Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 7, 2025
in World News
0
Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.

You might also like

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, perezida Paul Kagame yabwiye Abanyarwanda ko ibihe bishaririye banyuzemo, azi neza ko bidatandukanye n’ibihe by’ubogome bari kunyuramo muri iki gihe.

Ni ijambo yavugiye mu muhango wo kw’ibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubwo perezida Kagame yatangizaga iki cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi, yavuze ko ibyabaye mu myaka 30 ishize bitazasubira, ngo kuko harabiteguye guhaguruka bagahangana na bake bifuza ko u Rwanda ruzima.

Yagize ati: “Ibyabaye hano mu myaka 30 ishize ntabwo bizongera. Ntibizongera kuko ababiteye inkunga, ntabwo bazongera kubigerageza. Ntabwo bizongera kuko hari abantu biteguye guhangana.”

Yavuze kandi ko ibihe bishaririye banyuzemo azi neza ko bidatandukanye n’ibihe by’ubogome bihari ubu ndetse amahitamo bafite ari uguhaguruka bagahangana.

Ati: “Hari umuntu w’inshuti yanjye wigeze kumbaza ati ariko wowe nk’umuntu ubaho ute, ugahuza ibihe bibi by’ahahise n’ubugome bw’ubu? Ariko uko nabyumvaga ntabwo ari njye yabazaga, yabazaga u Rwanda. U Rwanda mubaho mute n’ahahise hijimye hamwe n’ubu huzuye ubugome?”

Kagame yavuze ko yamusubije amubwira ko kuva mu ntangiriro, bari mu binyoma by’uko ibyo byombi bivukana kandi ko bagomba kubana na byo gutyo. Avuga ko bakwiye kubana n’ubugome bw’ubu ngo kuko bifitanye isano ikomeye n’ahashize hijimye kandi bidatandukanywa.

Yakomeje avuga ko bafite amahitamo bakora, ariko bishobora kubangiza.

Ati: “Kuri twe dufite amahitamo twakora, bishobora kukwangiza ukavaho burundu cyangwa se ugahaguruka ugahangana.”

Muri uyu muhango kandi Kagame yashimiye abarimo abanyamahanga bifatanyije n’u Rwanda mu gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ati: “Ndabashimira kuko kenshi, uko dusigaye tubibona, uko bisigaye biri, ukuri ntabwo kukigenderwaho.”

Ikindi yavuze ni uko ngo hari abantu bamubwiraga ko azicwa ngo kubera kunenga abakomeye.

Ati: “Nigeze kumva abantu baza bambwira, bamburira bati ‘perezida uvugisha ukuri cyane, uvuga ibintu binenga aba bantu bafite imbaraga, bazakwica.’ Mbere na mbere bivuze ko ari abicanyi! Ariko igisubizo cyanjye nabahaye ni ‘murabizi, aho kugira ngo mbe hariya nemera ibyo bintu ngo bibe, sinakwibara nk’umuntu uriho.”

Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda yamaze iminsi ijana iri kubakorerwa, aho yarimo ikorwa na Leta ya perezida Juvenal Habyarimana.

Bivugwa ko icyo gihe hishwe Abatutsi babarirwa muri miliyoni. Bigasobanurwa ko ari Interahamwe n’igisirikare cyariho icyo gihe babicaga.

Ariko kandi kuva mu mwaka wa 1959, bivugwa ko ari cyo gihe Abatutsi batangiye kwicwa mu Rwanda, biza kuja mu rundi rwego mu 1994.

Tags: AbatutsiJenocideKwibukaRwanda
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails

U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b’u Rwanda ararushimira.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0

U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b'u Rwanda ararushimira. U Bubiligi bwemereye ishirahamwe ry'abakinyi bisiganwa ry'amagare kwitabira shampiyona (champion) y'isi iteganyijwe kubera i Kigali...

Read moreDetails
Next Post
Kagame Vows Rwanda Will Rise: Past Echoes, But Won’t Repeat

Kagame Vows Rwanda Will Rise: Past Echoes, But Won’t Repeat

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?