• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Iran yagabye igitero gikaze i Tel Aviv.

minebwenews by minebwenews
June 18, 2025
in World News
0
Iran yagabye igitero gikaze i Tel Aviv.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iran yagabye igitero gikaze i Tel Aviv.

You might also like

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

Madagascar iraramutswa perezida mushya

Abari baje gusezera kuri Raila Odinga barashweho bamwe bahasiga ubuzima

Igisirikare cya Iran cyateye ibisasu ahantu hatandukanye mu mujyi wa Tel Aviv wo muri Israel no mu bice by’i Golan, ariko Israel na yo yakomeje kurasa i Tehran muri Iran.

Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatatu tariki ya 18/06/2025, ibitero bigira umunsi wa gatandatu hagati y’ibihugu byombi bihanganye byakomeje.

Iran yaje gutahura ahantu Israel ikorera za drones zikozwe n’intasi za Mossad, ihita irasa indege nini ya drone ya Israel yo mu bwoko bwa Hermes type UAV ikoreshwa mu kugaba ibitero. Iyi ndege ni imwe mu zigezweho zikorwa na Israel, ifite agaciro kabarirwa hagati ya miliyoni 18$ na miliyoni 30$.

Israel na yo itera ibisasu kuri kaminuza yitwa Imam Hussein i Tehran. Iran ihita yihorera irasa ishuri ryo muri Israel rya Weizmann institute.

Andi makuru akomeye kuri iyi ntambara ni amagambo yatangajwe na perezida Donald Trump, mbere yari yasabye Iran kumanika amaboko nta yandi mananiza, anavuga ko bagenzura ikirere cya Iran, ndetse ko Iran idafite ibikoresho bikomeye nk’ibya Amerika. Trump yongeye gutangaza ko amahirwe yo kwifata ngo Amerika ntijye gufasha Israel agenda agabanuka.

Nyamara ku rundi ruhande, aba Houthi bo muri Yemen bavuze ko Amerika niyinjira mu ntambara bazarasa ku bikorwa remezo byayo.

Ndetse kandi Iran ishobora gutangira kurasa ku ngabo za Amerika aho zifite ibirindiro, nk’uko iheruka kubitangaza.

Indege za Amerika zitwara petrol ziri kwerekeza mu karere k’u Burasizuba bwo hagati zivuye i Burayi. Amakuru aravuga ko ingabo za Amerika ziba mu bihugu bitandukanye bituranye na Iran ziryamiye amajanja.

Mu bitero Iran yagabye kuri Israel, ntiharamenyekana abo byahitanye ariko imbugankoranyambaga zikorera mu kwaha k’u butegetsi bwa Iran zagaragaje amashusho atandukanye y’i Tel Aviv harimo gushya.

Byari binabaye n’ubwa mbere Iran itangaza ko yakoresheje misile yayo yihuta yo mu bwoko bwa Fatth-1.

Ni mu gihe Iran imaze kurasa misile 400 kuri Israel, izigera kuri 40 zaguye ku butaka izindi Israel yarazishywanuaguje. Abantu 24 bamaze gupfa, abagera kuri 800 barakomereka.

Naho muri Iran hamaze gupfa abantu 450 harimo abasirikare bakuru b’iki gihugu.

Tags: DroneIgiteroIranIsrael
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se General Kainarugaba Muhoozi, umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba kandi n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, yaburiye abakwiza ibihuha...

Read moreDetails

Madagascar iraramutswa perezida mushya

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Madagascar iraramutswa perezida mushya

Madagascar iraramutswa perezida mushya Colonel Michael Randrianinina ni we wagizwe umukuru w'igihugu cya Madagascar, nyuma y'aho habaye imyigaragambyo igasiga perezida w'iki gihugu Andry Rajoelina agihunze. Ku munsi w'ejo...

Read moreDetails

Abari baje gusezera kuri Raila Odinga barashweho bamwe bahasiga ubuzima

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Abari baje gusezera kuri Raila Odinga barashweho bamwe bahasiga ubuzima Igipolisi cya Kenya cyarashe ku bari baje gusezera kuri Raila Odinga, babiri muri bo bakahasigaye ubuzima, mu gihe...

Read moreDetails

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y'ikubagahu muri Kenya Perezida William Samue Ruto wa Kenya, yatangaje ko yahamagaje inama y'inama nkuru y'umutekano wa Leta nyuma y'urupfu rwa Raila...

Read moreDetails

Odinga war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Odinga war'uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana. Raila Odinga wahoze ari minisitiri w'intebe muri Kenya, yitabye Imana nkuko amakuru ava muri iki gihugu abivuga. Murukerera rwo...

Read moreDetails
Next Post
Umusirikare wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi ararira ayo kwarika.

Umusirikare wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi ararira ayo kwarika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?