Kibukila wishwe ari mu bakomanda babiri bayoboye Mai-Mai kwica abakozi ba Ebenezer, babaziza ko ari Abatutsi muri Fizi.
Umwe mu bakomanda babiri bo mu mutwe wa Mai-Mai bayoboye igitero cyishe gitemaguye Abanyamulenge bari abakozi ba Ebenezer-Ministries, yishwe arashwe n’umutwe witwara gisirikare w’Ababuyu bo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Uyu mukomanda wishwe wo muri Mai-Mai, azwi ku mazina ya Mutetezi Ebuela Tresor, akaba muri uwo mutwe wa Mai-Mai yari General.
Urupfu rwe rwemejwe n’abo mu muryango avukamo bo mu bwoko bw’Ababembe, aho bashize inyandiko hanze zigaragaza ko babajwe n’urupfu rwa Ebuela Tresor.
Inyandiko bashyize hanze zigira ziti: “Turi n’umubabaro wo kubabikira urupfu rwa Gen.Mutetezi Kibukila, yapfuye nyuma yokwicwa na Mai Mai y’Ababuyu.”
Izi nyandiko kandi zigaragaza ko yiciwe ahitwa i Lutete haherereye mu birometero 14 uvuye i Baraka muri teritware ya Fizi.
Nubwo ziriya nyandiko zitagaragaje ko yaba yarashwe cyangwa yishwe urundi rupfu, ariko Minembwe Capital News yamenye ko yaguye mu gico cy’abariya barwanyi bo mu babuyu, ubundi bahita bamurasa agwaho.
Uyu wishwe ashinjwa kuba yari mu bayoboye kiriya gitero cyishe Abanyamulenge 7 barimo umudamu umwe, bose bakaba bari abakozi ba Ebenezer-Ministries, biciwe i Seberi hagati y’i Baraka no kuri zone ya Fizi.
Bishwe ubwo bari bavuye i Uvira bazamuye ibikoresho by’amatorero n’iby’amashuri mu Minembwe.
Bivugwa ko bakigera aha i Seberi bahise bavanwa mu mudoka barimo yo mu bwoko bwa Lund-Cruser y’uyu mushinga wabo wa Ebenezer-Ministries, bahita batangira kubica bakoresheje imipanga n’izindi ntwaro za gakondo.
Icyo gihe amakuru yavugaga ko iki gitero cya Mai-Mai, cyari kiyobowe na General Hamuri Yakutumba nawe wari wungirijwe n’uyu wapfuye, Ebuela Tresor Mutetezi.
Ubwo aba bakozi ba Ebenezer-Ministries bicwaga, hari hagati mu mwaka wa 2011.
Kibukila kandi, ashinjwa gusenyera Abanyamulenge kubica no kunyaga Inka zabo mu Bibogobogo, Minembwe, i Ndondo ya Bijombo n’i Cyohagati. uri mu komanda babiri ba Mai-Mai bayoboye igitero cy’ishe abakozi ba “Ebenezer” babaziza ko ari Abatutsi, yishwe.
Umwe mu bakomanda babiri bo mu mutwe wa Mai-Mai bayoboye igitero cyishe gitemaguye Abanyamulenge bari abakozi ba Ebenezer-Ministries, yishwe arashwe n’umutwe witwara gisirikare w’Ababuyu bo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Uyu mukomanda wishwe wo muri Mai-Mai, azwi ku mazina ya Mutetezi Ebuela Tresor, akaba muri uwo mutwe wa Mai-Mai yari General.
Urupfu rwe rwemejwe n’abo mu muryango avukamo bo mu bwoko bw’Ababembe, aho bashize inyandiko hanze zigaragaza ko babajwe n’urupfu rwa Ebuela Tresor.
Inyandiko bashyize hanze zigira ziti: “Turi n’umubabaro wo kubabikira urupfu rwa Gen.Mutetezi Kibukila, yapfuye nyuma yokwicwa na Mai Mai y’Ababuyu.”
Izi nyandiko kandi zigaragaza ko yiciwe ahitwa i Lutete haherereye mu birometero 14 uvuye i Baraka muri teritware ya Fizi.
Nubwo ziriya nyandiko zitagaragaje ko yaba yarashwe cyangwa yishwe urundi rupfu, ariko Minembwe Capital News yamenye ko yaguye mu gico cy’abariya barwanyi bo mu babuyu, ubundi bahita bamurasa agwaho.
Uyu wishwe ashinjwa kuba yari mu bayoboye kiriya gitero cyishe Abanyamulenge 7 barimo umudamu umwe witwaga Nyabisage, bose bakaba bari abakozi ba Ebenezer-Ministries, biciwe i Seberi hagati y’i Baraka no kuri zone ya Fizi.

Bishwe ubwo bari bavuye i Uvira bazamuye ibikoresho by’amatorero n’iby’amashuri mu Minembwe.
Bivugwa ko bakigera aha i Seberi bahise bavanwa mu mudoka barimo yo mu bwoko bwa Lund-Cruser y’uyu mushinga wabo wa Ebenezer-Ministries, bahita batangira kubica bakoresheje imipanga n’izindi ntwaro za gakondo.
Icyo gihe amakuru yavugaga ko iki gitero cya Mai-Mai, cyari kiyobowe na General Hamuri Yakutumba nawe wari wungirijwe n’uyu wapfuye, Ebuela Tresor Mutetezi.
Ubwo aba bakozi ba Ebenezer-Ministries bicwaga, hari hagati mu mwaka wa 2011.
Kibukila kandi, ashinjwa gusenyera Abanyamulenge kubica no kunyaga Inka zabo mu Bibogobogo, Minembwe, i Ndondo ya Bijombo n’i Cyohagati.


