Kera kabaye, basabwe guhunga bakava i Kinshasa n’i Bukavu.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasabye abaturage bayo bari muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, kwihutira kuhava mu maguru mashya.
Ni amakuru akubiye mu itangazo Amerika yashyize hanze kuri uyu wa mbere tariki ya 03/02/2025, aho yabinyujije muri Ambasade yayo iri i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Iri tangazo rikaba rimenyesha ko ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika itewe impungenge n’ikibazo cy’umutekano muke uri mu mujyi wa Kinshasa, bityo ikaba yafashe icyemezo kuba igabanyije abakozi bayo bayikoragamo.
Rigira riti: “Ambasade ya Amerika i Kinshasa ikomeje kugabanya umubare w’abakozi bayikoragamo.”
Rikomeza rigira riti: “Kandi ambasade iragira inama Abanyamerika bari muri RDC kuhava bwangu baciye munzira z’ubucuruzi.”
Nanone kandi iyi ambasade yavuze ko yabaye ihagaritse ibikorwa bitandukanye, birimo gukoresha ibizamini bya “interview” ku bashaka za visa.
Ibyo Amerika ibikoze mu gihe mu Burasirazuba bwa RDC burimo imirwano ikaze hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta.
Aho uyu mutwe wa M23 kuri ubu ugenzura ibice byinshi byo muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Epfo.
Ndetse kandi ni mu gihe ahar’ejo naho, u Buhinde biciye muri Ambasade yabwo i Kinshasa bwasabye abaturage babwo bari i Bukavu kuhava, bijyanye no kuba M23 iri kurwanira mu birometero bibarirwa kuri 20 uvuye muri uyu mujyi wa Bukavu.
Ikindi kandi nuko abakozi b’imiryango mpuzamahanga barimo n’aba MONUSCO batangiye guhunga bava i Bukavu no mu bindi bice byo muri ibi bice byo muri Kivu y’Amajy’epfo.
Imirwano hagati ya M23 n’ingabo za RDC irakomeje. Irabera muri teritware ya Kalehe, aho uyu mutwe ukomeje kwerekeza i Bukavu.