Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 18, 2025
in Regional Politics
0
Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ahar’ejo tariki ya 17/01/2025 urwego rwo hejuru rukuriye umutekano rwarateranye ruyobowe na minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kugira ngo rwemeze ibikubiye mu masezerano y’agahenge k’intambara hagati y’icyo gihugu n’umutwe wa Hamas.

Ni nama bivugwa ko yabereye mu murwa mukuru wa Israel ari wo Jerusalem, abitabiriye iyi nama bemeje ayo masezerano, hakaba hagiye gukurikiraho ko abagize Guverinoma ya Israel bayemeza mu buryo bwemewe n’amategeko mbere y’uko agahenge k’intambara gatangira gushyirwa mu bikorwa.

Igitangaza makuru cya BBC dukesha iyi nkuru kivuga ko hakozwe igenzura ryo kureba uko umutekano wifashe muri Israel rikaba ryarakozwe n’itsinda riyobowe na minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu, ari kumwe n’abayobozi bavuye mu biganiro i Doha muri Qatar ahemerejwe agahenge k’intambara.

Bivugwa ko muri ibyo biganiro byabereye i Doha, byemerejwemo ko agahenge kazashyirwa mu byicyiro bitatu:
Mu byumweru bitandatu bya mbere hagomba kuba harekuwe imbohe z’intambara 33 zafashwe na Hamas, harimo abagore, abana n’abantu bakuze.

Israel na yo ikazarekura imfungwa z’Abanyapalestine zifungiwe muri gereza zitandukanye.

Muri icyo gihe kandi ingabo za Israel zigomba kuva mu bice zafashe bituwe cyane muri Gaza, abaturage b’abasivile b’Abanya-Palestine bazemererwa gusubira mu ngo zabo, kandi amakamyo atwaye imfashyanyo yemererwa kwinjira muri Gaza buri munsi.

Igice cya kabiri cyo gushyira mu bikorwa ayo masezerano: Hamas izarekura izindi mfungwa zose zizaba zisigaye, naho Israel icyure ingabo zayo zose ibyiswe amahoro arambye bizatangira gushyirwa mu bikorwa ku munsi wa 16.

Icyiciro cya nyuma: Hamas izemera ko Israel icyura imirambo y’imbohe zose zishwe, ndetse hatangire n’ibikorwa byo kubaka bundi bushya agace ka Gaza.

Iki gitangaza makuru cya BBC cyatangaje ko ibyo kubaka Gaza bizatwara imyaka myinshi.

Tags: AgahengeHamasIsrael
Share27Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Abasivile barashwe n’umusirikare mu Minembwe umwe ahasiga ubuzima.

Abasivile barashwe n'umusirikare mu Minembwe umwe ahasiga ubuzima.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?