Iran yagize icyo itangaza kubyo Amerika yatangaje byo guhagarika intambara.
Nyuma y’aho Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, atangaje amahoro hagati ya Israel na Iran, iki gihugu cya Iran cyavuze ko kibyemera mu gihe Israel itongera kuyirasaho.
Byatangajwe na minisitiri w’ubanye n’amaganga wa Iran, Abbas Araghchi, mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki ya 24/06/2025.
Abbas, akoresheje urubuga rwa x rwahoze rwitwa Twitter, yagize ati: “Israel niba iretse kutugabaho ibitero, natwe tuzabihagarika nta yandi mananiza.”
Uyu minisitiri w’ubanye n’amaganga wa Iran yatangaje ibi nyuma y’aho Perezida Donald Trump yaramaze amasaha abarirwa ku ntoki atangaje ko amahoro agiye gushyirwa mu byiciro, aho yasobanuye ko “Iran izahagarika ibikorwa bya gisirikare mbere, hanyuma Israel ikabikurikira nyuma y’amasaha 12.”
Yanashimiye impande zombi kubw’ubwitonzi bwabo, avuga ko aya ari amahirwe mashya ku karere ko mu Burasirazuba bwo hagati.
Ibi ntacyo Israel iragira icyo ibivugaho, ariko amahoro aramutse ashyizwe mu bikorwa nk’uko Trump yabitangaje ihungabana mu karere ndetse n’ingaruka ku bukungu ku isi, by’umwihariko kubijyanye n’ibikomoka Kuri petelori. Bitanga icyizere ko ibintu byahita bija mu buryo, nubwo hakiri impungenge ku kuba impande zombi zubahiriza ibyo bemeranyujeho.
Nyamara amakuru amwe avuga ko abategetsi ba Iran nta nama bagishijwe uretse kobivugwa ko Qatar yabaye umuhuza isaba ko iyi ntambara ihagarara. Binavugwa ko Ayatollah Ali umuyobozi w’ikirenga wa Iran we, yakunze gutangaza ko igihe cyose Israel izaba iri kuyirasaho nta biganiro by’amahoro bizabaho, ndetse akagaragaza ko nta mpamvu abona zatuma haba guhagarika intambara. Ni mu gihe Trump yakomezaga guhatira Iran gusaba ibiganiro ikemera ubutsindwe.
Ariko ku rundi ruhande ibihugu byombi biratekanye, uretse ibitero Iran yagabye i Beershab mbere yuko Trump atangaza amahoro. Ibi bitero amakuru akomeza avuga ko byaguyemo abantu bane. Ariko kandi Iran na yo yabikoze nyuma y’aho Israel iteye ibisasu biremereye i Teheran bikangiza byinshi birimo ko byasize bihitanye abantu benshi abandi bagakomereka.