• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.

minebwenews by minebwenews
March 19, 2025
in Regional Politics
0
Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.
98
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda, perezida Paul Kagame bahuriye i Doha muri Qatar baganira ku bibazo by’intambara birimo bibera mu Burasizuba bwa Congo no kubishiraho iherezo ryanyuma.

Ni amakuru perezidansi ya Qatar yashize hanze, aho yatangaje ko yahuje aba bakuru b’ibihugu byombi mu rwego rwo kugira ngo bashakire umuti urambye ikibazo cy’intambara iri mu Burasizuba bwa Congo.

Yanditse igira iti: “Perezida Emir Sheikh Termin Bin Hamad Al Than wa Qatar yahuje perezida Felix Tshisekedi wa Congo na perezida Paul Kagame w’u Rwanda baganira ku kibazo cy’intambara iri kubera mu Burasizuba bwa Congo.”

Iyi perezidansi yashimangiye ibi ivuga ko aba bakuru b’ibihugu bombi bemeye guhagarika intambara ako kanya ngo kandi bidasubirwaho bagamije kugera ku mahoro arambye.

Yagize iti: “Abakuru b’ibihugu bashimangiye ubushake bw’impande zirebwa zoguhagarika intambara nta yandi mananiza nk’uko byemeranyijwe mu nama ziheruka.”

Iyi perezidansi kandi yatangaje ko ibiganiro byatangijwe na Doha bigamije gushyiraho umusingi ufatika ugamije gushaka amahoro n’ituze bigendanye n’ibiganiro bya Luanda na Nairobi bizakomeza.

Nyuma, perezida w’u Rwanda n’uwa RDC bashimiye Emir wa Qatar ku biganiro byiza byafashije mu kubaka icyizere mu rugendo rugamije gushakira amahoro Repubulika ya demokarasi ya Congo n’akarere kose muri rusange.

Ibi bibaye mu gihe perezida Felix Tshisekedi yari yararahiye ko ntaho azongera guhurira na perezida Paul Kagame w’u Rwanda, ngo nkaba mu ijuru.

Leta ya Congo, u Rwanda ruyishinja gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ibyo Congo ihakana hubwo ikagaragaza ko u Rwanda ari rwo rutera inkunga umutwe wa m23, ibyo narwo rutera utwatsi hubwo rukavuga ko ntaho ruhuriye n’intambara iri muri icyo gihugu.

Ubundi kandi u Rwanda rugaragaza ko intambara itazaba umuti w’ibibazo kurusha inzira ya politiki no kuyoboka ibiganiro no kubahiriza inzira zashyizweho zo gukemura aya makimbirane zirimo iya Luanda na Nairobi.

Tags: Guhagarika intambaraMu Burasizuba bwa CongoPaul KagameQatarTshisekedi
Share39Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
M23 yagiranye ikiganiro kidasanzwe n’intumwa ya LONI.

M23 yagiranye ikiganiro kidasanzwe n'intumwa ya LONI.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?