Kabila yabonanye n’irindi tsinda i Goma anagira n’icyo asezeranya Abanye-Congo.
Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, akaba aherutse gutahuka avuye mu buhungiro, yatangaje ko yahuye n’abayobozi b’imiryango gakondo, aho bamusabye kugaragariza Abanye-Congo ubunararibonye bwe, nawe ababwira ko afite ubushake bwo gusubiza iki gihugu ku murongo vuba bidatinze.
Ni kuri uyu wa gatanu tariki ya 30/05/2025, Kabila yabonanye n’abayobozi gakondo nyuma y’aho ku wa kane yari yahuye kandi n’abayobozi ba madini n’amatorero.
Joseph Kabila akomeje guhura n’amatsinda y’ingeri zitandukanye mu rwego rwo gukomeza kumva ibitekerezo byayo, kugira ngo barebere hamwe uko iki gihugu yahoze ayoboye kiri mu bibazo bikomeye by’intambara ahanini mu Burasizuba bwacyo bishakirwe umuti urambye.
Ubutumwa uyu wayoboye RDC imyaka 18, yanyujije kuri x, yagize ati: “Uyu munsi i Goma, nahuye n’abayobozi b’amatsinda gakondo bo muri Kivu y’Amajyaruguru. Barifuza ubunararibonye bwanjye kugira ngo haboneke amahoro n’ituze ndetse n’iterambere.”
Kabila ashinja ubutegetsi bwa Tshisekedi wamusimbuye kuri uwo mwanya, intege nke n’ibura ubushobozi.
Yagaragarije aba bayobozi bo mu miryango gakondo ko ibyo bifuza bigiye kubonerwa umuti, birimo itahuka ry’Abanyekongo bakuwe mu byabo, kongera imbaraga mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, kurandura ruswa n’ubutegetsi bw’igitugu, ndetse n’ibibazo biri mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro biteza umutekano muke.
Muri iki cyumweru kandi yahuye n’abanyapolitiki batandukanye, barimo umuhuza bikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, Corneille Nangaa.
Biteganyijwe ko Kabila azakomeza kugirana ibiganiro n’amatsinda atandukanye, arimo imiryango itari iya Leta, ndetse n’urubyiruko, kugira ngo abone aho ahera atanga umusanzu muri iki gihugu.