Kavumu: Imirwano Ikomeye hagati ya AFC/M23 na FARDC zifatanyije na Wazalendo na FDLR
Mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gace ka Kavumu gaherereye muri teritwari ya Kabare, hongeye kumvikana urusaku rw’imbunda hagati y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’umutwe wa Wazalendo hamwe n’uwa FDLR.
Amakuru aturuka mu baturage n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze agaragaza ko imirwano yatangiye mu gitondo, igabanuka mu masaha ya saa sita, ariko yongera kubura bushya nimugoroba.
Umwe mu baturage batuye ahitwa Katana, mu birometero bike uvuye ku Kibuga cy’Indege cya Kavumu, yavuze ko urusaku rw’amasasu rwumvikanye kuva mu gitondo rukomereza mu duce twinshi two muri ako gace.
Yagize ati: “Imirwano yatangiye nyuma y’uko umwe mu barwanyi ba Wazalendo avanywe mu kigo nderabuzima aho yari arwariye. Nyuma y’amasaha make, amasasu atangira kumvikana. Kuva Katana kugera Kavumu, urusaku rw’amasasu rwari rwinshi.”
Ku gicamunsi, habayeho agahenge gato, ariko ahagana saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba (17h30), imirwano yongeye kubura bushya. Andi makuru yemeza ko ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 40 (18h40), Wazalendo, FDLR na FARDC bari bamaze kongera umubare w’abarwanyi mu isoko rikuru rya Kavumu, bigaragaza ko impande zombi zari mu myiteguro yo gukomeza imirwano. Nyuma y’aho, bivugwa ko AFC/M23 yasubije inyuma uruhande rwa Leta, abarurimo bahungira mu mashyamba.
Iyi mirwano yahungabanije bikomeye urujya n’uruza ku muhanda uhuza umujyi wa Bukavu na Kavumu, ndetse no mu duce tuhakikije. Abaturage benshi bahisemo kuguma mu ngo zabo kubera ubwoba bw’amasasu.
AFC/M23 imaze kwigarurira ibice byinshi birimo n’imijyi ikomeye nka Goma, Bukavu n’indi yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ku rundi ruhande, Wazalendo ni izina rihuriweho n’imitwe yitwaje intwaro ivuga ko irwanirira kurinda igihugu no gufasha ingabo za Leta mu guhangana n’inyeshyamba. Icyakora, imikoranire n’imitegekere y’iyi mitwe itandukanye bitewe n’uturere ikoreramo, bikaba byongera ubukana n’urusobe rw’amakimbirane mu karere.
Teritwari ya Kabare, cyane cyane agace ka Kavumu gafite akamaro kanini mu by’ubukungu n’ingendo bitewe n’ikibuga cy’indege gihari, bituma iba ahantu h’ingenzi mu igenzura ry’umutekano n’ibikorwa bya gisirikare.
Kugeza ubu, nta mibare yemewe y’abaguye cyangwa abakomeretse iratangazwa ku mugaragaro. Icyakora, iyi mirwano yakomeje guteza impungenge abaturage, cyane cyane mu gihe ibikorwa by’ubuhinzi n’ubucuruzi ari byo bibatunze.






