Ibivugwa ku irasana ryabaye hagati y’abasirikare n’abapolisi i Kinshasa.
Abasirikare bo mu mutwe urinda perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi n’abarindi abandi bayobozi bakuru bo muri iki gihugu barikoze barasana n’abapolisi mu mujyi wa Kinshasa.
Iri rasana ryatangiye mu masaha yakare yo kuri uyu wa kane tariki ya 20/03/2025, rikaba ryabereye mu gace ka Kalamu, nk’uko byatangajwe na Meya Luboya mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kinshasa mu murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Uyu Meya yasobanuye ko abasirikare bo mubarinda umukuru w’igihugu n’abarinda abandi bayobozi bateye sitasiyo nto ya polisi ya Mantonge kubera impamvu itaramemyekana, abapolisi barabitambika, ubundi batangira kurasana.
Byasobanuwe ko uku kurasana kwabaye hagati y’izi mpande zombi, isasu ryafashe umugabo w’umusivili uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko, riramwica. Umurambo we wahise ujanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Mabanga Yolo.
Meya akaba yatangaje ko hatangijwe iperereza kugira ngo hamenyekane icyatumye haba uko kurasana.