Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 17, 2025
in World News
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

You might also like

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Israel yakoze ibitero by’indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w’igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri y’ingabo y’iki gihugu.

Mu ijoro ryo ku wa kabiri rishyira ku wa gatatu ni bwo ibyo bitero byagabwe i Damascus muri Syria.

Amakuru avuga ko ibyo bitero byateje umwuka mubi mu karere kandi byongera n’ibibazo bya politiki n’umutekano bimaze igihe bihangayikishije isi yose.

Nyamara ibi byabaye mu gihe Ingabo za Syria ziri mu mirwano ikomeye mu majy’Epfo y’iki gihugu, mu ntara ya Sweida, kuko zihahanganiye n’abarwanyi ba Druze, aba ni abaturage bake mu gihugu ariko bafite amateka akomeye mu bwingenge.

Aya makuru akomeza avuga ko abasaga 50 bamaze kugwa muri iyo mirwano kuva mu cyumweru gishize, benshi bakaba ari abasivili barimo n’abagore n’abana.

Minisitiri w’ingabo wa Israel, Yoav Gallant, yatangaje ko ibyo bitero byari bigamije gukumira iterabwoba no kurinda abaturage ba Druze ku mipaka ya Syria.

Ku rundi ruhande, guverinoma ya Syria yamaganye ibyo bitero, ivuga ko ari igikorwa cy’ubushotoranyi gishobora gutera indi ntambara isesuye mu karere.

Ihangana hagati ya Israel na Syria birimo guhindura isura, ni mu gihe Israel yinjira cyane mu mirwano y’imbere muri Syria binyuze mu bitero bikaze iyigabamo.

Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi n’umuryango w’Abibumbye, byasabye buri ruhande kwirinda ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano w’abaturage. Kimwecyo bigaragara ko imirwano hagati ya Leta ya Syria n’abaturage bayo, abo mu bwoko bwa Druze, ikomeje kugora ubuyobozi.

Hagataho, isi yose itegereje kureba uko ibintu bizagenda mu minsi iri imbere.

Tags: IbiteroIsraelSyria
Share27Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w'u Burusiya yamutengushye. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, yatangaje mugenzi we w'u Burusiya, Vladimir Putin, yamutengushye ariko ko ibye na...

Read moreDetails

Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Intambara muri Ukraine yahinduye isura. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yijeje Ukraine kuyoherereza intwaro za Patriots bizayifasha mu buryo bukaze bwo gukumira ibitero by'u Burusiya....

Read moreDetails

Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana.

Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana. MuhammaduBuhari wabaye umukuru w'igihugu cya Nigeria inshuro zibiri yitabye umuremyi we, nk'uko amakuru akomeje gutangazwa n'ibitangazamaku bitandukanye byaba ibyo mu gihugu imbere no...

Read moreDetails

Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe.

Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe. Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yakomerekeye mu gitero igisirikare cya Israel cyagabye i Tehran ku murwa mukuru w'iki...

Read moreDetails
Next Post
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?