• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 16, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.

minebwenews by minebwenews
April 7, 2025
in World News
0
Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kagame yagarutse kubihe bishaririye Abanyarwanda banyuzemo n’ibyo barigucyamo ubu.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, perezida Paul Kagame yabwiye Abanyarwanda ko ibihe bishaririye banyuzemo, azi neza ko bidatandukanye n’ibihe by’ubogome bari kunyuramo muri iki gihe.

READ ALSO

Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

Ni ijambo yavugiye mu muhango wo kw’ibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubwo perezida Kagame yatangizaga iki cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi, yavuze ko ibyabaye mu myaka 30 ishize bitazasubira, ngo kuko harabiteguye guhaguruka bagahangana na bake bifuza ko u Rwanda ruzima.

Yagize ati: “Ibyabaye hano mu myaka 30 ishize ntabwo bizongera. Ntibizongera kuko ababiteye inkunga, ntabwo bazongera kubigerageza. Ntabwo bizongera kuko hari abantu biteguye guhangana.”

Yavuze kandi ko ibihe bishaririye banyuzemo azi neza ko bidatandukanye n’ibihe by’ubogome bihari ubu ndetse amahitamo bafite ari uguhaguruka bagahangana.

Ati: “Hari umuntu w’inshuti yanjye wigeze kumbaza ati ariko wowe nk’umuntu ubaho ute, ugahuza ibihe bibi by’ahahise n’ubugome bw’ubu? Ariko uko nabyumvaga ntabwo ari njye yabazaga, yabazaga u Rwanda. U Rwanda mubaho mute n’ahahise hijimye hamwe n’ubu huzuye ubugome?”

Kagame yavuze ko yamusubije amubwira ko kuva mu ntangiriro, bari mu binyoma by’uko ibyo byombi bivukana kandi ko bagomba kubana na byo gutyo. Avuga ko bakwiye kubana n’ubugome bw’ubu ngo kuko bifitanye isano ikomeye n’ahashize hijimye kandi bidatandukanywa.

Yakomeje avuga ko bafite amahitamo bakora, ariko bishobora kubangiza.

Ati: “Kuri twe dufite amahitamo twakora, bishobora kukwangiza ukavaho burundu cyangwa se ugahaguruka ugahangana.”

Muri uyu muhango kandi Kagame yashimiye abarimo abanyamahanga bifatanyije n’u Rwanda mu gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ati: “Ndabashimira kuko kenshi, uko dusigaye tubibona, uko bisigaye biri, ukuri ntabwo kukigenderwaho.”

Ikindi yavuze ni uko ngo hari abantu bamubwiraga ko azicwa ngo kubera kunenga abakomeye.

Ati: “Nigeze kumva abantu baza bambwira, bamburira bati ‘perezida uvugisha ukuri cyane, uvuga ibintu binenga aba bantu bafite imbaraga, bazakwica.’ Mbere na mbere bivuze ko ari abicanyi! Ariko igisubizo cyanjye nabahaye ni ‘murabizi, aho kugira ngo mbe hariya nemera ibyo bintu ngo bibe, sinakwibara nk’umuntu uriho.”

Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda yamaze iminsi ijana iri kubakorerwa, aho yarimo ikorwa na Leta ya perezida Juvenal Habyarimana.

Bivugwa ko icyo gihe hishwe Abatutsi babarirwa muri miliyoni. Bigasobanurwa ko ari Interahamwe n’igisirikare cyariho icyo gihe babicaga.

Ariko kandi kuva mu mwaka wa 1959, bivugwa ko ari cyo gihe Abatutsi batangiye kwicwa mu Rwanda, biza kuja mu rundi rwego mu 1994.

Tags: AbatutsiJenocideKwibukaRwanda

Related Posts

Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?
World News

Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?

September 16, 2026
Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira
World News

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

September 10, 2026
OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo
World News

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

September 10, 2026
Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko
World News

Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko

September 9, 2026
U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza
World News

U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza

September 9, 2026
Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye
World News

Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye

September 6, 2026
Next Post
Kagame Vows Rwanda Will Rise: Past Echoes, But Won’t Repeat

Kagame Vows Rwanda Will Rise: Past Echoes, But Won’t Repeat

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Uvira: Urusaku rw’Amasasu rwateje Ubwoba mu Baturage — Ese Ifungwa rya Fyeka Adui ni ryo Rikomeje Guhungabanya Umutekano?
  • RDC: Manda ya Gatatu ya Tshisekedi: Ibyo Perezida Yavuze n’Impaka Byateje mu Gihugu
  • Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?