Kabila arakomeje ibikorwa i Goma.
Joseph Kabila wabaye perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo aka kanya ari mu kiganiro n’abanyamadini n’amatorero mu mujyi wa Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu.
Iki giganiro cyatangiye mu mwanya muto ushize wo kuri uyu wa kane tariki ya 29/05/2025, aho cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye bayoboye amadini n’amatorero.
Ni ikiganiro amakuru agaragaza ko kiri kubera mu gace kitwa Kinyogote, gaherereye mu mujyirwagati wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko aya makuru akomeza abivuga nuko iki kiganiro kiri kwibanda cyane ku ntambara imaze igihe ibera mu Burasizuba bw’iki gihugu, hagati y’ingabo za Congo n’umutwe wa M23, n’uruhare aya madini n’amatorero bigomba kuyigiramo kugira ngo bigaragaze umusanzu wabyo.
Ku wa mbere w’iki cyumweru turimo ni bwo Joseph Kabila yasesekaye i Goma nyuma y’aho yari amaze iminsi avugwa ko yawugezemo mu ntangiriro z’ukwezi kwa kane. Ibyo we yise ko ari ibihuha bya leta y’i Kinshasa.
Kuza kwe byemejwe n’ubuyobozi bw’ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, aho umuvugizi waryo, Lawrence Kanyuka akoresheje urubuga rwa x yanditse ati: “Twishimiye kuza kwa Joseph Kabila, kandi yahisemo neza.”
Icyakurikiyeho hatangajwe ingengabihe yibyo ari buhite akora birimo kwakira abayobozi batandukanye bo muri AFC/M23 bagakorana ibiganiro no kubonana n’amashirahamwe atandukanye yigenga, amadini na za sosiyete sivili.
Ku wa kabiri nyuma y’umunsi umwe gusa yakiriwe i Goma, yasuye ikigo cya gisirikare kiri i Rumangabo, aganira n’abasirikare bahoze ari aba Leta bacyigishirizwamo ingengabitekerezo ya M23.
Kuri ubu ari kuganira n’abahagarariye amadini n’amatorero, ubutaha aganire n’izindi nzego nk’uko byagaragajwe ku rutonde rwibyo agiye gukora mu maguru mashya.