirwa muri 400 zanyazwe n’abarwanyi bo mu bwoko bw’Abapfulero i Kalemi, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri, ejo hashize tariki ya 18/02/2025, ni bwo izi nka zanyazwe.

Zinyagirwa aho zari ziragiriwe mu Biraro biri ahitwa Cyoko kuri kirometero 125 uvuye mu mujyi wa Kalemi mu Ntara ya Tanganyika.

Mbere y’uko ziriya nka zinyagwa, abarwanyi bo mu bwoko bw’Abatwa bagabye igitero muri kiriya kiraro kiri i Cyoko, mu ijoro ryo ku Cyumweru, ariko icyo gitero ntabyo cyangije, usibye ko abungeri bari bapoteye baza kongera kuboneka. Ndetse n’inka basanga ntacyo zabaye kandi zihari zose.

Nyuma, nk’uko umwe mu bungeri b’izi nka yabibwiye ubwanditsi bwa Minembwe.com yagaragaje ko iki gitero cya kabiri ko ari cyo cyanyaze Inka.

Yagize ati: “Inka zanyagiwe ahitwa i Cyoko kuri 125 uvuye i Kalemi. Hagiye ibibuga bitatu. Zanyazwe n’Abapfulero.”

Yakomeje agira ati: “Zinyazwe nyuma y’umunsi umwe gusa, Abatwa batugabyeho igitero. Ariko icyabo nta nka cyanyaze.”

Abanyamulenge benshi bo mu misozi miremire y’Imulenge muri za teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira, bahungishyirije Inka zabo i Kalemi nyuma yuko Maï-Maï kubufasha bw’ingabo za Congo(FARDC) zatangiraga kubagabaho ibitero hagati mu mwaka w’ 2017,2018 na 2019. Byari ibitero byari bigamije kubarimbura no kubangaza.

Ibyo bitero byasize bihitanye Abanyamulenge benshi abandi nabo batari bake bahungira mu bindi bihugu birimo u Rwanda, Kanya, u Burundi na Uganda, imihana yabo ibarirwa mu magana irasenyuka, mu gihe inka zo zibarirwa mu bihumbi amagana ziranyagwa.

Icyo gihe abenshi bazihungishirije i Kalemi, ariko naho abanzi babo bakomeje kuzinyaga mu bitero babagabaho. Ndetse kandi hamaze kugwa abatari bake, aho bicwa n’abarwanyi b’Abatwa n’Abapfulero. Muri ibyo byose ntacyo leta ya Kinshasa irafasha Abanyamukenge banyagwa ibyabo.

Tags: Inka z'AbanyamulengeKalemizanyazwe
Share56Tweet35Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Drones za FARDC zateye ibisasu mu mihana y’Abanyamulenge.

Drones za FARDC zateye ibisasu mu mihana y'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?