Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kamala watsinzwe amatora muri Amerika yagize icyo abivugaho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 7, 2024
in Regional Politics
0
Kamala watsinzwe amatora muri Amerika yagize icyo abivugaho.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kamala watsinzwe amatora muri Amerika yagize icyo abivugaho.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Harris Kamala wari umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye ku munsi w’ejo hashize muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yemeye ko yatsinzwe, arangije ashimira Donald Trump wegukanye iyi ntsinze.

Amezi yari abaye atatu, Harris Kamala abwira Abanyamerika imigabo n’imigambi abafitiye mu gihe boramuka ba mutoreye kuba umukuru w’igihugu mu myaka ine iri imbere.

Muri icyo gihe cyose yari afite icyizere ko amahame ye, ibyo yemera n’ibyo yifuza kugeza kuri Amerika aramutse atowe bihagije ku muhesha icyizere cy’amatora ngo bamuhundagazeho amajwi.

Icyo gihe cyose cyashojwe n’ijoro ry’itora, we n’abamushigikiye barinze bagera ku munota wa nyuma bagikomanga umuryango ku wundi bakangurira abaturage gutora.

Gusa, ibyakurikiyeho sibyo yari yiteze kuko byarangiye bwana Donald Trump barimo bahatanira uwo mwanya amurushije amajwi.

Ijambo rya Harris Kamala ryo kwemera ibyavuye mu matora, yarivugiye kuri kaminuza ya Howard, aho yarangirije amashuri mu mwaka w’1986 hari hateraniye abiganjemo urubyiruko. Imbere y’imbaga y’abari bamishyigukiye, maze agira ati:

“Uyu munsi umutima wanjye uruzuye. Wuzuye ishimwe kubera icyizere mwangiriye, wuzuye urukundo rw’igihugu cyacu, kandi wuzuye ukwiyemeza ibyavuye mu matora, si byo twaharaniye, si byo twatoreye. Ariko munyumve, nimvuga ngo, ururimi rw’isezerano ry’Amerika, ruzahora rwaka.”

Yunzemo kandi ati: “Ruzahora rwaka igihe cyose tutazarambirwa kandi tugakomeza kubiharanira. Tugomba kwemera ibyavuye mu matora. Kare navuganye na perezida watowe ndamushimira. Kandi namubwiye ko tuzamufasha we n’abo bazakorana mu byerekeye guhererekanya ububasha. Kandi ko tuzahererekanya ububasha mu mahoro.”

Kamala yavuze ko yahisemo gushimangira ko mu ihame rya demokorasi y’Amerika ry’uko utsinzwe amatora agomba kwemera ibyavuye mu matora.

Yagize ati: “Uku ni ko konyine demokorasi itandukana n’igitugu kandi ushaka icyizere cya rubanda agomba kugiharanira.”

Ariko iki cyizere cya rubanda Kamala yavugaga nticyashoboye kugaragara mu majwi y’abamutoye.

Donald Trump watsinze amatora yahuye na byinshi bituma isura ye itagaragara neza muri rubanda.
Mu kwezi kwa Gatanu yabaye perezida wa mbere w’Amerika wahamijwe icyaha , ubwo urukiko rwa New York rwamuhamyaga ibyaha 34 byo kuriganya inyandiko y’ubucuruzi agamije guhisha amafaranga yahonze umugore uzwi muri Filimi z’imibonano mpuzabitsina.

Inzira ye ya politiki yasaga nk’irangiye ubwo yangaga kwemera ko yatsinzwe amatora yo mu 2021 ku itariki ya 06 z’ukwezi kwa mbere aho ndetse abamushyigikiye byarangiye bagabye igitero ku nteko ishinga amategeko y’Amerika.

Ibi byose, Trump yabinyuzemo akomeza urugendo rwe rwa politiki; ibisigaye n’ugutegereza icyo ahishiye Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’abaturage bayo.

Tags: DonaldKamala HarrisYemeye ubutsindwe
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ibyaha Donald Trump yashinjwaga, hamenyekanye ikigiye kubikorwaho.

Ibyaha Donald Trump yashinjwaga, hamenyekanye ikigiye kubikorwaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?