Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 18, 2025
in Regional Politics
0
Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Ahar’ejo tariki ya 17/01/2025 urwego rwo hejuru rukuriye umutekano rwarateranye ruyobowe na minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kugira ngo rwemeze ibikubiye mu masezerano y’agahenge k’intambara hagati y’icyo gihugu n’umutwe wa Hamas.

Ni nama bivugwa ko yabereye mu murwa mukuru wa Israel ari wo Jerusalem, abitabiriye iyi nama bemeje ayo masezerano, hakaba hagiye gukurikiraho ko abagize Guverinoma ya Israel bayemeza mu buryo bwemewe n’amategeko mbere y’uko agahenge k’intambara gatangira gushyirwa mu bikorwa.

Igitangaza makuru cya BBC dukesha iyi nkuru kivuga ko hakozwe igenzura ryo kureba uko umutekano wifashe muri Israel rikaba ryarakozwe n’itsinda riyobowe na minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu, ari kumwe n’abayobozi bavuye mu biganiro i Doha muri Qatar ahemerejwe agahenge k’intambara.

Bivugwa ko muri ibyo biganiro byabereye i Doha, byemerejwemo ko agahenge kazashyirwa mu byicyiro bitatu:
Mu byumweru bitandatu bya mbere hagomba kuba harekuwe imbohe z’intambara 33 zafashwe na Hamas, harimo abagore, abana n’abantu bakuze.

Israel na yo ikazarekura imfungwa z’Abanyapalestine zifungiwe muri gereza zitandukanye.

Muri icyo gihe kandi ingabo za Israel zigomba kuva mu bice zafashe bituwe cyane muri Gaza, abaturage b’abasivile b’Abanya-Palestine bazemererwa gusubira mu ngo zabo, kandi amakamyo atwaye imfashyanyo yemererwa kwinjira muri Gaza buri munsi.

Igice cya kabiri cyo gushyira mu bikorwa ayo masezerano: Hamas izarekura izindi mfungwa zose zizaba zisigaye, naho Israel icyure ingabo zayo zose ibyiswe amahoro arambye bizatangira gushyirwa mu bikorwa ku munsi wa 16.

Icyiciro cya nyuma: Hamas izemera ko Israel icyura imirambo y’imbohe zose zishwe, ndetse hatangire n’ibikorwa byo kubaka bundi bushya agace ka Gaza.

Iki gitangaza makuru cya BBC cyatangaje ko ibyo kubaka Gaza bizatwara imyaka myinshi.

Tags: AgahengeHamasIsrael
Share27Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Abasivile barashwe n’umusirikare mu Minembwe umwe ahasiga ubuzima.

Abasivile barashwe n'umusirikare mu Minembwe umwe ahasiga ubuzima.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?