• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kamala watsinzwe amatora muri Amerika yagize icyo abivugaho.

minebwenews by minebwenews
November 7, 2024
in Regional Politics
0
Kamala watsinzwe amatora muri Amerika yagize icyo abivugaho.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kamala watsinzwe amatora muri Amerika yagize icyo abivugaho.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Harris Kamala wari umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye ku munsi w’ejo hashize muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yemeye ko yatsinzwe, arangije ashimira Donald Trump wegukanye iyi ntsinze.

Amezi yari abaye atatu, Harris Kamala abwira Abanyamerika imigabo n’imigambi abafitiye mu gihe boramuka ba mutoreye kuba umukuru w’igihugu mu myaka ine iri imbere.

Muri icyo gihe cyose yari afite icyizere ko amahame ye, ibyo yemera n’ibyo yifuza kugeza kuri Amerika aramutse atowe bihagije ku muhesha icyizere cy’amatora ngo bamuhundagazeho amajwi.

Icyo gihe cyose cyashojwe n’ijoro ry’itora, we n’abamushigikiye barinze bagera ku munota wa nyuma bagikomanga umuryango ku wundi bakangurira abaturage gutora.

Gusa, ibyakurikiyeho sibyo yari yiteze kuko byarangiye bwana Donald Trump barimo bahatanira uwo mwanya amurushije amajwi.

Ijambo rya Harris Kamala ryo kwemera ibyavuye mu matora, yarivugiye kuri kaminuza ya Howard, aho yarangirije amashuri mu mwaka w’1986 hari hateraniye abiganjemo urubyiruko. Imbere y’imbaga y’abari bamishyigukiye, maze agira ati:

“Uyu munsi umutima wanjye uruzuye. Wuzuye ishimwe kubera icyizere mwangiriye, wuzuye urukundo rw’igihugu cyacu, kandi wuzuye ukwiyemeza ibyavuye mu matora, si byo twaharaniye, si byo twatoreye. Ariko munyumve, nimvuga ngo, ururimi rw’isezerano ry’Amerika, ruzahora rwaka.”

Yunzemo kandi ati: “Ruzahora rwaka igihe cyose tutazarambirwa kandi tugakomeza kubiharanira. Tugomba kwemera ibyavuye mu matora. Kare navuganye na perezida watowe ndamushimira. Kandi namubwiye ko tuzamufasha we n’abo bazakorana mu byerekeye guhererekanya ububasha. Kandi ko tuzahererekanya ububasha mu mahoro.”

Kamala yavuze ko yahisemo gushimangira ko mu ihame rya demokorasi y’Amerika ry’uko utsinzwe amatora agomba kwemera ibyavuye mu matora.

Yagize ati: “Uku ni ko konyine demokorasi itandukana n’igitugu kandi ushaka icyizere cya rubanda agomba kugiharanira.”

Ariko iki cyizere cya rubanda Kamala yavugaga nticyashoboye kugaragara mu majwi y’abamutoye.

Donald Trump watsinze amatora yahuye na byinshi bituma isura ye itagaragara neza muri rubanda.
Mu kwezi kwa Gatanu yabaye perezida wa mbere w’Amerika wahamijwe icyaha , ubwo urukiko rwa New York rwamuhamyaga ibyaha 34 byo kuriganya inyandiko y’ubucuruzi agamije guhisha amafaranga yahonze umugore uzwi muri Filimi z’imibonano mpuzabitsina.

Inzira ye ya politiki yasaga nk’irangiye ubwo yangaga kwemera ko yatsinzwe amatora yo mu 2021 ku itariki ya 06 z’ukwezi kwa mbere aho ndetse abamushyigikiye byarangiye bagabye igitero ku nteko ishinga amategeko y’Amerika.

Ibi byose, Trump yabinyuzemo akomeza urugendo rwe rwa politiki; ibisigaye n’ugutegereza icyo ahishiye Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’abaturage bayo.

Tags: DonaldKamala HarrisYemeye ubutsindwe
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ibyaha Donald Trump yashinjwaga, hamenyekanye ikigiye kubikorwaho.

Ibyaha Donald Trump yashinjwaga, hamenyekanye ikigiye kubikorwaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?