Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kabila yahuye mu ibanga rikomeye na perezida Museveni.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 19, 2025
in Regional Politics
0
Kabila yahuye mu ibanga rikomeye na perezida Museveni.
98
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kabila yahuye mu ibanga rikomeye na perezida Museveni.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Uwahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange, aherutse kugirira uruzinduko rw’ibanga i Kampala muri Uganda, aho yahuye na perezida w’iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni.

Hari muruzinduko rw’ibanga bivugwa ko yari yarutumiwemo na Yoweli Kaguta Museveni, nk’uko byatangajwe na Africa intelligence dukesha iyi nkuru.

Africa intelligence ivuga ko tariki ya 14/03/2025 kwaribwo Kabila yavuye i Kampala, mbere yo kwerekeza i Nairobi muri Kenya.

Iki gitangaza makuru nticyagaragaje ibyo aba bagabo baganiriyeho, usibye ko batareka kuganira ku mutekano muke urangwa mu Burasizuba bwa RDC.

Ni mu gihe bwana Joseph Kabila yari aheruka gutangaza ko yarangije amasomo yaramazemo iminsi arimo kwitaho, bityo, avuga ko ubu agiye kwita kubibazo biri mu gihugu cye.

Mu biganiro bitandukanye aheruka kugirana n’ibitangazamakuru byo muri Afrika y’Epfo, yagiye abigaragazamo ko perezida Felix Tshisekedi wa Congo ari we nyiribayazana w’ibibazo iki gihugu cya RDC gifite.

Ku rundi ruhande, amakuru avuga ko uru ruzinduko rw’uyu wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yaruhuriyemo na Corneille Nangaa umuhuza bikorwa mukuru w’i huriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, rirwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, ndetse rikaba rivuga ko rizashirwa aruko rishizeho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Nangaa asanzwe ari umuntu wahafi cyane ya Joseph Kabila, dore ko mu gihe cy’ubutegetsi bwe yari akuriye komisiyo y’amatora muri iki gihugu cya RDC.

Nyamara kandi, Leta y’i Kinshasa ishinja Kabila gutera inkunga umutwe wa m23 n’ihuriro uyu mutwe ubarizwamo rya AFC; ibyo yakunze guhakana kenshi.

Hagataho, Uganda yakiriye bariya bagabo bombi, mu gihe Leta ya Congo yakunze kuyivugaho kuba itera inkunga umutwe wa m23, ariko iki gihugu kirabihakana. Gusa, bikaba bizwi ko uyu mutwe wa m23 mu gutera Congo waje uturutse muri Uganda.

Tags: KabilaKamalaMu ibangaYoweli Kaguta
Share39Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post

Hari hateguwe kwica cyangwa gushimuta abazitabira ibiganiro i Luanda," amakuru avugwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?