• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Kavumu: Imirwano Ikomeye hagati ya AFC/M23 na FARDC zifatanyije na Wazalendo na FDLR

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 21, 2026
in Conflict & Security
0
I Mulenge: Imirwano y’Akanya Gato Yasigiye Ingabo z’u Burundi Isomo Rikomeye
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kavumu: Imirwano Ikomeye hagati ya AFC/M23 na FARDC zifatanyije na Wazalendo na FDLR

You might also like

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

Mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gace ka Kavumu gaherereye muri teritwari ya Kabare, hongeye kumvikana urusaku rw’imbunda hagati y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’umutwe wa Wazalendo hamwe n’uwa FDLR.

Amakuru aturuka mu baturage n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze agaragaza ko imirwano yatangiye mu gitondo, igabanuka mu masaha ya saa sita, ariko yongera kubura bushya nimugoroba.

Umwe mu baturage batuye ahitwa Katana, mu birometero bike uvuye ku Kibuga cy’Indege cya Kavumu, yavuze ko urusaku rw’amasasu rwumvikanye kuva mu gitondo rukomereza mu duce twinshi two muri ako gace.

Yagize ati: “Imirwano yatangiye nyuma y’uko umwe mu barwanyi ba Wazalendo avanywe mu kigo nderabuzima aho yari arwariye. Nyuma y’amasaha make, amasasu atangira kumvikana. Kuva Katana kugera Kavumu, urusaku rw’amasasu rwari rwinshi.”

Ku gicamunsi, habayeho agahenge gato, ariko ahagana saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba (17h30), imirwano yongeye kubura bushya. Andi makuru yemeza ko ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 40 (18h40), Wazalendo, FDLR na FARDC bari bamaze kongera umubare w’abarwanyi mu isoko rikuru rya Kavumu, bigaragaza ko impande zombi zari mu myiteguro yo gukomeza imirwano. Nyuma y’aho, bivugwa ko AFC/M23 yasubije inyuma uruhande rwa Leta, abarurimo bahungira mu mashyamba.

Iyi mirwano yahungabanije bikomeye urujya n’uruza ku muhanda uhuza umujyi wa Bukavu na Kavumu, ndetse no mu duce tuhakikije. Abaturage benshi bahisemo kuguma mu ngo zabo kubera ubwoba bw’amasasu.

AFC/M23 imaze kwigarurira ibice byinshi birimo n’imijyi ikomeye nka Goma, Bukavu n’indi yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku rundi ruhande, Wazalendo ni izina rihuriweho n’imitwe yitwaje intwaro ivuga ko irwanirira kurinda igihugu no gufasha ingabo za Leta mu guhangana n’inyeshyamba. Icyakora, imikoranire n’imitegekere y’iyi mitwe itandukanye bitewe n’uturere ikoreramo, bikaba byongera ubukana n’urusobe rw’amakimbirane mu karere.

Teritwari ya Kabare, cyane cyane agace ka Kavumu gafite akamaro kanini mu by’ubukungu n’ingendo bitewe n’ikibuga cy’indege gihari, bituma iba ahantu h’ingenzi mu igenzura ry’umutekano n’ibikorwa bya gisirikare.

Kugeza ubu, nta mibare yemewe y’abaguye cyangwa abakomeretse iratangazwa ku mugaragaro. Icyakora, iyi mirwano yakomeje guteza impungenge abaturage, cyane cyane mu gihe ibikorwa by’ubuhinzi n’ubucuruzi ari byo bibatunze.

Tags: ImirwanoKavumu
Share31Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y’Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima

Umutekano Uvugwa ko Wazamutse mu Minembwe Nyuma y'Impinduka za Gisirikare; Drone Yongeye Kumvikana mu Bice byo Kwa Mulima MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Amakuru Minembwe Capital News yakusanyije aturutse...

Read moreDetails

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie à Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

« Ville Morte » à Uvira, mais le marché de Kiziba a connu une forte affluence : ce que disent les habitants sur les nouvelles conditions de vie...

Read moreDetails

“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
“Ville Morte” i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo

"Ville Morte" i Uvira, Ariko Isoko rya Kiziba Ryaremye neza: Ibyo Abaturage Bavuga ku Mibereho Mishya mu Bijombo MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe ibikorwa hafi ya byose...

Read moreDetails

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23

Amasezerano ya Doha Atangiye Gushyirwa mu Bikorwa: RDC Iri mu Myiteguro yo Kurekura Bamwe mu Mfungwa Basabwe na AFC/M23 Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri...

Read moreDetails

Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Kivu y’Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n’Ingendo Bigeze mu Marembera

Kivu y'Epfo: Abaturage Bataka Akababaro ko Kwishyuzwa ku Mabariyeri ya Wazalendo, Ubucuruzi n'Ingendo Bigeze mu Marembera Mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Crainte de divisions au sein de l’UA sous le leadership du Président burundais M. Ndayishimiye à la suite de son implication dans la guerre qui sévit en RDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco MRDP-TWIRWANEHO Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?