Intambwe Ikomeye y’u Burundi mu Buyobozi bw’Umugabane wa Afrika
Évariste Ndayishimiye, Perezida wa Repubulika y’u Burundi, ari mu myiteguro ya nyuma yo gufata inshingano zo kuyobora Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (African Union – AU), mu Nama ya 39 isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma iteganyijwe kuba tariki ya 14 na 15/02/2026 i Addis-Abeba, umurwa mukuru wa Ethiopia.
Uyu muyobozi azasimbura João Lourenço, Perezida wa Angola, wari umaze umwaka umwe ayobora Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma b’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika. Nk’uko biteganywa n’amategeko agenga AU, Perezida Ndayishimiye azamara umwaka umwe muri izi nshingano, aho azaba ari we uhuza kandi ayobora ibiganiro n’imyanzuro ikomeye igena icyerekezo cy’umugabane wa Afurika.
Kwegukana ubu buyobozi ku rwego rw’umugabane ni intambwe ikomeye ku Burundi, igaragaza icyizere cy’ibindi bihugu bya Afurika ku ruhare bwagiye bugira mu biganiro by’amahoro, umutekano n’ubufatanye bw’akarere mu myaka ishize. U Burundi bumaze igihe bwiyemeje kongera kwigarurira icyizere ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko muri Afurika, binyuze mu kwitabira inama.
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika washinzwe mu 2002 usimbuye Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA), ufite intego zo kwimakaza ubumwe n’ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika, kurengera ubusugire bwabyo, no guharanira iterambere rirambye n’amahoro. Ubuyobozi bw’uyu muryango buhinduranya hagati y’abakuru b’ibihugu, hagamijwe gutanga amahirwe angana no kugaragaza uburinganire mu bihugu bigize uyu mugabane.
Mu myaka ishize, AU yagiye ihura n’imbogamizi zikomeye zirimo amakimbirane ya politiki n’intambara mu bice bitandukanye by’Afurika, ihindagurika ry’ubukungu, ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere, ndetse n’ibibazo by’umutekano. Ibi byose bizaba bimwe mu bizashyirwa imbere mu biganiro bya Perezida Ndayishimiye mu gihe azaba ayoboye iyi nama y’ikirenga ya AU.
Abasesenguzi ba politiki mpuzamahanga bagaragaza ko ubuyobozi bwa Perezida Ndayishimiye buzaba ari amahirwe yo gukomeza gushimangira ijwi rya Afurika ku rwego rw’isi, by’umwihariko mu biganiro byerekeye amahoro, umutekano, iterambere n’imikoranire n’indi migabane. Nanone, bizaba ari umwanya wo kongera kugaragaza uruhare rw’ibihugu bito n’ibiciriritse mu gufata imyanzuro ikomeye igira ingaruka ku mugabane wose.
Muri make, kwitegura kwa Évariste Ndayishimiye gufata ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika ni ikimenyetso cy’icyizere n’inshingano zikomeye, bikaba bitegerejwe ko uyu mwaka umwe azamara ayoboye AU uzasiga u Burundi n’Afurika muri rusange byateye indi ntambwe mu nzira y’ubumwe, amahoro n’iterambere rirambye, mu gihe yakwitwara neza ku ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.





