• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 4, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kajugujugu y’Ingabo z’u Burundi yafashwe n’inyeshyamba.

minebwenews by minebwenews
June 10, 2025
in Regional Politics
0
Kajugujugu y’Ingabo z’u Burundi yafashwe n’inyeshyamba.
121
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kajugujugu y’Ingabo z’u Burundi yafashwe n’inyeshyamba.

You might also like

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

Umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab urwanya ubutegetsi bwo muri Somalia watangaje ko ari wo wateye igisasu gishwanyaguza kajugujugu y’igisirikare cy’u Burundi yo mu bwoko bwa Bell 412.

Nk’uko Al-Shabaab yabigaragaje ni uko iriya Kajugujugu yarasiwe hafi y’ibirindiro by’iki gisirikare cy’u Burundi biri ahitwa Middle Shabelle.

Isobanura kandi ko kajugujugu y’igisirikare cy’u Burundi yahanuye ko yarifite nimero AUO-012.

U Burundi busanzwe bufite abasirikare babwo muri Somalia, mu butumwa buzwi nka Aussom. Ni ubutumwa izi ngabo zahawe n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Ingabo z’u Burundi ziri muri ubwo butumwa zo zatangaje ko kajugujugu yazo yangijwe yarimo kuvana abasirikare bayo bari muri ubwo butumwa bwo kubungabunga amahoro ibavana mu mudugudu wa Hawadley wibasiwe n’umwuzure, izaguhura n’ikibazo cya tekiniki, biba ngombwa ko igwa hafi y’ubutaka bugenzurwa na Al-Shabaab.

Umuvugizi w’izi ngabo z’u Burundi yagize ati: “Kugwa byihutirwa byatewe n’ikibazo cya tekiniki aho guhanurwa n’umwanzi. N’ubwo Kajugujugu yatawe aho hantu kubera icyo kibazo, abakozi bose bari mu ndege barimo umupilote n’ingabo, bashoboye kuhava nta kibazo. Baje no gukira bimurirwa mu kindi kigo cya gisirikare cyari hafi aho.”

Aba bo mu mutwe wa Al-Shabaab baje gufata ibisigazwa by’iriya kajugujugu nyuma yo kugwa kwayo, bahita babifata amashusho, bavuga ko bayirashe irahanuka.

Intumwa idasanzwe y’agateganyo ya perezida wa komisiyo ya AU muri Somalia, yashimye ingabo z’u Burundi ku buryo bihuse kandi bakitwara kinyamwuga muri iki kibazo. Ubundi kandi yashimiye umuryango wa Afrika Yunze ubumwe ukomeje kwiyemeza gushyigikira Somalia, igihugu gihanganye n’umwuzure ukabije ndetse n’umutekano muke ukomeje guhungabanywa n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uwa Al-Shabaab.

Ibi bibaye mu gihe kandi n’umwaka ushize, aba barwanyi bo muri Al-Shabaab bafashe kajugujugu y’umuryango w’Abibumbye yaritwaye abagabo babiri bo muri Somalia n’abanyamahanga benshi. Iyo ndebe yari yahagurutse iva mu mujyi wa Beledweyne rwagati muri Somalia ariko ihura n’ikibazo nyuma gato, bituma igwa byihutirwa hafi y’umudugudu wa Hindhere, hafi ya karere ka Galguduud. Aha yagiye icyo gihe hagenzurwa kandi n’aba barwanyi bo muri uyu mutwe wa Al-Shabaab, kuko bahise banafata iyi kajugujugu.

Gukomeza kwibasira cyangwa gufata indege zahanuwe na Al-Shabaab bigaragaza akaga gakomeje kugaragara mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’ibikorwa by’u butabazi mu bice bigenzurwa na Al-Shabaab. Ibyabaye kuri Bell 412 y’ingabo z’u Burundi, kimwe no gufata kajugujugu y’umuryango w’Abibumbye, byerakana uburyo ibintu bishobora gufata intera mu turere uyu mutwe w’iterabwoba ukoreramo.

Kuba kajugujugu y’igisirikare cy’u Burundi yarafashwe n’uyu mutwe, byerakana ugusubira inyuma no gutakaza kw’izi ngabo ziri muri ubu butumwa bwa Aussom. Ubushobozi bwo gufata no kwamamaza ibisigazwa ntibikora gusa nka poropoganda y’intsinzi gusa, ahubwo binibutsa imbogamizi mu kubungabunga umutekano mu bihe bitoroshye.

Tags: Al-shababAussomIngabo z'u BurundiKajugujugu
Share48Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

by minebwenews
August 29, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru. Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo byahuriye mu biganiro muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails
Next Post
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

RDC yagize icyo ivuga ku Rwanda rwikuye mu muryango wa CEEAC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?