Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kabila arakomeje ibikorwa i Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 29, 2025
in Regional Politics
0
Kabila arakomeje ibikorwa i Goma.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kabila arakomeje ibikorwa i Goma.

You might also like

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

Joseph Kabila wabaye perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo aka kanya ari mu kiganiro n’abanyamadini n’amatorero mu mujyi wa Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Iki giganiro cyatangiye mu mwanya muto ushize wo kuri uyu wa kane tariki ya 29/05/2025, aho cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye bayoboye amadini n’amatorero.

Ni ikiganiro amakuru agaragaza ko kiri kubera mu gace kitwa Kinyogote, gaherereye mu mujyirwagati wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko aya makuru akomeza abivuga nuko iki kiganiro kiri kwibanda cyane ku ntambara imaze igihe ibera mu Burasizuba bw’iki gihugu, hagati y’ingabo za Congo n’umutwe wa M23, n’uruhare aya madini n’amatorero bigomba kuyigiramo kugira ngo bigaragaze umusanzu wabyo.

Ku wa mbere w’iki cyumweru turimo ni bwo Joseph Kabila yasesekaye i Goma nyuma y’aho yari amaze iminsi avugwa ko yawugezemo mu ntangiriro z’ukwezi kwa kane. Ibyo we yise ko ari ibihuha bya leta y’i Kinshasa.

Kuza kwe byemejwe n’ubuyobozi bw’ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, aho umuvugizi waryo, Lawrence Kanyuka akoresheje urubuga rwa x yanditse ati: “Twishimiye kuza kwa Joseph Kabila, kandi yahisemo neza.”

Icyakurikiyeho hatangajwe ingengabihe yibyo ari buhite akora birimo kwakira abayobozi batandukanye bo muri AFC/M23 bagakorana ibiganiro no kubonana n’amashirahamwe atandukanye yigenga, amadini na za sosiyete sivili.

Ku wa kabiri nyuma y’umunsi umwe gusa yakiriwe i Goma, yasuye ikigo cya gisirikare kiri i Rumangabo, aganira n’abasirikare bahoze ari aba Leta bacyigishirizwamo ingengabitekerezo ya M23.

Kuri ubu ari kuganira n’abahagarariye amadini n’amatorero, ubutaha aganire n’izindi nzego nk’uko byagaragajwe ku rutonde rwibyo agiye gukora mu maguru mashya.

Tags: AbanyamadiniGomaikiganiroKabila
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

U Rwanda rwaganiriye na Qatar ku mutekano wo mu Burasizuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
U Rwanda rwaganiriye na Qatar ku mutekano wo mu Burasizuba bwa RDC.

U Rwanda rwaganiriye na Qatar ku mutekano wo mu Burasizuba bwa RDC. U Rwanda rwongeye guhurira na Qatar mu biganiro bigamije gushakira amahoro n'ituze u Burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Kabila yahuye n’abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n’ibyo baganiriye.

by Bruce Bahanda
May 31, 2025
0
Kabila yahuye n’abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n’ibyo baganiriye.

Kabila yahuye n'abayobozi ba AFC/M23 hamenyekana n'ibyo baganiriye. Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yahuye n'abayobozi bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?