• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, February 28, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ishimutwa rya Gen. Ruhorimbere ryibukije urupfu rw’abasirikare b’Abanyamulenge biciwe i Kamina

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 12, 2025
in Conflict & Security
0
Ishimutwa rya Gen. Ruhorimbere ryibukije urupfu rw’abasirikare b’Abanyamulenge biciwe i Kamina
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ishimutwa rya Gen. Ruhorimbere ryibukije urupfu rw’abasirikare b’Abanyamulenge biciwe i Kamina

You might also like

Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi

AFC/M23 Yivuganye Umurwanyi wa FDLR Ufite Ipeti rya Colonel

Imirwano Ikaze muri Nyamaboko: AFC/M23 Yigaruriye Mulema n’Utundi Duce Twinshi

Umwe mu basomyi ba Minembwe Capital News yatangaje amakuru akomeye avuga ko yibukijwe n’ishimutwa rya General Eric Ruhorimbere, umusirikare mukuru mu ngabo za Congo (FARDC) washimuswe n’inzego z’umutekano i Kinshasa, agahita yibutsa ubwicanyi bwakorewe abasirikare b’Abanyamulenge i Kamina mu myaka yo hambere.

Mu butumwa yanyujije mu bwanditsi bwa Minembwe Capital News kuri uyu wa Gatatu, uwo musomyi yagize ati:

“Mu gitondo cyo ku itariki ya 31/10/2025, abakongomani bo mu bwoko bw’Abanyamulenge babyukiye ku makuru ababaje y’ishimutwa rya General Eric Ruhorimbere wajanwe gufungirwa ahantu hatazwi n’inzego z’umutekano.”

Yavuze ko kugeza ubu nta muntu n’umwe uzi aho afungiye cyangwa impamvu nyakuri yatumye atabwa muri yombi, ndetse n’umuryango we utigeze uhabwa amakuru.

Yakuwe mu nshingano azira inkomoko ye

Uwo musomyi yibukije ko General Ruhorimbere amaze imyaka ibiri yarakuwe mu nshingano yari afite zo kuyobora ingabo mu ntara ya Équateur, akajyanwa i Kinshasa “kwicara gusa.”
Byavugwaga ko yakuwe mu mirimo azira inkomoko ye nk’Umunyamulenge, ndetse no kuba yarigeze kurwana mu mashyaka ya CNDP na RCD — amatsinda yigeze kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila Kabange.

Uwo musomyi anashinja Leta ya Kinshasa gukomeza politiki ishingiye ku kwibasira abasirikare bavuga Ikinyarwanda n’Abatutsi bose muri rusange, aho babita “abagambanyi” kandi ngo gahunda ihari ari ukubikiza gahoro gahoro no kubakura mu gisirikare.

Aba “Dispo” – Abasirikare badafite inshingano

Kuva umutwe wa M23 wongera kubura intambara, abasirikare benshi bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’abandi bavuga Ikinyarwanda bakuwe mu nshingano, bajyanwa i Kinshasa aho bitwa “Dispo”, bivuze abasirikare badafite inshingano zigaragara.
Uwo musomyi avuga ko ibi ari uburyo bwo kubashyira ku ruhande no kubabuza kuzamuka mu nzego za gisirikare.

Urwibutso rwa Kamina – Ubwicanyi bwasizwe mu mwijima

Iri shimutwa ryazamuye nanone urwibutso rw’ubwicanyi ndengakamere bwakorewe abasirikare b’Abanyamulenge barenga 74 i Kamina mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare giherereye mu ntara ya Haut-Lomami.
Yavuze ko abo basirikare bishwe n’ingabo za Congo zifatanyije n’iz’igihugu cya Tanzaniya, kandi kugeza ubu ntabwo hari uwigeze abihanirwa.

“Byatanzweho isomo ribi,” nk’uko uwo musomyi abivuga. “Kuko kuva icyo gihe kugeza ubu, Abanyamulenge bakomeje kwicwa bazira uko baremwe n’Imana.”

Yavuze kandi ko ubwo bwicanyi bwasizwe bugereranywa n’itsembabwoko ryakorewe Abanyamulenge mu Gatumba (Burundi) mu mwaka wa 2004, ndetse n’ubwicanyi bwahitanye abasirikare barenga 100 mu 1998 ku butegetsi bwa Perezida Laurent-Désiré Kabila.

Uwo musomyi yagarutse kuri bamwe mu basirikare bishwe bazira inkomoko yabo, barimo:

Majoro Joseph Kaminzobe, wishwe tariki ya 9/11/2021 i Lweba (Fizi) n’abarwanyi ba Mai-Mai.

Kapiteni Gisore Rukatura, wiciwe i Goma tariki ya 9/11/2023 azira kuba Umunyamulenge.

Yanavuze kandi ko abaturage b’Abanyamulenge bagiye bicirwa mu bice bitandukanye bya teritwari ya Fizi, harimo Kabera, Bibogobogo, Gatongo na Kirumba.

Impungenge z’ahazaza n’isaba ku miryango mpuzamahanga

Uwo musomyi yasoje asaba ko imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu yakora ubuvugizi ku basirikare b’Abanyamulenge bafungwa bidakurikije amategeko, bashinjwa kuba mu mitwe nka M23 cyangwa Twirwaneho, nyamara nta gihamya gifatika kibashinja.

“Birabe ibyuya ntibibe amaraso,” niko yabivuze. “N’ubwo Generali Ruhorimbere afungiye ubusa, byaruta ashyizwe imbere y’inkiko akaburana afashijwe n’abamwunganira, aho gupfira mu nzu y’imbohe itazwi.”

Tags: AbanyamulengeGen Eric RuhorimbereIshimutwaRdc
Share34Tweet21Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi

by Bahanda Bruce
February 28, 2026
0
Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi

Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi Ikibazo cyo kumenya niba inzoga cyangwa ikimogi ari byo byangiza abantu cyane gikeneye...

Read moreDetails

AFC/M23 Yivuganye Umurwanyi wa FDLR Ufite Ipeti rya Colonel

by Bahanda Bruce
February 28, 2026
0
FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bagabye Ibindi Bitero Simusiga mu Gace kamwe ka Masisi, mu Gihe AFC/M23 Ikomeje Kwigarurira Uduce

AFC/M23 Yivuganye Umurwanyi wa FDLR Ufite Ipeti rya Colonel Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) aravuga ko habaye imirwano ikomeye muri Teritwari ya...

Read moreDetails

Imirwano Ikaze muri Nyamaboko: AFC/M23 Yigaruriye Mulema n’Utundi Duce Twinshi

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
Mu Mirwano Ikomeye, AFC/M23 Yongeye Kwigarurira Ibice Byinshi bya Masisi; Bamwe mu Bayobozi ba FARDC Bahasiga Ubuzima

Imirwano Ikaze muri Nyamaboko: AFC/M23 Yigaruriye Mulema n’Utundi Duce Twinshi Imirwano ikomeye yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27/02/2026 muri teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Rugeyo Yasubije Kongolo ku By’Ibitero bya Drones muri teritware ya Fizi

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ubutegetsi bwa RDC Kugaba Ibitero bya Drone i Rubaya

Rugeyo Yasubije Kongolo ku By’Ibitero bya Drones muri teritware ya Fizi Rumenge Rugeyo Olivier, wigeze kwiyamamariza kuba Umudepite ku rwego rw’Igihugu muri Teritwari ya Fizi, yasohoye inyandiko zikomeye...

Read moreDetails

Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23

Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23 Inyandiko zatangajwe na Bertrand Bisimwa akoresheje urubuga rwe rwa X ntizishobora gufatwa nk’amagambo asanzwe ajyanye n’ibihe byihariye. Ziri mu murongo...

Read moreDetails
Next Post
Gen. Baratuza w’Ingabo z’u Burundi yahakanye ibivugwa ku gufunga inzira, asubiza abigaragambya mu Minembwe

Imvugo y’Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi Yateye Impungenge ku Batuye mu Minembwe

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?