• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.

minebwenews by minebwenews
April 7, 2025
in World News
0
Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.

You might also like

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, perezida Paul Kagame yabwiye Abanyarwanda ko ibihe bishaririye banyuzemo, azi neza ko bidatandukanye n’ibihe by’ubogome bari kunyuramo muri iki gihe.

Ni ijambo yavugiye mu muhango wo kw’ibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubwo perezida Kagame yatangizaga iki cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi, yavuze ko ibyabaye mu myaka 30 ishize bitazasubira, ngo kuko harabiteguye guhaguruka bagahangana na bake bifuza ko u Rwanda ruzima.

Yagize ati: “Ibyabaye hano mu myaka 30 ishize ntabwo bizongera. Ntibizongera kuko ababiteye inkunga, ntabwo bazongera kubigerageza. Ntabwo bizongera kuko hari abantu biteguye guhangana.”

Yavuze kandi ko ibihe bishaririye banyuzemo azi neza ko bidatandukanye n’ibihe by’ubogome bihari ubu ndetse amahitamo bafite ari uguhaguruka bagahangana.

Ati: “Hari umuntu w’inshuti yanjye wigeze kumbaza ati ariko wowe nk’umuntu ubaho ute, ugahuza ibihe bibi by’ahahise n’ubugome bw’ubu? Ariko uko nabyumvaga ntabwo ari njye yabazaga, yabazaga u Rwanda. U Rwanda mubaho mute n’ahahise hijimye hamwe n’ubu huzuye ubugome?”

Kagame yavuze ko yamusubije amubwira ko kuva mu ntangiriro, bari mu binyoma by’uko ibyo byombi bivukana kandi ko bagomba kubana na byo gutyo. Avuga ko bakwiye kubana n’ubugome bw’ubu ngo kuko bifitanye isano ikomeye n’ahashize hijimye kandi bidatandukanywa.

Yakomeje avuga ko bafite amahitamo bakora, ariko bishobora kubangiza.

Ati: “Kuri twe dufite amahitamo twakora, bishobora kukwangiza ukavaho burundu cyangwa se ugahaguruka ugahangana.”

Muri uyu muhango kandi Kagame yashimiye abarimo abanyamahanga bifatanyije n’u Rwanda mu gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ati: “Ndabashimira kuko kenshi, uko dusigaye tubibona, uko bisigaye biri, ukuri ntabwo kukigenderwaho.”

Ikindi yavuze ni uko ngo hari abantu bamubwiraga ko azicwa ngo kubera kunenga abakomeye.

Ati: “Nigeze kumva abantu baza bambwira, bamburira bati ‘perezida uvugisha ukuri cyane, uvuga ibintu binenga aba bantu bafite imbaraga, bazakwica.’ Mbere na mbere bivuze ko ari abicanyi! Ariko igisubizo cyanjye nabahaye ni ‘murabizi, aho kugira ngo mbe hariya nemera ibyo bintu ngo bibe, sinakwibara nk’umuntu uriho.”

Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda yamaze iminsi ijana iri kubakorerwa, aho yarimo ikorwa na Leta ya perezida Juvenal Habyarimana.

Bivugwa ko icyo gihe hishwe Abatutsi babarirwa muri miliyoni. Bigasobanurwa ko ari Interahamwe n’igisirikare cyariho icyo gihe babicaga.

Ariko kandi kuva mu mwaka wa 1959, bivugwa ko ari cyo gihe Abatutsi batangiye kwicwa mu Rwanda, biza kuja mu rundi rwego mu 1994.

Tags: AbatutsiJenocideKwibukaRwanda
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails

Uwayoboye urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uwayoboye urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi.

Uwayoboye urwego rw'ubutasi bw'igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi. Major General James Birungi wayoboye urwego rw'ubutasi bw'igisirikare cya Uganda, yatawe muri yombi ajanwa muri gereza y'Ishami rishyinzwe imyitwarire...

Read moreDetails
Next Post
Kagame Vows Rwanda Will Rise: Past Echoes, But Won’t Repeat

Kagame Vows Rwanda Will Rise: Past Echoes, But Won’t Repeat

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?